Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo umugabo arume imyanya y’ibanga y’umuhungu we

radiotv10by radiotv10
17/03/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagenze ngo umugabo arume imyanya y’ibanga y’umuhungu we
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Gashanda mu Karere ka Ngoma, haravugwa umugabo ukekwaho kuruma igitsina cy’umuhungu we nyuma yo kumukeka ko ari umugabo wari uri kumusambanyiriza umugore we.

Ibi byabereye mu Mudugugu wa Kanege mu Kagari ka Muenge mu Murenge wa Gashanda, aho uyu mugabo witwa Rugerinyange Vedaste yahise atabwa muri yombi.

Abaturage bo muri aka gace, bavuga ko uwo mugabo yarumye ubugabo w’umuhungu we witwa Niyomugabo Jean Bosco kubera gufuhira umugore we, dore ko yamukegaho kumuca inyuma.

Umwe mu baturage, aganira n’ikinyamakuru cyitwa Ukweli Times dukesha aya makuru, yagize ati “Yamurumye azi ko ari we umusambanyiriza umugore, ntabwo yamurumye azi ko ari umwana we. Byarangiye amuriye igitsina cyarakomeretse cyane ariko ntabwo cyavuyeho.”

Aba baturage bavuga ko ubwo uyu mugabo yarumaga igitsina cy’umuhungu we, yumvise amubwira ati “papa uranyishe mbabarira.” Akaba ari bwo yahise amureka.

Uyu muhungu warumwe igitsina n’umubyeyi we, avuga ko yasanze ari kumwe na nyina, agahita amusingira akamuruma ku gitsina.

Ati “Twagiye hasi ahita afata araruma nibwo bamunkuyeho yaragiye kuyicaho. Sinzi icyabimuteye nta n’urushyi yankojeje cyangwa ingumi, yaraje araruma ni bwo navugije induru baza bamunkuraho.”

Umugore w’uyu mugabo na we yemeza ibi byabaye ku muhungu wabo, akavuga ko byabaye ubwo umugabo we yasangaga bari kwarura inzoga.

Yagize ati “Nari kumwe n’uyu muhungu amfatiye itoroshi nanjye ndimo kudaha mu kidomoro. Yari yabanje kumpamagara ngo nzane inzoga nzicururize mu Nyungwe, mbyanze yahise aza ansanga mu cyumba n’uyu ahita amukwega bitura hasi.”

Aya makuru kandi anemezwa n’Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’Umudugudu wa Kanege, Nkurunziza Hassan.

Uyu muyobozi avuga ko biriya byabaye ahagana saa tatu z’ijoro ubwo uwo mugabo bita Rugerinyange yageraga iwe akaruma umuhungu we witwa Niyomugabo Jean Bosco ubwo yasangaga ari kumwe n’umuugore we akagira ngo n’umugabo wari waje kumuca inyuma.

Yagize ati “Natwe twahise duhuruza haza Polisi haza DASSO uwo mugabo Rugerinyange Vedaste bahise bamutwara arimo arabazwa n’inzego z’Umutekano na RIB ibyo yakoze.”

Uyu Muyobozi avuga ko uyu mugabo n’umugore we n’ubundi basanzwe bagirana amakimbirane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 6 =

Previous Post

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

Next Post

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

Related Posts

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.