Joseph Clay Kent wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurwanya iterabwoba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yandikiye Perezida Donald Trump amumenyesha ubwegure bwe, avuga ko atemeranya n’icyemezo cyo gushoza intambara kuri Iran.
Ubwegure bwa Kent bukubiye mu ibaruwa yandikiye Perezida Donald Trump, aho yatangiye agira ati “Nyuma yo kubitekerezaho bihagije, nafashe icyemezo cyo kwegura ku mwanya wanjye nk’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurwanya iterabwoba kuva uyu munsi. N’umutima nama wanjye sinshobora gushyigikira intambara iri kubera muri Iran.”
Avuga ko Iran ntakibazo yari ifite ku Gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America cyari gutuma kiyishozaho intambara. Ati “kandi biragaragara ko twatangije iyi ntambara kubera igitutu cya Israel n’umwanya ukomye w’ubutoni ifite kuri America.”
Yakomeje avuga ko kandi agishyigikiye indangagaciro na politiki y’ububanyi n’amahanga byagendeweho na Trump mu kwiyamamaza muri 2016, muri 2020, no muri 2024, yanashyizeho muri manda ye ya mbere.
Ati “Kugeza muri Kamena 2025, wiboneye ko intambara zo mu Burasirazuba bwo Hagati ari akaga kagiriye nabi America zigatwara ubuzima bw’abana b’Igihugu ndetse zikanagira ingaruka ku mutungo n’ubukungu by’Igihugu cyacu.”
Yabwiye Trump ko ibi yagakwiye kubigiraho ubunararibonye kurusha abandi Bakuru b’Ibihugu bayoboye Leta Zunze Ubumwe za America, akamenya ko gufata icyemezo cyo gukoresha imbaraga za gisirikare bitarangiza ibibazo, ahubwo bishyira mu kaga iki Gihugu. Ati “Wagaragaje ibi mu kwica Qasam Solamani no gutsintsura ISIS.”
Yakomeje abwira Trump ko mu ntangiro ya manda ye, abayobozi bo hejuru muri Israel kimwe n’abanyamakuru bakomeye muri America, bagiye bakora ubukangurambaga bwo gutanga amakuru atari yo yahindanyije intero ye ya America First, ndetse bunatera amarangamutima ashyigikira intambara kugira ngo atere inkunga intambara yo kuri Iran.
Avuga ko kandi uwo murongo ari na wo wakoreshejwe mu kugaragaza ko Iran iteye impungenge America, banamwumvisha ko aramutse ateye kiriya Gihugu akijya ku butegetsi byatuma atsinda vuba.
Ati “Iki cyari ikinyoma kandi ni kimwe n’amayeri Abanya-Israel bakoresheje batujyana mu ntambara mbi ya Iraq yahitanye abagabo n’abagore b’Igihugu cyacu. Ntitwari dukwiye kongera gukora iri kosa.”
Yavuze ko nk’umwe mu bahoze ku rugamba woherejwe kurwana inshuro 11 akanatakaza umugore we waguye mu ntambara na yo yacuzwe na na Israel, adashobora gushyigikira iyoherezwa ry’abandi basirikare ngo bajye gutakariza ubuzima mu bintu bitari mu nyungu z’Abanyamerika.
Yasoje uru rwandiko rwe avuga ko ari gusengera Perezida Trump kugira ngo azisubiraho, ahagarike ibyo ari gukorera Iran.
Ati “Igihe cyo kubikora ni iki. Ushobora guhindura inzira ugategura inzira nshya y’Igihugu cyacu, cyangwa ugakomeza kudushyira mu kangaratete. Byose ubifite mu biganza byawe.”
Ubwo uyu muyobozi yari amaze kwegura, Trump yavuze ko ubundi asanzwe ari umuntu mwiza, ariko ko ari umuntu w’umunyabwoba mu bijyanye n’umutekano.
RADIOTV10









