• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiri mu ibaruwa umwe mu bayobozi muri America yandikiye Trump yegura

radiotv10by radiotv10
18/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibiri mu ibaruwa umwe mu bayobozi muri America yandikiye Trump yegura
Share on FacebookShare on Twitter

Joseph Clay Kent wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurwanya iterabwoba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yandikiye Perezida Donald Trump amumenyesha ubwegure bwe, avuga ko atemeranya n’icyemezo cyo gushoza intambara kuri Iran.

Ubwegure bwa Kent bukubiye mu ibaruwa yandikiye Perezida Donald Trump, aho yatangiye agira ati “Nyuma yo kubitekerezaho bihagije, nafashe icyemezo cyo kwegura ku mwanya wanjye nk’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurwanya iterabwoba kuva uyu munsi. N’umutima nama wanjye sinshobora gushyigikira intambara iri kubera muri Iran.”

Avuga ko Iran ntakibazo yari ifite ku Gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America cyari gutuma kiyishozaho intambara. Ati “kandi biragaragara ko twatangije iyi ntambara kubera igitutu cya Israel n’umwanya ukomye w’ubutoni ifite kuri America.”

Yakomeje avuga ko kandi agishyigikiye indangagaciro na politiki y’ububanyi n’amahanga byagendeweho na Trump mu kwiyamamaza muri 2016, muri 2020, no muri 2024, yanashyizeho muri manda ye ya mbere.

Ati “Kugeza muri Kamena 2025, wiboneye ko intambara zo mu Burasirazuba bwo Hagati ari akaga kagiriye nabi America zigatwara ubuzima bw’abana b’Igihugu ndetse zikanagira ingaruka ku mutungo n’ubukungu by’Igihugu cyacu.”

Yabwiye Trump ko ibi yagakwiye kubigiraho ubunararibonye kurusha abandi Bakuru b’Ibihugu bayoboye Leta Zunze Ubumwe za America, akamenya ko gufata icyemezo cyo gukoresha imbaraga za gisirikare bitarangiza ibibazo, ahubwo bishyira mu kaga iki Gihugu. Ati “Wagaragaje ibi mu kwica Qasam Solamani no gutsintsura ISIS.”

Yakomeje abwira Trump ko mu ntangiro ya manda ye, abayobozi bo hejuru muri Israel kimwe n’abanyamakuru bakomeye muri America, bagiye bakora ubukangurambaga bwo gutanga amakuru atari yo yahindanyije intero ye ya America First, ndetse bunatera amarangamutima ashyigikira intambara kugira ngo atere inkunga intambara yo kuri Iran.

Avuga ko kandi uwo murongo ari na wo wakoreshejwe mu kugaragaza ko Iran iteye impungenge America, banamwumvisha ko aramutse ateye kiriya Gihugu akijya ku butegetsi byatuma atsinda vuba.

Ati “Iki cyari ikinyoma kandi ni kimwe n’amayeri Abanya-Israel bakoresheje batujyana mu ntambara mbi ya Iraq yahitanye abagabo n’abagore b’Igihugu cyacu. Ntitwari dukwiye kongera gukora iri kosa.”

Yavuze ko nk’umwe mu bahoze ku rugamba woherejwe kurwana inshuro 11 akanatakaza umugore we waguye mu ntambara na yo yacuzwe na na Israel, adashobora gushyigikira iyoherezwa ry’abandi basirikare ngo bajye gutakariza ubuzima mu bintu bitari mu nyungu z’Abanyamerika.

Yasoje uru rwandiko rwe avuga ko ari gusengera Perezida Trump kugira ngo azisubiraho, ahagarike ibyo ari gukorera Iran.

Ati “Igihe cyo kubikora ni iki. Ushobora guhindura inzira ugategura inzira nshya y’Igihugu cyacu, cyangwa ugakomeza kudushyira mu kangaratete. Byose ubifite mu biganza byawe.”

Ubwo uyu muyobozi yari amaze kwegura, Trump yavuze ko ubundi asanzwe ari umuntu mwiza, ariko ko ari umuntu w’umunyabwoba mu bijyanye n’umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Bavuga ko batumva icyabuze ngo bakemurirwe ikibazo cy’ingutu bagaragarije inzego zitandukanye

Next Post

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.