Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiri mu ibaruwa umwe mu bayobozi muri America yandikiye Trump yegura

radiotv10by radiotv10
18/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibiri mu ibaruwa umwe mu bayobozi muri America yandikiye Trump yegura
Share on FacebookShare on Twitter

Joseph Clay Kent wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurwanya iterabwoba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yandikiye Perezida Donald Trump amumenyesha ubwegure bwe, avuga ko atemeranya n’icyemezo cyo gushoza intambara kuri Iran.

Ubwegure bwa Kent bukubiye mu ibaruwa yandikiye Perezida Donald Trump, aho yatangiye agira ati “Nyuma yo kubitekerezaho bihagije, nafashe icyemezo cyo kwegura ku mwanya wanjye nk’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurwanya iterabwoba kuva uyu munsi. N’umutima nama wanjye sinshobora gushyigikira intambara iri kubera muri Iran.”

Avuga ko Iran ntakibazo yari ifite ku Gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America cyari gutuma kiyishozaho intambara. Ati “kandi biragaragara ko twatangije iyi ntambara kubera igitutu cya Israel n’umwanya ukomye w’ubutoni ifite kuri America.”

Yakomeje avuga ko kandi agishyigikiye indangagaciro na politiki y’ububanyi n’amahanga byagendeweho na Trump mu kwiyamamaza muri 2016, muri 2020, no muri 2024, yanashyizeho muri manda ye ya mbere.

Ati “Kugeza muri Kamena 2025, wiboneye ko intambara zo mu Burasirazuba bwo Hagati ari akaga kagiriye nabi America zigatwara ubuzima bw’abana b’Igihugu ndetse zikanagira ingaruka ku mutungo n’ubukungu by’Igihugu cyacu.”

Yabwiye Trump ko ibi yagakwiye kubigiraho ubunararibonye kurusha abandi Bakuru b’Ibihugu bayoboye Leta Zunze Ubumwe za America, akamenya ko gufata icyemezo cyo gukoresha imbaraga za gisirikare bitarangiza ibibazo, ahubwo bishyira mu kaga iki Gihugu. Ati “Wagaragaje ibi mu kwica Qasam Solamani no gutsintsura ISIS.”

Yakomeje abwira Trump ko mu ntangiro ya manda ye, abayobozi bo hejuru muri Israel kimwe n’abanyamakuru bakomeye muri America, bagiye bakora ubukangurambaga bwo gutanga amakuru atari yo yahindanyije intero ye ya America First, ndetse bunatera amarangamutima ashyigikira intambara kugira ngo atere inkunga intambara yo kuri Iran.

Avuga ko kandi uwo murongo ari na wo wakoreshejwe mu kugaragaza ko Iran iteye impungenge America, banamwumvisha ko aramutse ateye kiriya Gihugu akijya ku butegetsi byatuma atsinda vuba.

Ati “Iki cyari ikinyoma kandi ni kimwe n’amayeri Abanya-Israel bakoresheje batujyana mu ntambara mbi ya Iraq yahitanye abagabo n’abagore b’Igihugu cyacu. Ntitwari dukwiye kongera gukora iri kosa.”

Yavuze ko nk’umwe mu bahoze ku rugamba woherejwe kurwana inshuro 11 akanatakaza umugore we waguye mu ntambara na yo yacuzwe na na Israel, adashobora gushyigikira iyoherezwa ry’abandi basirikare ngo bajye gutakariza ubuzima mu bintu bitari mu nyungu z’Abanyamerika.

Yasoje uru rwandiko rwe avuga ko ari gusengera Perezida Trump kugira ngo azisubiraho, ahagarike ibyo ari gukorera Iran.

Ati “Igihe cyo kubikora ni iki. Ushobora guhindura inzira ugategura inzira nshya y’Igihugu cyacu, cyangwa ugakomeza kudushyira mu kangaratete. Byose ubifite mu biganza byawe.”

Ubwo uyu muyobozi yari amaze kwegura, Trump yavuze ko ubundi asanzwe ari umuntu mwiza, ariko ko ari umuntu w’umunyabwoba mu bijyanye n’umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Bavuga ko batumva icyabuze ngo bakemurirwe ikibazo cy’ingutu bagaragarije inzego zitandukanye

Next Post

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.