Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

radiotv10by radiotv10
18/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe
Share on FacebookShare on Twitter

Israel yemeje ko yishe Minisitiri w’Ubutasi wa Iran, Esmail Khatib, uje akurikira iyicwa ry’abandi bayobozi mu nzego zo hejuru z’iki Gihugu barimo uwari Umuyobozi w’Inama y’Umutekano.

Iyicwa rya Esmail Khatib ryemejwe na Minisitiri w’ingabo wa Israel, wa avuze kuri uyu wa Gatatu igisirikare cyishe Minisitiri w’ubutasi wa Iran, uje akurikira Ali Larijani wari umuyobozi mukuru w’Inama y’Umutekano wa Iran, Ali Larijani n’umuyobozi w’ingabo za Basij.

Kuri uyu wa Gatatu kandi, Iran yagabye ibitero kuri Israel no mu bihugu bituranye byo mu kigobe, aho humvikanye iturika mu bihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Qatar.

Ibi bitero byabaye nyuma y’amasaha make itangazamakuru rya Leta ya Iran ryemeje ko igisirikare cya Israel cyishe umuyobozi mukuru w’inama y’umutekano wa Iran, Ali Larijani mu gitero cyabaye mu ijoro rimwe, kimwe na Genera Gholam Reza Soleimani, umuyobozi w’ingabo z’abashinzwe umutekano za Basij, uzwiho kugira uruhare mu kubangamira abigaragambyaga.

Igitero cy’indege cya Israel cyagabye ku nyubako iri i Bachoura, hagati muri Beirut, kiyisenya burundu mu gitondo cya kare. Ibitero bibiri byabanje ku mazu yo guturamo mu tundi duce two hagati muri Beirut byahitanye abantu batandatu binakomeretsa abandi 24, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima ya Libani ibivuga.

Ibitero bya Israel byibasira Beyrouth yo hagati byakomeje kwiyongera mu minsi ishize, habanje gutangwa umuburo cyangwa utatanzwe. Ibitero byagabwe kure y’inkengero z’umujyi zo mu majyepfo, aho ingabo zabaga zatanze amatangazo yo kuburira abantu kuva ahabaga hagambiriwe.

Intambara ya America na Israel na Iran imaze guhitana abantu bagera ku 1 300 muri Iran, abarenga 900 muri Liban na 14 muri Isreli, nk’uko bivugwa n’abayobozi b’ibyo Bihugu. Igisirikare cya Amerika kivuga ko abasirikare 13 ba America bishwe, abandi bagera kuri 200 barakomereka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

Next Post

Living with Disabilities: Understanding, Respect, and Inclusion

Related Posts

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Living with Disabilities: Understanding, Respect, and Inclusion

Living with Disabilities: Understanding, Respect, and Inclusion

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.