Umugabo wo mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke wari umaze amezi abiri afunguwe nyuma yo gukatirwa igifungo gisubitse ahamijwe gukubita umugore we, ari guhigishwa uruhindu akekwaho noneho kumwica.
Uyu mugabo w’imyaka 44 yitwa Tuyizere, mu gihe umugore babanaga batarasezeranye byemewe n’amategeko anakekwaho kwica, yitwa Elisabeth we w’imyaka 36 y’amavuko.
Batuye mu Mudugudu wa Gitwa mu kagari ka Gako, Umurenge wa Kagano, aho icyaha cy’ubwicanyi gikekwa kuri uyu mugabo cyabaye tariki 17 Werurwe 2026.
Aya makuru kandi yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Mukamusabyimana Marie Jeanne wavuze ko uyu muryango wabanaga utarasezeranye, wari umaze iminsi ubana mu makimbirane, ndetse ko umugabo n’ubundi yari yafungiwe gukubita umugore.
Yamenyesheje Ikinyamakuru cyitwa Umuseke ko “n’ubushize yari yamukubise, ubutabera bukora akazi kabwo bumukatira igihano gisubitse.”
Uyu muyobozi avuga ko nyuma yuko nyakwigendera yishwe, inzego zahise zitangira gukora iperereza, dore ukekwaho kumwica, yahise atoroka, akaba ari gushakishwa.
Gitifu Mukamusabyimana Marie Jeanne asaba abaturage kujya batangira amakuru ku gihe ku bimenyetso by’amakimbirane bishobora kuvamo ingaruka nk’izi zihitana ubuzima bw’abantu.
Nyakwigendera n’umugabo we ukekwaho kumwica, bari bafitanye umwana umwe, aho amakuru ava mu baturage, avuga ko bari basanzwe bafitanye amakimbirane ashingiye ku mutungo.
Abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko umugabo yahozaga umugore ku nkeke, amusaba ko bagurisha inzu yabo ngo yigendere, ariko umugore ntabikozwe.
RADIOTV10









