Thursday, March 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo wari wafungiwe gukubita umugore we arakekwaho kumwica nyuma y’amezi macye afunguwe

radiotv10by radiotv10
19/03/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke wari umaze amezi abiri afunguwe nyuma yo gukatirwa igifungo gisubitse ahamijwe gukubita umugore we, ari guhigishwa uruhindu akekwaho noneho kumwica.

Uyu mugabo w’imyaka 44 yitwa Tuyizere, mu gihe umugore babanaga batarasezeranye byemewe n’amategeko anakekwaho kwica, yitwa Elisabeth we w’imyaka 36 y’amavuko.

Batuye mu Mudugudu wa Gitwa mu kagari ka Gako, Umurenge wa Kagano, aho icyaha cy’ubwicanyi gikekwa kuri uyu mugabo cyabaye tariki 17 Werurwe 2026.

Aya makuru kandi yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Mukamusabyimana Marie Jeanne wavuze ko uyu muryango wabanaga utarasezeranye, wari umaze iminsi ubana mu makimbirane, ndetse ko umugabo n’ubundi yari yafungiwe gukubita umugore.

Yamenyesheje Ikinyamakuru cyitwa Umuseke ko “n’ubushize yari yamukubise, ubutabera bukora akazi kabwo bumukatira igihano gisubitse.”

Uyu muyobozi avuga ko nyuma yuko nyakwigendera yishwe, inzego zahise zitangira gukora iperereza, dore ukekwaho kumwica, yahise atoroka, akaba ari gushakishwa.

Gitifu Mukamusabyimana Marie Jeanne asaba abaturage kujya batangira amakuru ku gihe ku bimenyetso by’amakimbirane bishobora kuvamo ingaruka nk’izi zihitana ubuzima bw’abantu.

Nyakwigendera n’umugabo we ukekwaho kumwica, bari bafitanye umwana umwe, aho amakuru ava mu baturage, avuga ko bari basanzwe bafitanye amakimbirane ashingiye ku mutungo.

Abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko umugabo yahozaga umugore ku nkeke, amusaba ko bagurisha inzu yabo ngo yigendere, ariko umugore ntabikozwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − five =

Previous Post

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

Related Posts

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

by radiotv10
19/03/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yashyize hanze itangazo rihuriweho n’iki Gihugu, u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

by radiotv10
18/03/2026
0

I La Haye mu Buholandi, hatangiye kuburanishwa urubanza u Rwanda rwarezemo u Bwongereza ku bijyanye no kutubahiriza amasezerano y’Ibihugu byombi,...

Hatangajwe igihe ingendo z’indege z’imbere mu Rwanda zizasubukurwirwa n’ibiciro byazo

Hatangajwe igihe ingendo z’indege z’imbere mu Rwanda zizasubukurwirwa n’ibiciro byazo

by radiotv10
18/03/2026
0

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir yatangaje ko mu cyumweru gitaha izasubukura ingendo hagati ya Kigali na Kamembe mu Karere ka...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

by radiotv10
18/03/2026
0

In The Hague, Netherlands, hearings have begun in a case where Rwanda has sued the United Kingdom over failure to...

Bavuga ko batumva icyabuze ngo bakemurirwe ikibazo cy’ingutu bagaragarije inzego zitandukanye

Bavuga ko batumva icyabuze ngo bakemurirwe ikibazo cy’ingutu bagaragarije inzego zitandukanye

by radiotv10
18/03/2026
0

Bamwe mu bahinzi ba kawa bo mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bagorwa no kugeza umusaruro...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Umugabo wari wafungiwe gukubita umugore we arakekwaho kumwica nyuma y’amezi macye afunguwe

by radiotv10
19/03/2026
0

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

19/03/2026
Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

18/03/2026
Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

18/03/2026
U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

18/03/2026
Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

18/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari wafungiwe gukubita umugore we arakekwaho kumwica nyuma y’amezi macye afunguwe

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.