Friday, March 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

radiotv10by radiotv10
20/03/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo
Share on FacebookShare on Twitter

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Mussa Sindayigaya yibukije abayisilamu ko nubwo barangije Igisibo Gitagatifu cya Ramadhan, ariko bagomba gukomeza kurangwa no gukora ibikorwa byiza birimo no gufasha abatishoboye.

Sheikh Mussa Sindayigaya yabitangaje kuri uyu wa Gatanu ubwo habaga isengesho ryo kwizihiza umunsi wa Eidil-Fitri ryabereye i Nyamirambo kuri Kigali Pele Stadium.

Yabibukije ko iki gisibo bari barimo, bakitwayemo neza barangwa n’ibikorwa byiza, ariko ko bagomba kubokomeza na nyuma yacyo.

Yagize ati “Kuba tugisoje ntabwo tugomba guhagarika ibikorwa byiza, ntitugomba guhagarika gusenga, gufasha abatishoboye, ahubwo umunyabwenge agikuramo imbaraga.”

Yavuze ko ubundi ibikorwa byiza bigomba kubaranga igihe cyose, batagendeye ku gihe runaka nk’uko babikora mu gihe cy’Igisibo gitagatifu, kandi abantu bagakora ibiri mu bushobozi bwabo “Kabone nubwo byaba ari bike ariko bigakorwa mu buryo buhoraho.”

Yabasabye kutumva ko ubwo barangije igisibo, bagomba gusubira mu bibi nk’ibyaha nk’uko hari ababikora gutyo. Ati “Umunyagihombo uruta abandi ni wa wundi wiyiriza ubusa ukwezi kose kwa Ramadhan ariko kwarangira agasubira mu byaha.”

Yakomeje agira ati “Ntacyo byaba bimaze kugaragira Imana ukwezi kumwe ariko mu mezi cumi na kumwe ugasubira mu byaha.”

Yabibukije kandi ko kugira ngo banabashe gukomeza ibyo bikorwa byiza no gukora neza igisibo, babikesha Igihugu cyiza kirimo umutekano gikesha ubuyobozi bwiza, abibutsa ko hari Ibihugu ubu byizihije nabi uyu munsi kubera kuba bitarimo umutekano, atanga urugero rw’ibiri kubera mu burasirazuba bwo hagati, byatewe n’intambara Leta Zunze Ubumwe za America na Israel batangije kuri Iran.

Yasabye Abayisilamu bo mu Rwanda gukomeza kunga ubumwe bagendeye ku mirongo myiza yashyizweho n’Igihugu, kandi bagaharanira gukomeza ibikorwa bibageza mu majyambere.

Ni mu isengesho ryabereye muri Kigali Pele Stadium
Ryayobowe na Mufti w’u Rwanda, Sheikh Mussa Sindayigaya
Iri sengesho ryanitabiriwe na Gen. Mubarakh Muganga, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + six =

Previous Post

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Related Posts

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

by radiotv10
20/03/2026
0

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango igaragaza ko uturere twa Gisagara, Nyamagabe na Kamonyi turi ku isonga mu kugira umubare munini w’abana...

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

by radiotv10
20/03/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Umunyarwandakazi Madamu Louise Mushikiwabo; yavuze ko ari "umukandida wishimiye cyane" mu matora azahatanira...

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

by radiotv10
20/03/2026
0

Every month, many girls and women have their period. A period is when blood comes out of the body through...

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

by radiotv10
19/03/2026
0

In the span of just one year, the United States has managed to unsettle allies, escalate conflict in the Middle...

Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera

Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera

by radiotv10
19/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir, burashimira umupilote Tirefort Marcel Gabou wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, nyuma y’imyaka 14 akorera...

IZIHERUKA

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo
IMIBEREHO MYIZA

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

by radiotv10
20/03/2026
0

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

20/03/2026
Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

20/03/2026
Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

20/03/2026
What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

20/03/2026
Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

19/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.