• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

radiotv10by radiotv10
22/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yavuze iki Gihugu cyifuza kuganira na Iran ariko ko nta ‘muntu wo kuganira’ uhari nyuma y’iyicwa ry’abari abayobozi b’iki Gihugu.

Trumo yabitangaje kuri uyu wa Gatanu muri White House, aho yagize ati “Turi mu bihe bigoye. Turashaka kuvugana na bo, kandi nta muntu wo kuvugana uhari. Nta muntu bafite twavugaga. Kandi murabizi ko duhora twifuza ubwo buryo.”

Yagize ati: “Abo mu ngabo zabo zirwanira mu mazi barapfuye. Ab’Ingabo zabo zirwanira mu kirere baragiye. Abo mu ngabo zo mu kirere na bo ni uko baragiye. Bose byaragiye. Radar yabo yaragiye. Abayobozi babo bose baragiye.”

Yagize ati “Noneho nta muntu ushaka kuba umuyobozi muri icyo gihugu.”

Nubwo yavuze ibyo, Trump yongeye gushimangira ko intego ya Leta Zunze Ubumwe za America ikomeje kubuza Iran gutunga intwaro za kirimbuzi.

Yagize ati “Ntituzabareka ngo bagire intwaro za kirimbuzi, kuko iyo baza kuzigira, bari kuzikoresha” yongera kugaya abakomeje kumunenga ko yashoye America bitari ngombwa.

Trump yavuze kandi ko Minisitiri w’Ingabo, Pete Hegseth, yari muri White House ubwo hakorwaga ibitero, avuga ko yari afite amahitamo yo kugenda ariko ko yahisemo kuhaguma.

Perezida kandi yavuze ko hari byinshi yagezeho ku rugamba, avuga ko imitungo ikomeye y’ingabo za Iran yangijwe mu minsi micye ishize.

Yagize ati: “Bari bafite ingabo za gisirikare zirwanira mu mazi mu byumweru bibiri bishize. Nta ngabo zirwanira mu mazi bafite ubu. Byose ubu biri mu ndiba y’inyanja, amato 58 yibiye mu minsi ibiri.”

Iyi ntambara yo mu burasirazuba bwo hagati yadutse nyuma yuko America na Israeli bagabye ibitero kuri Iran ku ya 28 Gashyantare, byahitanye abantu benshi, barimo uwari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ali Khamenei.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + eleven =

Previous Post

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bo mu Rugaga rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi

Next Post

Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.