Saturday, March 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

radiotv10by radiotv10
21/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yavuze iki Gihugu cyifuza kuganira na Iran ariko ko nta ‘muntu wo kuganira’ uhari nyuma y’iyicwa ry’abari abayobozi b’iki Gihugu.

Trumo yabitangaje kuri uyu wa Gatanu muri White House, aho yagize ati “Turi mu bihe bigoye. Turashaka kuvugana na bo, kandi nta muntu wo kuvugana uhari. Nta muntu bafite twavugaga. Kandi murabizi ko duhora twifuza ubwo buryo.”

Yagize ati: “Abo mu ngabo zabo zirwanira mu mazi barapfuye. Ab’Ingabo zabo zirwanira mu kirere baragiye. Abo mu ngabo zo mu kirere na bo ni uko baragiye. Bose byaragiye. Radar yabo yaragiye. Abayobozi babo bose baragiye.”

Yagize ati “Noneho nta muntu ushaka kuba umuyobozi muri icyo gihugu.”

Nubwo yavuze ibyo, Trump yongeye gushimangira ko intego ya Leta Zunze Ubumwe za America ikomeje kubuza Iran gutunga intwaro za kirimbuzi.

Yagize ati “Ntituzabareka ngo bagire intwaro za kirimbuzi, kuko iyo baza kuzigira, bari kuzikoresha” yongera kugaya abakomeje kumunenga ko yashoye America bitari ngombwa.

Trump yavuze kandi ko Minisitiri w’Ingabo, Pete Hegseth, yari muri White House ubwo hakorwaga ibitero, avuga ko yari afite amahitamo yo kugenda ariko ko yahisemo kuhaguma.

Perezida kandi yavuze ko hari byinshi yagezeho ku rugamba, avuga ko imitungo ikomeye y’ingabo za Iran yangijwe mu minsi micye ishize.

Yagize ati: “Bari bafite ingabo za gisirikare zirwanira mu mazi mu byumweru bibiri bishize. Nta ngabo zirwanira mu mazi bafite ubu. Byose ubu biri mu ndiba y’inyanja, amato 58 yibiye mu minsi ibiri.”

Iyi ntambara yo mu burasirazuba bwo hagati yadutse nyuma yuko America na Israeli bagabye ibitero kuri Iran ku ya 28 Gashyantare, byahitanye abantu benshi, barimo uwari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ali Khamenei.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 10 =

Previous Post

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Related Posts

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

by radiotv10
21/03/2026
0

Umutwe witwaje intwaro wa MDKC wo mu gace ka Katanga uvuga uharanira kubohora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uratangaza ko...

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

by radiotv10
20/03/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyagaragaje abarwanyi 20, kivuga ko ari ab’Ihuriro AFC/M23 na Twirwaneho, ngo bafashe...

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

by radiotv10
20/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko iki Gihugu cyahagaritse ibitero cyagabaga mu bice bikungahaye kuri Gaze byo mu...

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

by radiotv10
19/03/2026
0

Umunyamakuru wa Televiziyo y’Abarusiya RT n’umufatira amashusho, barokotse igitero cya misile yari irashwe n’igisirikare cya Israel ikabagwa iruhande ubwo bariho...

Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran

Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran

by radiotv10
19/03/2026
0

Ibihugu 12 bimaze iminsi byibasiwe n’ibitero bya Iran, byashyize hanze itangazo rihuriweho, bisaba iki Gihugu kubihagarika vuba na bwangu, binakibutsa...

IZIHERUKA

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe
AMAHANGA

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

by radiotv10
21/03/2026
0

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

21/03/2026
Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

21/03/2026
FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

20/03/2026
Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

20/03/2026
Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

20/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.