Monday, March 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

radiotv10by radiotv10
23/03/2026
in AMAHANGA
0
BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Indege ya Sosiyete ya Canada (Air Canada) yagonganiye n’imodoka ku kibuga cy’Indege cya LaGuardia i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, abantu babiri bahita bahasiga ubuzima, abandi benshi barakomereka.

Amakuru dukesha ibinyamakuru binyuranye birimo CNN na ABC, avuga ko iyi mpanuka y’indege yagonganye n’imodoka, yatumye ingendo z’indege zihagarara kuri iki kibuga cy’Indege.

Iyi mpanuka y’indege ya Air Canada yagonganye n’imodoka, yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 23 Werurwe 2026.

Umupilote ndetse na mugenzi we bafatanya mu gutwara indege, bahise bahasiga ubuzima nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru binyuranye birimo CNN na ABC.

ABC itangaza ko abantu 13 bakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro, barimo 11 bari abagenzi bari muri iyi ndege, ndetse na babiri bari muri iyo modoka byagonganye.

Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’ishami rya Polisi y’i New York rishinzwe kuzimya inkongi z’umuriro, yavuze ko bihutiye kugera ahabereye iyi mpanuka yahise itera inkongi y’umuriro “batangira gutanga ubutabazi bwo kuzimya umuriro wari wafashe indege n’imodoka ku kibuga cy’indege.”

Polisi y’i New York yatangarije AFP ko indege ya Air Canada “yagonganye n’imwe mu modoka z’ikigo gishinzwe ibyambu.”

Amashusho yashyizwe hanze na AFP agaragaza indege ya Air Canada mu gihe cy’ijoro iri ku kibuga cy’indege, igice cyayo cy’imbere cyangiritse cyane, ndetse n’imodoka nyinshi z’ubutabazi ziyikikije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 12 =

Previous Post

Icyo KNC atangaza nyuma yuko ikipe ye ya Gasogi itewe mpaga na Rayon Sports

Related Posts

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

by radiotv10
22/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yavuze iki Gihugu cyifuza kuganira na Iran ariko ko nta 'muntu...

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

by radiotv10
21/03/2026
0

Umutwe witwaje intwaro wa MDKC wo mu gace ka Katanga uvuga uharanira kubohora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uratangaza ko...

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

by radiotv10
20/03/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyagaragaje abarwanyi 20, kivuga ko ari ab’Ihuriro AFC/M23 na Twirwaneho, ngo bafashe...

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

by radiotv10
20/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko iki Gihugu cyahagaritse ibitero cyagabaga mu bice bikungahaye kuri Gaze byo mu...

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

by radiotv10
19/03/2026
0

Umunyamakuru wa Televiziyo y’Abarusiya RT n’umufatira amashusho, barokotse igitero cya misile yari irashwe n’igisirikare cya Israel ikabagwa iruhande ubwo bariho...

IZIHERUKA

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America
AMAHANGA

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

by radiotv10
23/03/2026
0

Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Icyo KNC atangaza nyuma yuko ikipe ye ya Gasogi itewe mpaga na Rayon Sports

23/03/2026
Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

23/03/2026
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Umuhanda uhuza Amajyepfo n’Iburengerazuba wongeye kutaba nyabagendwa ku nshuro ya kabiri

23/03/2026
Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

23/03/2026
Urubyiruko rwo mu Muryango FPR-Inkotanyi rwibukijwe ingeso rugomba kugendera kure

Urubyiruko rwo mu Muryango FPR-Inkotanyi rwibukijwe ingeso rugomba kugendera kure

22/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

Icyo KNC atangaza nyuma yuko ikipe ye ya Gasogi itewe mpaga na Rayon Sports

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.