Thursday, March 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA IMIBEREHO

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

radiotv10by radiotv10
26/03/2026
in IMIBEREHO, POLITIKI
0
“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25 Werurwe 2026, Perezida Paul Kagame yasezeranyije Abayisilamu bo mu Rwanda ko ikibazo cy’ubutaka bemerewe bwo kuzubakaho icyicaro gikuru cy’Umuryango w’Abayisilamu kigiye gukemuka vuba bitarenze uyu mwaka.

Perezida Kagame yemereye Abayisilamu bo mu Rwanda inkunga, muri gahunda y’icyerekezo Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda ufite cyo kubaka icyicaro gikuru cy’uwo muryango.

Ati “Icyo tuba dushinzwe ni ukubatera inkunga, iyo nkunga rero irahari izaboneka. Izaboneka uko ishobotse. Muzangaye gutinda, ariko ntaguhera.”

Yakomeje ati “Hari ibintu twigeze gusezerana naje kumenya vuba aha ko bitakurikijwe uko byari bikwiye, ubwo ibyo ndabyibaraho nk’umwenda. Hari ibyasezeranyijwe kera mu 2011, byaratinze ariko ntabwo bizahera. Ibyo ndabyitaho vuba aha.”

Yakomeje agaragaza ko yiteguye kubaha ubufasha mu byo bari gukora ariko ko na we azababaza uko byakoreshejwe.

Ati “Ntabwo uyu mwaka uzashira bitabaye. Biraza gukemuka, ntabwo nzagaruka hano mukinyishyuza ahubwo tuzagaruka hano ari njyewe ubishyuza icyo mwabikoresheje.”

Ati “Ni inzira yo guhindura ubuzima, guhindura imiyoborere, guhindura amatwara, igihugu cy’u Rwanda kigatera imbere, Abanyarwanda bose bafite uruhare ntawutotezwa. Ibyinshi mushimira, bishimirwa kubera ko bitari bihari, ariko ubundi iyo umuntu akoze ibikwiriye kuba ari byo bikorwa ntabwo aba agomba kubishimirwa cyane.”

Yasabye Abayisilamu bo mu Rwanda ko bakwiye kugira uruhare muri gahunda y’iterambere ry’Igihugu muri rusange kimwe n’abandi Banyarwanda.

Ati “Kugira ngo bihinduke bizagomba ko namwe mubigiramo uruhare. Kugira ngo u Rwanda ruhinduke Abanyarwanda mwese mugomba kubigiramo uruhare. N’ibi by’amadini, kumva ko ugomba gushyiraho uburyo amadini agomba kuba akora, amadini n’amatorero ibyo ashinzwe ubundi birumvikana, nta n’udakwiye kubishyigikira ariko kugira ngo bigende neza, muri ayo madini ubwayo n’amatorero akwiye kubanza agakora neza, agakora ibikwiriye kuba bikorwa.”

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − one =

Previous Post

Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

by radiotv10
24/03/2026
0

Raphael Tuju wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma ya Kenya, yatawe muri yombi nyuma y’umunsi umwe bivugwa ko yaburiwe...

Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

by radiotv10
23/03/2026
0

Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa DRC, avuga ko kuba ari i Goma kandi hari icyicaro gikuru cy’Ihuriro AFC/M23 rirwanya...

Trump yatangaje icyizere kiri kugaragara mu biganiro na Iran

Trump yatangaje icyizere kiri kugaragara mu biganiro na Iran

by radiotv10
23/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko yategetse igisirikare kuba gihagaritse ibitero byibasira ibikorwa remezo by’amashanyarazi...

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

by radiotv10
22/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yavuze iki Gihugu cyifuza kuganira na Iran ariko ko nta 'muntu...

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

by radiotv10
20/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko iki Gihugu cyahagaritse ibitero cyagabaga mu bice bikungahaye kuri Gaze byo mu...

IZIHERUKA

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 
IMIBEREHO

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

by radiotv10
26/03/2026
0

Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

26/03/2026
Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville

26/03/2026
Simple Habits to Improve Your Health in 2026

Simple Habits to Improve Your Health in 2026

26/03/2026
Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

25/03/2026
Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

25/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.