Sunday, March 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma

radiotv10by radiotv10
29/03/2026
in SIPORO
0
Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Kepler Women Volleyball Club yageze ku mukino wa nyuma wa playoffs nyuma yo gusezerera Police VWVC yari yatwaye igikombe cya shampiyona ya cy’umwaka ushize, umukino wabereye muri Petit Stade.

Kepler itozwa n’Umutoza Florien SIBORUREMA, yatsinze Police amaseti 3-1, ukaba wari umukino wa 5 wa kamarampaka dore ko mu mikino 4 bari bahuye, batsindanye inshuro ebyiri kuri ebyiri.

Ni ubwa mbere iyi kipe ya Kepler igeze ku mukino wa nyuma mu myaka 2 imaze ishinzwe cyane ko umwaka ushize ari na wo wari uwa mbere kuri yo, yabaye iya 4 nyuma yo gutsindwa na RRA bahataniraga umwanya wa 3.

Abakinnyi barimo BINTA BAH FATUMATA ukomoka mu gihugu cya Guinea bongeye kwigaragaza nubwo atari yatangiye umukino neza, ariko uruhare rwe rukomeye mu maseti ya nyuma rwahesheje iyi kipe y’i Kinyinya intsinzi yabagejeje ku mukino wa nyuma wa playoffs, aho bazahura na APR Women Volleyball Club yo imaze iminsi yarakuyemo Rwanda Revenue Authority Women Volleyball Club (RRA).

Nk’uko byari bimeze muri 1/2 aho ikipe zatanguranwaga gutsinda imikino 3, ni nako ku mukino wa nyuma bizagenda, ibyo bakunze kwita Best of 5 (Umwiza mu mikino 5).

Kuri uyu wa 3 tariki ya 1 Mata 2026, ni bwo hari butangire imikino ya nyuma ndetse n’iyo guhatanira umwanya wa 3.

Saa tanu n’igice z’uwo munsi, mu bagore RRA izakina umukino wa mbere na Police mu guhatanira umwanya wa 3, nyuma yaho saa munani abagabo ba Kepler bazahura na Gisagara na bo bakinira umwanya wa 3. Saa kumi n’igice hazatangira umukino wa mbere wa finale uzahuza Kepler WVC na APR, mu gihe saa moya z’umugoroba Police y’abagabo izakina na REG, imikino yose ikazabera muri Petit Stade.

Nyuma y’umunsi wa mbere utegerejwe ku wa 3, umunsi wa 2 uzakinwa ku wa 4 Mata 2026 guhera saa sita n’igice, n’ubundi muri Petit Stade.

Ikipe ya Police Women Volleyball Club ni yo ifite igikombe cya shampiyona cy’umwaka ushize mu bagore aho yatsinze APR WVC, mu gihe icy’abagabo cyo cyatwawe na APR itsinze Police.

Ikipe izatwara igikombe cya shampiyona izahembwa miliyoni 2 z’amafaranga y’u Rwanda (2M) haba mu bagabo ndetse n’abagore.

Yatsize Police WVBC
Ibyishimo byari byose kuri Kepler nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma
Umutoza wa Kepler Florien SIBORUREMA agejeje Kepler kuri finale ku nshuro ya mbere
BITA BAH FATOUMATA ari mu bakinnyi ba Kepler b’inkingi zikomeye

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

Related Posts

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

by radiotv10
23/03/2026
0

Abakinnyi b'Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, batangiye umwiherero wo kwitegura imikino ya FIFA Series izatangira muri iki cyumweru, barimo abavandimwe...

Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Icyo KNC atangaza nyuma yuko ikipe ye ya Gasogi itewe mpaga na Rayon Sports

by radiotv10
23/03/2026
0

Umushoramari Kakooza Nkuliza Charles (KNC) akaba na Perezida w’ikipe ya Gasogi United yatewe mpaga n’iya Rayon Sports nyuma yo kubura...

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

by radiotv10
23/03/2026
0

Ikipe ya Gasogi United yabuze kuri Sitade mu mukino w'umunsi wa 25 wa Shampiyona wari kuyihuza na Rayon Sports; ihita...

Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

by radiotv10
22/03/2026
0

Amakipe atatu muri ane agomba gukina imikino ya nyuma ya kamarampaka mu bagabo no mu bagore yamenyekanye, hasigara ikipe imwe...

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

by radiotv10
20/03/2026
0

Uwahoze ari myugariro w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Serge Branco, yanenze Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, avuga ko abona akorera mu...

IZIHERUKA

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma
SIPORO

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma

by radiotv10
29/03/2026
0

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

28/03/2026
Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

28/03/2026
Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

28/03/2026
Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

27/03/2026
U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

27/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.