Ikipe ya Kepler Women Volleyball Club yageze ku mukino wa nyuma wa playoffs nyuma yo gusezerera Police VWVC yari yatwaye igikombe cya shampiyona ya cy’umwaka ushize, umukino wabereye muri Petit Stade.
Kepler itozwa n’Umutoza Florien SIBORUREMA, yatsinze Police amaseti 3-1, ukaba wari umukino wa 5 wa kamarampaka dore ko mu mikino 4 bari bahuye, batsindanye inshuro ebyiri kuri ebyiri.
Ni ubwa mbere iyi kipe ya Kepler igeze ku mukino wa nyuma mu myaka 2 imaze ishinzwe cyane ko umwaka ushize ari na wo wari uwa mbere kuri yo, yabaye iya 4 nyuma yo gutsindwa na RRA bahataniraga umwanya wa 3.
Abakinnyi barimo BINTA BAH FATUMATA ukomoka mu gihugu cya Guinea bongeye kwigaragaza nubwo atari yatangiye umukino neza, ariko uruhare rwe rukomeye mu maseti ya nyuma rwahesheje iyi kipe y’i Kinyinya intsinzi yabagejeje ku mukino wa nyuma wa playoffs, aho bazahura na APR Women Volleyball Club yo imaze iminsi yarakuyemo Rwanda Revenue Authority Women Volleyball Club (RRA).
Nk’uko byari bimeze muri 1/2 aho ikipe zatanguranwaga gutsinda imikino 3, ni nako ku mukino wa nyuma bizagenda, ibyo bakunze kwita Best of 5 (Umwiza mu mikino 5).
Kuri uyu wa 3 tariki ya 1 Mata 2026, ni bwo hari butangire imikino ya nyuma ndetse n’iyo guhatanira umwanya wa 3.
Saa tanu n’igice z’uwo munsi, mu bagore RRA izakina umukino wa mbere na Police mu guhatanira umwanya wa 3, nyuma yaho saa munani abagabo ba Kepler bazahura na Gisagara na bo bakinira umwanya wa 3. Saa kumi n’igice hazatangira umukino wa mbere wa finale uzahuza Kepler WVC na APR, mu gihe saa moya z’umugoroba Police y’abagabo izakina na REG, imikino yose ikazabera muri Petit Stade.
Nyuma y’umunsi wa mbere utegerejwe ku wa 3, umunsi wa 2 uzakinwa ku wa 4 Mata 2026 guhera saa sita n’igice, n’ubundi muri Petit Stade.
Ikipe ya Police Women Volleyball Club ni yo ifite igikombe cya shampiyona cy’umwaka ushize mu bagore aho yatsinze APR WVC, mu gihe icy’abagabo cyo cyatwawe na APR itsinze Police.
Ikipe izatwara igikombe cya shampiyona izahembwa miliyoni 2 z’amafaranga y’u Rwanda (2M) haba mu bagabo ndetse n’abagore.




Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10











