Wednesday, April 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
15/04/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruratangaza ko Eric Semuhungu uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo gukoresha undi imibanano mpuzabitsina ku gahato, no gushyira ahagaragara amashusho yerecyeranye n’imikoreshereze y’ibitsina.

RIB yari iherutse kwemeza ko Eric Semuhungu usanzwe azwi ku mbuga nkoranyambaga yatawe muri yombi ariko ko ibyo akurikiranyweho bitari guhita bitangazwa kugira ngo bitabangamira iperereza.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry, mu kiganiro yagiranye na RADIOV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mata 2026, yatangaje ko ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho ari bitatu, akaba yaratawe muri yombi mu cyumweru gishize tariki 09 Mata uyu mwaka.

Yagize ati “Icya mbere ni ugukoresha undi imibanano mpuzabitsina ku gahato, ikindi cya kabiri ni ugushyira ahagaragara amashusho yerecyeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hifashishijwe imbuga nkoranambaga ndetse no kuyakwirakwiza, icya gatatu ni ugukangisha gusebanya.”

Dr Murangira avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwamaze gukora dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Semuhungu ikaba yarashyikirijwe Ubushinjacyaha ejo hashize ku wa Kabiri tariki 14 Mata 2026.

Avuga ko igihano gito mu bihanishwa ibi byaha bitatu bikurikiranywe kuru Semuhungu ari igifungo cy’umwaka umwe mu gihe ikinini ari icy’imyaka 15, hakiyongeraho n’amande ari hagati y’ibihumbi 100 Frw na Miliyoni 2 Frw.

Dr Murangira avuga kandi ko abakoreshejwe imibonano mpuzabitsina ku gahato na Eric Semuhungu, “barenze umwe [ariko] iperereza riracyakomeje, urutonde rushobora kwiyongera.”

Ati “Gusa icyo tuba tubwira abantu, niba hari undi yakorewe ibyaha abikorewe na we, ntatinye kuza kuri RIB gutanga ikirego.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, avuga ko abareze muri iki kirego kiregwamo Eric Semuhungu, bose ari ab’igitsinagabo.

Eric Semuhungu amaze imyaka ibiri yoherejwe mu Rwanda akuwe mu Gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America yari atuyemo, yari yoherejwe na bwo kubera ibyaha yari yarahamijwe bifitanye isano n’ibi akurikiranyweho n’inzego zo mu Rwanda.

Semuhungu wageze mu Rwanda muri 2024, muri Nyakanga 2023, Ikinyamakuru Review Journal cyo muri Leta Zunze Ubumwe za America, cyatangaje ko uyu musore ukomoka mu Rwanda yari akurikiranyweho icyaha cyo gusindisha no gufata ku ngufu uwo bahuje igitsina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + eighteen =

Previous Post

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

Next Post

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

Related Posts

Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gito avuyeho

Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gito avuyeho

by radiotv10
15/04/2026
0

Umunyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max yasubiye kuri Radio ya Kiss FM yari amaze amezi akabakaba...

Hasohotse amafoto ataragaragaye y’umuhanzi nyarwanda Prosper Nkomezi uherutse gukora ubukwe mu ibanga

Hasohotse amafoto ataragaragaye y’umuhanzi nyarwanda Prosper Nkomezi uherutse gukora ubukwe mu ibanga

by radiotv10
15/04/2026
0

Umhanzi w’indirimbo zo kurama no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yashyize hanze amafoto...

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

by radiotv10
14/04/2026
0

Kambale Wilondja uzwi ku nka Jaysqueezer cyangwa Kasuku ku mbuga nkoranyambaga, yasobanuye uko abantu bataramenyekana bamusanze iwe aho atuye mu...

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

by radiotv10
13/04/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, bunamira inzirakarengane ziharuhukiye, banasobanurirwa amateka ya...

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi Eric Semuhungu uzwi ku mbuga nkoranyambaga, ariko ruvuga ko rutatangaza byinshi...

IZIHERUKA

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi
AMAHANGA

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

by radiotv10
15/04/2026
0

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

15/04/2026
AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

15/04/2026
Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

15/04/2026
Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

15/04/2026
DRC: Abasirikare ba FARDC batangiye gukuramo akabo karenge, abagera ku 1.000 bahunze urugamba

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

15/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.