Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruratangaza ko Eric Semuhungu uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo gukoresha undi imibanano mpuzabitsina ku gahato, no gushyira ahagaragara amashusho yerecyeranye n’imikoreshereze y’ibitsina.
RIB yari iherutse kwemeza ko Eric Semuhungu usanzwe azwi ku mbuga nkoranyambaga yatawe muri yombi ariko ko ibyo akurikiranyweho bitari guhita bitangazwa kugira ngo bitabangamira iperereza.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry, mu kiganiro yagiranye na RADIOV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mata 2026, yatangaje ko ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho ari bitatu, akaba yaratawe muri yombi mu cyumweru gishize tariki 09 Mata uyu mwaka.
Yagize ati “Icya mbere ni ugukoresha undi imibanano mpuzabitsina ku gahato, ikindi cya kabiri ni ugushyira ahagaragara amashusho yerecyeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hifashishijwe imbuga nkoranambaga ndetse no kuyakwirakwiza, icya gatatu ni ugukangisha gusebanya.”
Dr Murangira avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwamaze gukora dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Semuhungu ikaba yarashyikirijwe Ubushinjacyaha ejo hashize ku wa Kabiri tariki 14 Mata 2026.
Avuga ko igihano gito mu bihanishwa ibi byaha bitatu bikurikiranywe kuru Semuhungu ari igifungo cy’umwaka umwe mu gihe ikinini ari icy’imyaka 15, hakiyongeraho n’amande ari hagati y’ibihumbi 100 Frw na Miliyoni 2 Frw.
Dr Murangira avuga kandi ko abakoreshejwe imibonano mpuzabitsina ku gahato na Eric Semuhungu, “barenze umwe [ariko] iperereza riracyakomeje, urutonde rushobora kwiyongera.”
Ati “Gusa icyo tuba tubwira abantu, niba hari undi yakorewe ibyaha abikorewe na we, ntatinye kuza kuri RIB gutanga ikirego.”
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, avuga ko abareze muri iki kirego kiregwamo Eric Semuhungu, bose ari ab’igitsinagabo.
Eric Semuhungu amaze imyaka ibiri yoherejwe mu Rwanda akuwe mu Gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America yari atuyemo, yari yoherejwe na bwo kubera ibyaha yari yarahamijwe bifitanye isano n’ibi akurikiranyweho n’inzego zo mu Rwanda.
Semuhungu wageze mu Rwanda muri 2024, muri Nyakanga 2023, Ikinyamakuru Review Journal cyo muri Leta Zunze Ubumwe za America, cyatangaje ko uyu musore ukomoka mu Rwanda yari akurikiranyweho icyaha cyo gusindisha no gufata ku ngufu uwo bahuje igitsina.
RADIOTV10











