Tuesday, April 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’

radiotv10by radiotv10
28/04/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwafunze uwitwa Jean d’Amour ukurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato abakobwa batandukanye abizeza akazi, nyuma yuko babaga bahuriye muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’.

Uyu witwa Habarurema Jean D’amour uri mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), akurikiranyweho ibyaha bitatu; icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, ubwinjiracyaha ku cyaha cy’ubwicanyi no gusambanya umwana.

RIB ivuga ko “Iperereza ryagaragaje ko ukurikiranweho, yabaga ku rubuga rwa WhatsApp rwitwa ‘shaka umukunzi’ hakaba haranacishwaga amatangazo y’akazi n’abagakeneye.”

Ikomeza ivuga ko “Uyu igihe yabonaga umukobwa wanditse muri uru rubuga avuga ko akeneye akazi, yacaga mu gikari bakavugana akamubeshya ko akazi ashaka yakamuboneye Shyorongi.”

Iyo bemeranywaga, yaboherezaga itike akababwira ko bahura hanyuma akabashuka akabajyana mu gashyamba kari hafi yaho atuye akabasambanya akanabambura ibyo bafite byose amaze kubatera ubwoba ko abica.

Habarurema Jean D’amour yafatwe amaze gushuka no gusambanya abakobwa batandukanye harimo n’utaruzuza imyaka y’ubukure, hakaba hari ababashije kumucika atarabasambanya aho umwe yanatewe icyuma agerageje kumurwanya.

Aba bakobwa yakoreshaga imibonano mpuzabitsina ku gahato babaga bavuye mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, Akarere ka Kamonyi na Bugesera.

RIB yaboneyeho ishimira abatanze amakuru kugira ngo uyu mugabo afatwe, yaboneyeho no kuburira n’undi wese waba afite imigambi yo gukora ibyaha nk’ibi kuyihagarika kuko bitihanganirwa.

Iti “Irakomeza kuburira abantu ibasaba gukomeza kugira amakenga, bakirinda kwizera ababashukisha cyangwa ababizeza ibintu bitandukanye birimo akazi.”

Uyu mugabo afashwe hashize iminsi micye hari umukobwa ugiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Muhima nyuma yuko yari yakomerekejwe n’umuntu wari wamujyanye mu ishyamba ry’i Shyorongi wari wamutumijeho mu Ntara ngo aze ajye kumurangira akazi.

Uyu mukobwa n’ubundi wavugaga ko yari yahuye n’umuntu muri group ya WhatsApp akamwizeza kuzamushakira akazi, yavuze ko yavuye mu Ntara y’Amajyepfo abanje koherezwa itike y’urugendo, yagera Nyabugogo akavugana n’uwo yitaga boss, akamubwira ko hari undi musore ugiye kuza kumufata Nyabugogo ubundi bakajyana i Shyorongi.

Yavuze ko uwo musore bageze ahantu hari ishyamba, akamubwira ko afashwe n’umutima akaryama, ubundi agahita azamura icyuma amubwira ko agomba kumuha ibyo yari afite byose ndetse ko bagomba gusambana, akaba ari bwo yamuteye icyuma akamukomeresa ahantu hanyuranye harimo ku kiganza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga yabuze nyirayo

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga yabuze nyirayo

by radiotv10
28/04/2026
0

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko hari amafaranga yatawe n’umuntu mu muhanda wa Remera-Giporoso mu Karere ka Gasabo kandi ko yatoraguwe,...

Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

by radiotv10
27/04/2026
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwafatiye ibihano kompanyi ya GVA Rwanda Ltd (Canalbox) nyuma yuko abakiliya bakoresha interineti yayo bagize ibibazo, ruyitegeka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Umunyamakuru DC Clement yagaragaje agahinda mu Rukiko avuga icyamuteye guhangana n’inzego

by radiotv10
27/04/2026
0

Umunyamamuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoza isoni abayobozi b’Igihugu n’abashinzwe imirimo rusange, yatakambiye Urukiko...

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

by radiotv10
27/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Sosiyete ya Leta ishinzwe imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange 'Ecofleet Solutions', buratangaza ko hatangijwe igerageza ry’uburyo...

Eng.-Launch of a system to help Kigali bus passengers know bus locations and waiting times

Eng.-Launch of a system to help Kigali bus passengers know bus locations and waiting times

by radiotv10
27/04/2026
0

The management of the state-owned company responsible for public transport services, Ecofleet Solutions, has announced the launch of a pilot...

IZIHERUKA

Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’
MU RWANDA

Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’

by radiotv10
28/04/2026
0

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga yabuze nyirayo

28/04/2026
BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

Hatangajwe ibyaha bigomba gushinjwa uwagabye igitero ahari Perezida Trump

27/04/2026
Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

27/04/2026
Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

27/04/2026
Ubukwe budasanzwe bwa ‘couples’ 300 zasezeraniye icyarimwe bwasigiye umunezero abageni n’abakwe

Ubukwe budasanzwe bwa ‘couples’ 300 zasezeraniye icyarimwe bwasigiye umunezero abageni n’abakwe

27/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga yabuze nyirayo

Hatangajwe ibyaha bigomba gushinjwa uwagabye igitero ahari Perezida Trump

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.