• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

radiotv10by radiotv10
30/04/2026
in AMAHANGA
1
Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri barashwe n’igipolisi cy’u Burundi nyuma yo gufatwa bashinjwa kugerageza kwinjiza mu Rwanda ikawa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aho bivugwa ko ubuyobozi bukuru bwa Polisi bwategetse ko umuntu wese uzafatwa akora magendu yambuka ajya mu Rwanda, azajya yicwa.

Amakuru avuga ko mu gitondo cya kare ahaga saa cyenda z’urukerera kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mata 2026, hari abantu batatu bafashwe bagerageza kuvana ikawa mu Burundi bayijyana mu Rwanda, aho bafatiwe mu gace ka Mparamirundi ko muri Komini ya Kayanza mu Ntara ya Butanyerera.

Nk’uko tubikesha SOS Médias Burundi, ngo abo bantu bari ba bafite ibilo by’ikawa bibarirwa hagati ya 40 na 60. Umwe mu bapolisi yagize ati “Twabafashe mu mukwabu wo kurwanya magendu.”

Muri icyo gitondo kandi, undi muntu umwe na we yafatiwe muri kariya gace, aba uwa kane wavuze ko yari agiye mu bikorwa by’ubuhinzi. Umwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze yagize ati “Yari atwaye ikawa mu buryo bwa magendu.”

Nyuma y’itabwa muri yombi, abaturage benshi bakoraniye kuri Kasho ya Mparamirundi basaba ko abo bantu barekurwa, ibintu byazamuye ubushyamirane hagati yabo n’inzego z’umutekano.

Umwe mu bo mu nzego z’umutekano yagize ati “Abaturage bashakaga kubafunguza ku mbaraga. Twarashe amasasu kugira ngo tubatatanye.”

Nyuma y’ibi, hakomeje gukwirakwira amakuru ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko abantu babiri muri bariya bari batawe muri yombi, bapfuye, ariko ubuyobozi bukabihakana.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, yahakanye ko nta muntu wishwe, ahubwo ko abafatiwe muri biriya bikorwa bazaburanishwa mu buryo bwihuse.

SOS Médias Burundi ivuga ko mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, amakuru iki kinyamakuru cyakesheje abapolisi ndetse n’umwe mu bo mu miryango w’uwishwe bacyemereye ko hari abantu babiri muri bariya bari batawe muri yombi, boherejwe ku Biro Bikuru bya Polisi y’u Burundi, baza kuraswa.

Amakuru atangwa n’abapolisi bo muri kariya gace kafatiwemo bariya bantu, avuga ko ubuyobozi bukuru bwo hejuru, bwatanze itegeko ryo gukoresha imbaraga z’umurengera zo guhangana n’umuntu wese ukora ibikorwa bya magendu byamuka bijya mu Rwanda. Gusa nta rwego rwemeje aya makuru.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Murundi says:
    1 month ago

    Aba bana b’Imana mwambura ubuzima, Namwe bidatinze muzabuvamo kdi mwebwe nyuma yo kubuvamo muzajyanwa mu Muriro utazima mwararwaniye iby’isi, mukabisiga mukazajyanwa no kubabazwa. Ubwo kujyana ikawa mu Rwanda nicyo mwicira abanegihugu koko? Musuzume ubunyamwuga bwa Polisi yanyu.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − three =

Previous Post

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

Next Post

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko kugira ngo hizihizwe uw’umurimo

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko kugira ngo hizihizwe uw’umurimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.