Saturday, May 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

radiotv10by radiotv10
30/04/2026
in AMAHANGA
1
Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri barashwe n’igipolisi cy’u Burundi nyuma yo gufatwa bashinjwa kugerageza kwinjiza mu Rwanda ikawa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aho bivugwa ko ubuyobozi bukuru bwa Polisi bwategetse ko umuntu wese uzafatwa akora magendu yambuka ajya mu Rwanda, azajya yicwa.

Amakuru avuga ko mu gitondo cya kare ahaga saa cyenda z’urukerera kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mata 2026, hari abantu batatu bafashwe bagerageza kuvana ikawa mu Burundi bayijyana mu Rwanda, aho bafatiwe mu gace ka Mparamirundi ko muri Komini ya Kayanza mu Ntara ya Butanyerera.

Nk’uko tubikesha SOS Médias Burundi, ngo abo bantu bari ba bafite ibilo by’ikawa bibarirwa hagati ya 40 na 60. Umwe mu bapolisi yagize ati “Twabafashe mu mukwabu wo kurwanya magendu.”

Muri icyo gitondo kandi, undi muntu umwe na we yafatiwe muri kariya gace, aba uwa kane wavuze ko yari agiye mu bikorwa by’ubuhinzi. Umwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze yagize ati “Yari atwaye ikawa mu buryo bwa magendu.”

Nyuma y’itabwa muri yombi, abaturage benshi bakoraniye kuri Kasho ya Mparamirundi basaba ko abo bantu barekurwa, ibintu byazamuye ubushyamirane hagati yabo n’inzego z’umutekano.

Umwe mu bo mu nzego z’umutekano yagize ati “Abaturage bashakaga kubafunguza ku mbaraga. Twarashe amasasu kugira ngo tubatatanye.”

Nyuma y’ibi, hakomeje gukwirakwira amakuru ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko abantu babiri muri bariya bari batawe muri yombi, bapfuye, ariko ubuyobozi bukabihakana.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, yahakanye ko nta muntu wishwe, ahubwo ko abafatiwe muri biriya bikorwa bazaburanishwa mu buryo bwihuse.

SOS Médias Burundi ivuga ko mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, amakuru iki kinyamakuru cyakesheje abapolisi ndetse n’umwe mu bo mu miryango w’uwishwe bacyemereye ko hari abantu babiri muri bariya bari batawe muri yombi, boherejwe ku Biro Bikuru bya Polisi y’u Burundi, baza kuraswa.

Amakuru atangwa n’abapolisi bo muri kariya gace kafatiwemo bariya bantu, avuga ko ubuyobozi bukuru bwo hejuru, bwatanze itegeko ryo gukoresha imbaraga z’umurengera zo guhangana n’umuntu wese ukora ibikorwa bya magendu byamuka bijya mu Rwanda. Gusa nta rwego rwemeje aya makuru.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Murundi says:
    1 day ago

    Aba bana b’Imana mwambura ubuzima, Namwe bidatinze muzabuvamo kdi mwebwe nyuma yo kubuvamo muzajyanwa mu Muriro utazima mwararwaniye iby’isi, mukabisiga mukazajyanwa no kubabazwa. Ubwo kujyana ikawa mu Rwanda nicyo mwicira abanegihugu koko? Musuzume ubunyamwuga bwa Polisi yanyu.

    Reply

Leave a Reply to Murundi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − five =

Previous Post

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

Next Post

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko kugira ngo hizihizwe uw’umurimo

Related Posts

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

by radiotv10
02/05/2026
0

Minisitiri w’ingabo wa Leta Zunze Ubumwe za America, Pete Hegseth, yavuze ko igihe ntarengwa cyari cyarashyizweho kugira ngo ubuyobozi bwa...

Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

by radiotv10
01/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zafatiye ibihano uwahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Joseph Kabila kubera gushyigikira...

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye

by radiotv10
30/04/2026
0

Umugabo w’imyaka 52 wo mu Burasirazuba bw’u Buhindi, uherutse kugaragara yikoreye umurambo wumye wa mushiki we awujyanye kuri Banki ngo...

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

by radiotv10
30/04/2026
0

Urukiko Rukuru muri Uganda, rurasoma icyemezo cyarwo mu rubanza ruregwamo Christopher Okello Onyum ashinjwa kwica abana bane bato abasanze ku...

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

by radiotv10
30/04/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba; yavuze ko yabwiye abana be ko nibaramuka bashakanye n’abantu bagufi, ubukwe bwabo...

IZIHERUKA

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran
AMAHANGA

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

by radiotv10
02/05/2026
0

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

01/05/2026
Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

01/05/2026
Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

01/05/2026
Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

01/05/2026
Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

01/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko kugira ngo hizihizwe uw’umurimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.