Thursday, April 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

radiotv10by radiotv10
30/04/2026
in AMAHANGA
0
Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rukuru muri Uganda, rurasoma icyemezo cyarwo mu rubanza ruregwamo Christopher Okello Onyum ashinjwa kwica abana bane bato abasanze ku ishuri ry’incuke ryo mu gace ka Ggaba i Kampala.

Umucamanza w’Urukiko Rukuru rwa Uganda, Alice Komuhangi Khaukha, ni we biteganyijwe ko kuri uyu Kane asoma umwanzuro wa nyuma muri uru rubanza.

Mu cyumweru gishize ku wa Mbere, ubwo yitabaga Urukiko, Abashinjacyaha batatu bavuze ko uyu Okello uvuka muri Uganda unafite ibyangombwa byo gutura muri America, agomba guhamwa n’ibyaha bine by’ubwicanyi.

Okello akurikiranyweho kwica Ryan Odeke, Keisha Agenorwoth Otim, Gideon Eteku na Ignatius Sseruyange, bose bari munsi y’imyaka itatu, aho akekwaho kubasanga ku ishuri ry’incuke i Ggaba, ishami rya Makindye.

Ubwo batangaga umwanzuro w’Ubushinjacyaha, Musa Musana, Racheal Ainomugisha na Maria Theopista Kyolijja babwiye umucamanza ko itsinda ry’ubushinjacyaha riyobowe n’umunyamategeko mukuru wa leta Jonathan Muwaganya ryagaragaje bihagije ko Okello ahamwa n’ubwicanyi bwakozwe ku wa 02 Mata 2026.

Bavuze ko raporo z’abaganga z’inzobere zigaragaza ko Okello yari ameze neza mu mutwe igihe yakoraga biriya byaha.

Aba Bashinjacyaha banashingiye ku isesengura ryakorewe amashusho ya camera z’umutekano (CCTV) ryabereye mu Rukiko ndetse no ku nyandiko z’amakuru yatanzwe n’abakozi bo muri ririya shuri ry’incuke.

Bavuze ko Umushinjacyaha Muwaganya na bagenzi be batagaragaje amakuru y’ibyakozwe na Okello y’aho icyaha cyabereye, ariko ko bagaragaje ibimenyetso byerekana ko yagize uruhare mu ikorwa ry’ubwicanyi no kubutegura.

Mu nyandiko z’umwanzuro wabo, itsinda ry’abunganizi mu mategeko rigizwe na Richard Kumbuga na Sarah Awero, bavuze ko umukiliya wabo Okello yari arwaye indwara ya schizophrenia, yo mu mutwe, bityo basaba Urukiko ko umukiriya wabo yagirwa umwere kuko nta buryozwacyaha agomba gukorwaho.

Kumbuga yifashishije ingingo z’aamategeko anyuranye,

yavuze ko itegeko rigenga amategeko ahana, riteganya ko umuntu ataryozwa icyaha icyo ari cyo cyose, mu gihe ubwo yagikoraga, atashobora gusobanukirwa ibikorwa bye.

Ubwo yatangaga ubuhamya bwe mu cyumweru gishize, Okello yabwiye Urukiko uburyo yahuye n’ibihe bikomeye byamusigiye ibibazo byo mu mutwe hagati ya Mutarama na Werurwe uyu mwaka.

Yavuze ku gihe kitari cyiza cyo gukurikiranwa n’abantu bamwe kubera amafaranga, byatumye yihisha.

Okello yavuze kandi ko yagerageje kwiba banki ndetse no kwica umuryango w’umivandimwe we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 6 =

Previous Post

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino w’amakipe yombi yamamaza VisitRwanda arimo iyo asanzwe akunda

Next Post

Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

Related Posts

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye

by radiotv10
30/04/2026
0

Umugabo w’imyaka 52 wo mu Burasirazuba bw’u Buhindi, uherutse kugaragara yikoreye umurambo wumye wa mushiki we awujyanye kuri Banki ngo...

Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

by radiotv10
30/04/2026
0

Abantu babiri barashwe n'igipolisi cy’u Burundi nyuma yo gufatwa bashinjwa kugerageza kwinjiza mu Rwanda ikawa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aho...

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

by radiotv10
30/04/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba; yavuze ko yabwiye abana be ko nibaramuka bashakanye n’abantu bagufi, ubukwe bwabo...

Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

by radiotv10
29/04/2026
0

U Bufaransa bwasabye abaturage babwo bari mu Gihugu cya Mali kuhava vuba na bwangu nyuma y'ibitero byagabwe mu bice binyuranye...

Perezida Nguesso umaze igihe gito arahiriye gukomeza kuyobora Congo yakiriwe na Putin mu Burusiya

Perezida Nguesso umaze igihe gito arahiriye gukomeza kuyobora Congo yakiriwe na Putin mu Burusiya

by radiotv10
29/04/2026
0

Perezida Denis Sassou Nguesso wa Repubulika ya Congo, uri mu ruzinduko mu Burusiya, yahuye na mugenzi we w’iki Gihugu, Vladimir...

IZIHERUKA

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye
AMAHANGA

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye

by radiotv10
30/04/2026
0

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko kugira ngo hizihizwe uw’umurimo

30/04/2026
Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

30/04/2026
Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

30/04/2026
Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

30/04/2026
Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino w’amakipe yombi yamamaza VisitRwanda arimo iyo asanzwe akunda

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino w’amakipe yombi yamamaza VisitRwanda arimo iyo asanzwe akunda

30/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko kugira ngo hizihizwe uw’umurimo

Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.