• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

radiotv10by radiotv10
30/04/2026
in AMAHANGA
0
Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rukuru muri Uganda, rurasoma icyemezo cyarwo mu rubanza ruregwamo Christopher Okello Onyum ashinjwa kwica abana bane bato abasanze ku ishuri ry’incuke ryo mu gace ka Ggaba i Kampala.

Umucamanza w’Urukiko Rukuru rwa Uganda, Alice Komuhangi Khaukha, ni we biteganyijwe ko kuri uyu Kane asoma umwanzuro wa nyuma muri uru rubanza.

Mu cyumweru gishize ku wa Mbere, ubwo yitabaga Urukiko, Abashinjacyaha batatu bavuze ko uyu Okello uvuka muri Uganda unafite ibyangombwa byo gutura muri America, agomba guhamwa n’ibyaha bine by’ubwicanyi.

Okello akurikiranyweho kwica Ryan Odeke, Keisha Agenorwoth Otim, Gideon Eteku na Ignatius Sseruyange, bose bari munsi y’imyaka itatu, aho akekwaho kubasanga ku ishuri ry’incuke i Ggaba, ishami rya Makindye.

Ubwo batangaga umwanzuro w’Ubushinjacyaha, Musa Musana, Racheal Ainomugisha na Maria Theopista Kyolijja babwiye umucamanza ko itsinda ry’ubushinjacyaha riyobowe n’umunyamategeko mukuru wa leta Jonathan Muwaganya ryagaragaje bihagije ko Okello ahamwa n’ubwicanyi bwakozwe ku wa 02 Mata 2026.

Bavuze ko raporo z’abaganga z’inzobere zigaragaza ko Okello yari ameze neza mu mutwe igihe yakoraga biriya byaha.

Aba Bashinjacyaha banashingiye ku isesengura ryakorewe amashusho ya camera z’umutekano (CCTV) ryabereye mu Rukiko ndetse no ku nyandiko z’amakuru yatanzwe n’abakozi bo muri ririya shuri ry’incuke.

Bavuze ko Umushinjacyaha Muwaganya na bagenzi be batagaragaje amakuru y’ibyakozwe na Okello y’aho icyaha cyabereye, ariko ko bagaragaje ibimenyetso byerekana ko yagize uruhare mu ikorwa ry’ubwicanyi no kubutegura.

Mu nyandiko z’umwanzuro wabo, itsinda ry’abunganizi mu mategeko rigizwe na Richard Kumbuga na Sarah Awero, bavuze ko umukiliya wabo Okello yari arwaye indwara ya schizophrenia, yo mu mutwe, bityo basaba Urukiko ko umukiriya wabo yagirwa umwere kuko nta buryozwacyaha agomba gukorwaho.

Kumbuga yifashishije ingingo z’aamategeko anyuranye,

yavuze ko itegeko rigenga amategeko ahana, riteganya ko umuntu ataryozwa icyaha icyo ari cyo cyose, mu gihe ubwo yagikoraga, atashobora gusobanukirwa ibikorwa bye.

Ubwo yatangaga ubuhamya bwe mu cyumweru gishize, Okello yabwiye Urukiko uburyo yahuye n’ibihe bikomeye byamusigiye ibibazo byo mu mutwe hagati ya Mutarama na Werurwe uyu mwaka.

Yavuze ku gihe kitari cyiza cyo gukurikiranwa n’abantu bamwe kubera amafaranga, byatumye yihisha.

Okello yavuze kandi ko yagerageje kwiba banki ndetse no kwica umuryango w’umivandimwe we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino w’amakipe yombi yamamaza VisitRwanda arimo iyo asanzwe akunda

Next Post

Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.