• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye

radiotv10by radiotv10
30/04/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 52 wo mu Burasirazuba bw’u Buhindi, uherutse kugaragara yikoreye umurambo wumye wa mushiki we awujyanye kuri Banki ngo bamuhe amafaranga y’umuvandimwe we, yavuze ko yabitewe n’umujinya wo gusiragizwa n’umuyobozi w’iriya banki wamusabaga kuzana nyiri ayo mafaranga cyangwa ikimenyetso cyerekana ko yapfuye.

Uyu mugabo witwa Jitu Munda, yagaragaye ku wa Mbere w’iki cyumweru, mu Ntara ya Odisha aho yari yikoreye umubiri w’umuntu, awujyanye kuri Banki ya Gramin iherereye mu mujyi wa Malliposhi.

Yashakaga ko iyi Banki imuha amafaranga y’Amarupia ibihumbi 19,3 (agera mu bihumbi 300 Frw) ari kuri konti ya mushiki we Karla Munda witabye Imana mu mezi abiri ashize.

Uyu mugabo, avuga ko umuvandimwe yitabye Imana amaze kugurisha ibimasa yari yoroye, amafaranga yari yakuyemo ahita ajya kuyabitsa kuri iriya banki.

Nyuma yaje kujya kubikuza ariya mafaranga y’umuvandimwe we avuga ko aje amuhagarariye kuko we yitabye Imana, ariko Banki imubera ibamba, ivuga ko ikeneye ibimenyetso simusiga.

Ati “Nagiyeyo inshuro nyinshi nsobanurira umukuru wa banki ko hashize amezi abiri mushiki wanjye apfuye. Uwo muyobozi wa banki yanze kunyumva agatsimbarara ko tuzana nyiri konti cyangwa icyemeza ko yapfuye n’inyandiko z’uwo yasigiye irage.

Akomeza agira ati “nagize umujinya ndagenda nzana umubiri we ngo mwereke ikimenyetso.”

Umurambo wa mushiki we, kugira ngo agere aho wari ushyinguye yakoze urugendo rw’ibilometero bitatu, aragenda arawutaburura awushyira mu mufuka, ubundi ashyira ku rutugu yerecyeza kuri Banki kugaragaza ikimenyetso.

Ubwo uyu mugabo yageraga kuri Banki, ubuyobozi bwayo bwahise buhamagaza Polisi yo muri kariya gace, na yo yihutiye kuhagera, ubundi akayisobanurira imiterere y’ikibazo.

Polisi mu gusa no kumuturisha, yamubwiye ko ikibazo cye cyumvikana, ariko ko akwiye gusubiza umurambo wa mushiki we aho wari ushyinguye, na we ntiyayisuzugura, arongera arikorera ashyira nzira awusubiza mu irimbi.

Ubuyobozi bw’iriya banki bwemera ko koko bwasabye uriya mugabo kujya kuzana nyiri ariya mafaranga, ndetse nyuma y’uko akoze biriya, hakozwe iperereza ku wa Gatatu tariki 28 Mata 2026, bikaza kugaragara koko mushiki we yari afite amarupiya 19,410 kuri konti iri muri iyi banki.

Ayo mafaranga yaje gutangwa, ashyikirizwa uriya mugabo Jitu Munda n’abandi bavandimwe be babiri, bakaba banavukana na nyakwigendera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 19 =

Previous Post

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko kugira ngo hizihizwe uw’umurimo

Next Post

Hamenyekanye igihe Umunyamakuru Djihad n’abo baregwa hamwe bazasubirira imbere y’Urukiko

Related Posts

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Hamenyekanye igihe Umunyamakuru Djihad n’abo baregwa hamwe bazasubirira imbere y’Urukiko

Hamenyekanye igihe Umunyamakuru Djihad n’abo baregwa hamwe bazasubirira imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.