Thursday, April 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye

radiotv10by radiotv10
30/04/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 52 wo mu Burasirazuba bw’u Buhindi, uherutse kugaragara yikoreye umurambo wumye wa mushiki we awujyanye kuri Banki ngo bamuhe amafaranga y’umuvandimwe we, yavuze ko yabitewe n’umujinya wo gusiragizwa n’umuyobozi w’iriya banki wamusabaga kuzana nyiri ayo mafaranga cyangwa ikimenyetso cyerekana ko yapfuye.

Uyu mugabo witwa Jitu Munda, yagaragaye ku wa Mbere w’iki cyumweru, mu Ntara ya Odisha aho yari yikoreye umubiri w’umuntu, awujyanye kuri Banki ya Gramin iherereye mu mujyi wa Malliposhi.

Yashakaga ko iyi Banki imuha amafaranga y’Amarupia ibihumbi 19,3 (agera mu bihumbi 300 Frw) ari kuri konti ya mushiki we Karla Munda witabye Imana mu mezi abiri ashize.

Uyu mugabo, avuga ko umuvandimwe yitabye Imana amaze kugurisha ibimasa yari yoroye, amafaranga yari yakuyemo ahita ajya kuyabitsa kuri iriya banki.

Nyuma yaje kujya kubikuza ariya mafaranga y’umuvandimwe we avuga ko aje amuhagarariye kuko we yitabye Imana, ariko Banki imubera ibamba, ivuga ko ikeneye ibimenyetso simusiga.

Ati “Nagiyeyo inshuro nyinshi nsobanurira umukuru wa banki ko hashize amezi abiri mushiki wanjye apfuye. Uwo muyobozi wa banki yanze kunyumva agatsimbarara ko tuzana nyiri konti cyangwa icyemeza ko yapfuye n’inyandiko z’uwo yasigiye irage.

Akomeza agira ati “nagize umujinya ndagenda nzana umubiri we ngo mwereke ikimenyetso.”

Umurambo wa mushiki we, kugira ngo agere aho wari ushyinguye yakoze urugendo rw’ibilometero bitatu, aragenda arawutaburura awushyira mu mufuka, ubundi ashyira ku rutugu yerecyeza kuri Banki kugaragaza ikimenyetso.

Ubwo uyu mugabo yageraga kuri Banki, ubuyobozi bwayo bwahise buhamagaza Polisi yo muri kariya gace, na yo yihutiye kuhagera, ubundi akayisobanurira imiterere y’ikibazo.

Polisi mu gusa no kumuturisha, yamubwiye ko ikibazo cye cyumvikana, ariko ko akwiye gusubiza umurambo wa mushiki we aho wari ushyinguye, na we ntiyayisuzugura, arongera arikorera ashyira nzira awusubiza mu irimbi.

Ubuyobozi bw’iriya banki bwemera ko koko bwasabye uriya mugabo kujya kuzana nyiri ariya mafaranga, ndetse nyuma y’uko akoze biriya, hakozwe iperereza ku wa Gatatu tariki 28 Mata 2026, bikaza kugaragara koko mushiki we yari afite amarupiya 19,410 kuri konti iri muri iyi banki.

Ayo mafaranga yaje gutangwa, ashyikirizwa uriya mugabo Jitu Munda n’abandi bavandimwe be babiri, bakaba banavukana na nyakwigendera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

Related Posts

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

by radiotv10
30/04/2026
0

Urukiko Rukuru muri Uganda, rurasoma icyemezo cyarwo mu rubanza ruregwamo Christopher Okello Onyum ashinjwa kwica abana bane bato abasanze ku...

Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

by radiotv10
30/04/2026
0

Abantu babiri barashwe n'igipolisi cy’u Burundi nyuma yo gufatwa bashinjwa kugerageza kwinjiza mu Rwanda ikawa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aho...

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

by radiotv10
30/04/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba; yavuze ko yabwiye abana be ko nibaramuka bashakanye n’abantu bagufi, ubukwe bwabo...

Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

by radiotv10
29/04/2026
0

U Bufaransa bwasabye abaturage babwo bari mu Gihugu cya Mali kuhava vuba na bwangu nyuma y'ibitero byagabwe mu bice binyuranye...

Perezida Nguesso umaze igihe gito arahiriye gukomeza kuyobora Congo yakiriwe na Putin mu Burusiya

Perezida Nguesso umaze igihe gito arahiriye gukomeza kuyobora Congo yakiriwe na Putin mu Burusiya

by radiotv10
29/04/2026
0

Perezida Denis Sassou Nguesso wa Repubulika ya Congo, uri mu ruzinduko mu Burusiya, yahuye na mugenzi we w’iki Gihugu, Vladimir...

IZIHERUKA

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye
AMAHANGA

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye

by radiotv10
30/04/2026
0

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

30/04/2026
Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko kugira ngo hizihizwe uw’umurimo

30/04/2026
Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

30/04/2026
Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

30/04/2026
Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino w’amakipe yombi yamamaza VisitRwanda arimo iyo asanzwe akunda

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino w’amakipe yombi yamamaza VisitRwanda arimo iyo asanzwe akunda

30/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko kugira ngo hizihizwe uw’umurimo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.