Umuhanzi w’umuraperi Hahirwabasenga Thimotee uzwi nka Sky2, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa, nyuma yuko arumye ugutwi umugore we.
Uyu uzwi no ku mbuga nkoranyambaga, yatawe muri yombi kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi, ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nduba mu Karere ka Gasabo.
Amakuru avuga ko tariki 05 Gicurasi 2025 Sky2 yakubise umugore we Bakarere Sandrine, akanamuruma ugutwi, ku buryo hari n’ibice byavuyeho.
Uretse icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, kiregwa Sky2 anakurikiranyweho no guhoza ku nkeke uwo bashyakanye na byo biri mu byaha bihanwa n’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Ni ibyaha byabere mu Muduhu w’Agatagara mu Kagari ka Gasanze mu Murenge wa Nduba, aho Sky2 n’umugore we Bakarere Sandrine, basanzwe batuye.
Mu minsi micye ishize, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amafoto yerekana umugore wa Sky2 yararumwe ugutwi, ndetse hari uduce twavuyeho, bivugwa ko byakozwe n’umugabo we.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B.Thierry yasabye abashakanye bakora ibyaha nk’ibi byo gukubita no gukomeretsa no guhoza ku nkeke abo bashakanye, kubireka, kuko inzego zitazabihanganira.
Bakarere Sandrine, umugore wa Sky2 wakunze kuvuga ko umugabo we amuhohotera, mu kiganiro yagiranye na bimwe mu binyamakuru bikorera kuri YouTube, yavuze ko umugabo we yashatse kumwica kenshi.
Sky2 kandi na we mu kiganiro yatanze mbere yo gutabwa muri yombi, yavuze ko we n’umugore we bari bamaze iminsi bafitanye amakimbirane ashingiye ku kudahuza ku cyifuzo cy’umugore we wifuzaga ko bagurisha umutungo utimukanwa w’inzu batuyemo i Gasanze, ariko we akaba yaramubereye ibamba.
RADIOTV10











