Tuesday, May 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

radiotv10by radiotv10
12/05/2026
in IMYIDAGADURO
0
Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’umuraperi Hahirwabasenga Thimotee uzwi nka Sky2, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa, nyuma yuko arumye ugutwi umugore we.

Uyu uzwi no ku mbuga nkoranyambaga, yatawe muri yombi kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi, ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nduba mu Karere ka Gasabo.

Amakuru avuga ko tariki 05 Gicurasi 2025 Sky2 yakubise umugore we Bakarere Sandrine, akanamuruma ugutwi, ku buryo hari n’ibice byavuyeho.

Uretse icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, kiregwa Sky2 anakurikiranyweho no guhoza ku nkeke uwo bashyakanye na byo biri mu byaha bihanwa n’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Ni ibyaha byabere mu Muduhu w’Agatagara mu Kagari ka Gasanze mu Murenge wa Nduba, aho Sky2 n’umugore we Bakarere Sandrine, basanzwe batuye.

Mu minsi micye ishize, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amafoto yerekana umugore wa Sky2 yararumwe ugutwi, ndetse hari uduce twavuyeho, bivugwa ko byakozwe n’umugabo we.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B.Thierry yasabye abashakanye bakora ibyaha nk’ibi byo gukubita no gukomeretsa no guhoza ku nkeke abo bashakanye, kubireka, kuko inzego zitazabihanganira.

Bakarere Sandrine, umugore wa Sky2 wakunze kuvuga ko umugabo we amuhohotera, mu kiganiro yagiranye na bimwe mu binyamakuru bikorera kuri YouTube, yavuze ko umugabo we yashatse kumwica kenshi.

Sky2 kandi na we mu kiganiro yatanze mbere yo gutabwa muri yombi, yavuze ko we n’umugore we bari bamaze iminsi bafitanye amakimbirane ashingiye ku kudahuza ku cyifuzo cy’umugore we wifuzaga ko bagurisha umutungo utimukanwa w’inzu batuyemo i Gasanze, ariko we akaba yaramubereye ibamba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + twenty =

Previous Post

Umujyi wa Kigali wakemuye kibazo cy’abawishyuzaga miliyoni 10Frw bakoreye mu mezi umunani ashize

Next Post

Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

Related Posts

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

by radiotv10
08/05/2026
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yasabye urubyiruko kutajya rwihutira guca imanza ku bintu rudafiteho amakuru ahagije, nyuma...

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

by radiotv10
08/05/2026
0

Dating in Rwanda is no longer what it used to be. Not long ago, relationships often began through mutual friends,...

Did you know that what you do during your weekends says a lot about you

Did you know that what you do during your weekends says a lot about you

by radiotv10
08/05/2026
0

There’s something about weekends that quietly reveals who we are when the pressure of school, work, deadlines, and routines disappears....

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

by radiotv10
07/05/2026
0

Kimenyi Yves wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda n’iy’Igihugu, wasezeranye mu buryo bwemewe na Muyango Claudine, yahamije ko ubu ari mu...

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

by radiotv10
05/05/2026
0

Umuherwe w’Umunya-Tanzania Lugumi Saidi yongeye kugaragaza ko ari mu rukundo na Alliah Cool uzwi muri sinema no mu bindi bikorwa...

IZIHERUKA

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya
MU RWANDA

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

by radiotv10
12/05/2026
0

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

12/05/2026
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

12/05/2026
Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

12/05/2026
Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

12/05/2026
Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

12/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.