Tuesday, May 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

radiotv10by radiotv10
12/05/2026
in MU RWANDA
0
Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyashyizeho uburyo bushya bwongewe muri sisiteme y’imisoro, buzafasha abagura n’abagurisha ibinyabiziga na ba Noteri bigenga, mu gukora ihererekanya ryabyo.

Byatangajwe na RRA mu itangazo yashyize hanze, rivuga ko “Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kiramenyesha abantu bose bagurisha, abagura ndetse na ba noteri bigenga ko hari uburyo bushya bwongerewe muri sisitemu y’Imisoro (e-tax) mu gice cya Serivisi z’Ibinyabiziga.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, gikomeza kigira kiti “Ibi byakozwe kugira ngo abakenera Serivisi z’Ihererekanya mu mucyo no kubahiriza amategeko mu gihe cy’ihererekanya ry’ibinyabiziga.”

Hifashishijwe ubu buryo bushya, ubu ugurishije ikinyabiziga azajya asaba imibare y’ibanga azajya asangiza ugiye kugura ikinyabiziga cye hamwe na noteri wigenga uri bwemeze amasezerano yabo y’ubugure, kugira ngo barebe ko icyo kinyabiziga nta birarane by’imisoro gifite, kidatambamiwe cyangwa ikindi kibazo cyatuma ihererekanya ridakunda.

RRA ikagira iti “Abanoteri bigenga na bo barasabwa gukoresha no kwemeza amasezerano y’ubugure akurwa muri sistemu y’Imisoro gusa ndetse bakanagenzura ukuri n’umwimerere w’ibikorwa bigendanye n’iryo gura n’igurisha.”

Abagura n’abagurisha ibinyabiziga ntibakore ihererekanya, bamaze iminsi baburirwa kubikora, kuko hari ibihano bibategereje mu gihe batabikoze mu gihe cyagenwe.

Mu ntangiro z’ukwezi gushize, Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro cyari cyagaragaje urutonde rw’ibinyabiziga 264, byari byasabwe ko ababiguze n’ababigurishije bakora ihererekanya ryabyo mu gihe kitarenze iminsi 30.

Mu itangazo ryari ryashyizwe hanze na RRA tariki 02 Mata, yari yavuze ko “abazaba banze kwakira mutation mu gihe cy’iminsi 30 uhereye igihe itangazo risohokeye, ibyo binyabiziga bizahagarikwa mu muhanda kugeza igihe ihererekanya ribereyeho cyangwa ibindi biteganywa n’amategeko byubahirizwa.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga yatangaje ko iyo ikinyabiziga kitakorewe mutation, bitera ibibazo mu kubaza inshingano mu gihe bibaye ngombwa, kuko kubona ukurikiranwa bigora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − one =

Previous Post

Umujyi wa Kigali wakemuye kibazo cy’abawishyuzaga miliyoni 10Frw bakoreye mu mezi umunani ashize

Related Posts

Umujyi wa Kigali wakemuye kibazo cy’abawishyuzaga miliyoni 10Frw bakoreye mu mezi umunani ashize

Umujyi wa Kigali wakemuye kibazo cy’abawishyuzaga miliyoni 10Frw bakoreye mu mezi umunani ashize

by radiotv10
12/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwemeje ko bwakemuye ikibazo cy’abakoze imirimo yo gutera ubusitani muri uyu Mujyi ubwo mu Rwanda habaga...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

by radiotv10
12/05/2026
0

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka muri RDF, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye...

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

by radiotv10
12/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu gikorwa cyo kwakirwa ku meza cyayobowe na Perezida William...

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

by radiotv10
12/05/2026
0

Kigali, Rwanda- Students, lecturers, researchers, and healthcare professionals from different universities across Africa say the East African Physiology Quiz and...

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

by radiotv10
12/05/2026
0

MTN Rwandacell Plc (MTN Rwanda) has posted strong Quarter one financial results, with service revenue growing 21.2% year-on-year to Rwf...

IZIHERUKA

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya
MU RWANDA

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

by radiotv10
12/05/2026
0

Umujyi wa Kigali wakemuye kibazo cy’abawishyuzaga miliyoni 10Frw bakoreye mu mezi umunani ashize

Umujyi wa Kigali wakemuye kibazo cy’abawishyuzaga miliyoni 10Frw bakoreye mu mezi umunani ashize

12/05/2026
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

12/05/2026
Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

12/05/2026
East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

12/05/2026
Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

12/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

Umujyi wa Kigali wakemuye kibazo cy’abawishyuzaga miliyoni 10Frw bakoreye mu mezi umunani ashize

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.