Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy uzwi mu gutara no gutangaza amakuru, yasabiwe igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 1,2 Frw mu rubanza yarezwemo n’umushoramari ku byaha birimo gutangaza amakuru y’ibihuha no gutukana mu ruhame.
Muri uru rubanza rwaburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kuri uyu wa 14 Gicurasi 2026, ubushinjacyaha bwagaragaje ko uyu munyamakuru aregwa ibishingiye ku nkuru yakoze muri 2024 igatambuka ku gitangazamakuru BTN TV asanzwe akorera.
Ni inkuru yavugaga ku mushoramari Ndayisenga Materne, aho uyu munyamakuru yavuze ko yashije ikibanza mu Kagari ka Tetero mu Murenge wa Muhima, ariko ibikorwa bye bigafunga inzira y’abaturage.
Uretse iyo nkuru yakoze, Ndahiro yanitabiriye ibiganiro bibiri byasesenguraga kuri iyi nkuru n’ibyavugwagamo, aho uyu munyamakuru yabaga ari umutumirwa wo gusobanura ibyo yabonye.
Muri uru rubanza, Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko uyu munyamakuru yakoresheje amagambo kwibasira uyu mushoramari ndetse y’ibitutsi, nk’aho ngo yagereranyijwe n’ifuku, inkebebe ndetse n’inkirabuheri.
Nanone kandi Ubushinjacyaha bwavuze ko n’amakuru yavugwaga ku byavuzwe kuri uriya mushoramari kuri kiriya gikorwa, harimo ibitari ukuri.
Uregwa yaburanye ahakana ibyaha, avuga ko kandi Ubushinjacyaha butari bukwiye kumuzana mu nkiko, ahubwo ko haregwa ibyo bitangazamakuru, kuko iriya nkuru yari iyabyo.
Uyu munyamakuru wavugaga ko iriya nkuru yagiye kuyitara yabanje guhamagarwa n’abaturage bashakaga gukorerwa ubuvugizi, ndetse ko nyuma yo kuyitara, yayitunganyije mu buryo bwa kinyamwuga ku buryo we atumva impamvu yagombe kuyiregerwa.
Uregwa yavuze ko kandi igitangazamakuru cya BTN akorera, cyabanje gusuzuma no kwemeza iyo nkuru, bityo ko bishimangira ko yari yujuje ibisabwa.
Uregwa kandi yavuze ko iyi nkuru yatumye ubuyobozi bunahagarika ibikorwa by’uyu mushoramari byo gusiza kiriya kibanza, ndetse anacibwa amande ya miliyoni 9 Frw.
Uregwa kandi yahakanye icyaha cyo gutukana mu ruhame, avuga ko umwuga w’itangazamakuru awumazemo imyaka 15, adashobora gutukana.
Ku bijyanye na ziriya nyito zifatwa nk’ibitutsi zirimo kugereranya uriya mushoramari n’ifuku, uregwa yavuze ko byatangajwe n’abaturage mu nkuru yabakoreye, atari we wabivuze.
Ubushinjacyaha ubwo bwatangaga umwanzuro wabwo, bwasabye Urukiko guhamya uregwa ibyaha, rukamukatira gufungwa imyaka itanu no kwishyura ihazabu ya miliyoni 1,2 Frw.
Nyuma yo kumva ibyatangajwe n’impande zombi, Urukiko rwahise rupfundikira urubanza, rutangaza ko ruzasoma umwanzuro warwo tariki 12 Kamena 2026.
RADIOTV10







