Thursday, May 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

radiotv10by radiotv10
14/05/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy uzwi mu gutara no gutangaza amakuru, yasabiwe igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 1,2 Frw mu rubanza yarezwemo n’umushoramari ku byaha birimo gutangaza amakuru y’ibihuha no gutukana mu ruhame.

Muri uru rubanza rwaburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kuri uyu wa 14 Gicurasi 2026, ubushinjacyaha bwagaragaje ko uyu munyamakuru aregwa ibishingiye ku nkuru yakoze muri 2024 igatambuka ku gitangazamakuru BTN TV asanzwe akorera.

Ni inkuru yavugaga ku mushoramari Ndayisenga Materne, aho uyu munyamakuru yavuze ko yashije ikibanza mu Kagari ka Tetero mu Murenge wa Muhima, ariko ibikorwa bye bigafunga inzira y’abaturage.

Uretse iyo nkuru yakoze, Ndahiro yanitabiriye ibiganiro bibiri byasesenguraga kuri iyi nkuru n’ibyavugwagamo, aho uyu munyamakuru yabaga ari umutumirwa wo gusobanura ibyo yabonye.

Muri uru rubanza, Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko uyu munyamakuru yakoresheje amagambo kwibasira uyu mushoramari ndetse y’ibitutsi, nk’aho ngo yagereranyijwe n’ifuku, inkebebe ndetse n’inkirabuheri.

Nanone kandi Ubushinjacyaha bwavuze ko n’amakuru yavugwaga ku byavuzwe kuri uriya mushoramari kuri kiriya gikorwa, harimo ibitari ukuri.

Uregwa yaburanye ahakana ibyaha, avuga ko kandi Ubushinjacyaha butari bukwiye kumuzana mu nkiko, ahubwo ko haregwa ibyo bitangazamakuru, kuko iriya nkuru yari iyabyo.

Uyu munyamakuru wavugaga ko iriya nkuru yagiye kuyitara yabanje guhamagarwa n’abaturage bashakaga gukorerwa ubuvugizi, ndetse ko nyuma yo kuyitara, yayitunganyije mu buryo bwa kinyamwuga ku buryo we atumva impamvu yagombe kuyiregerwa.

Uregwa yavuze ko kandi igitangazamakuru cya BTN akorera, cyabanje gusuzuma no kwemeza iyo nkuru, bityo ko bishimangira ko yari yujuje ibisabwa.

Uregwa kandi yavuze ko iyi nkuru yatumye ubuyobozi bunahagarika ibikorwa by’uyu mushoramari byo gusiza kiriya kibanza, ndetse anacibwa amande ya miliyoni 9 Frw.

Uregwa kandi yahakanye icyaha cyo gutukana mu ruhame, avuga ko umwuga w’itangazamakuru awumazemo imyaka 15, adashobora gutukana.

Ku bijyanye na ziriya nyito zifatwa nk’ibitutsi zirimo kugereranya uriya mushoramari n’ifuku, uregwa yavuze ko byatangajwe n’abaturage mu nkuru yabakoreye, atari we wabivuze.

Ubushinjacyaha ubwo bwatangaga umwanzuro wabwo, bwasabye Urukiko guhamya uregwa ibyaha, rukamukatira gufungwa imyaka itanu no kwishyura ihazabu ya miliyoni 1,2 Frw.

Nyuma yo kumva ibyatangajwe n’impande zombi, Urukiko rwahise rupfundikira urubanza, rutangaza ko ruzasoma umwanzuro warwo tariki 12 Kamena 2026.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 19 =

Previous Post

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

Related Posts

What to do in case of sexual assault at work in Rwanda

What to do in case of sexual assault at work in Rwanda

by radiotv10
14/05/2026
0

For many people, the workplace is supposed to feel safe, professional, and respectful. But sometimes, that safety is broken through...

Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

by radiotv10
14/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika birimo n’u Rwanda, bifatwa mu...

Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

by radiotv10
14/05/2026
0

Nyuma yuko Umunyamakurukazi ukorera igitangazamakuru cyo mu Rwanda, yandikiye Perezida Paul Kagame ibaruwa ifunguye avugamo akarengane yakorewe mu butabera yashaga...

Batatu bafatanywe ibimenyetso by’ubujura bwa moto bakoraga

Batatu bafatanywe ibimenyetso by’ubujura bwa moto bakoraga

by radiotv10
14/05/2026
0

Abagabo batatu bakekwaho kwiba moto bakazijyana mu mashyamba bakazikuramo amapiyese, bafatiwe mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, n’ubundi...

RIB yafunze ukekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukozi wo mu rugo amuziza gutinda guteka

RIB yafunze ukekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukozi wo mu rugo amuziza gutinda guteka

by radiotv10
14/05/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi ukekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukobwa ukora mu rugo rwo mu Murenge wa Gatumba...

IZIHERUKA

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo
MU RWANDA

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

by radiotv10
14/05/2026
0

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

14/05/2026
What to do in case of sexual assault at work in Rwanda

What to do in case of sexual assault at work in Rwanda

14/05/2026
Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

14/05/2026
Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

14/05/2026
Batatu bafatanywe ibimenyetso by’ubujura bwa moto bakoraga

Batatu bafatanywe ibimenyetso by’ubujura bwa moto bakoraga

14/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

What to do in case of sexual assault at work in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.