Thursday, May 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

radiotv10by radiotv10
14/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura
Share on FacebookShare on Twitter

Wes Streeting yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Ubuzima muri Guverinoma y’u Bwongereza, avuga ko atagifitiye icyizere imiyoborere ya Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu Keir Starmer.

Wes Streeting yeguye muri iyi Guverinoma y’ishyaka rya Labour, byongerera ubukana ibibazo bitutumba byo kweguza Minisitiri w’Intebe Keir Starmer nyuma y’imyaka itarenze ibiri amaze ku butegetsi.

Starmer ari mu gitutu gikomeye asabwa nyuma y’ibyavuye mu matora y’ibanze yabaye mu cyumweru gishize.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri X kuri uyu wa Kane, Streeting yavuze ko atagifite “icyizere” mu buyobozi bwa Starmer, yongeraho ko “nta gushidikanya” ko kudakundwa kw’ishyaka kwe ari “ikintu gikomeye kandi gisanzwe mu gutsindwa kwacu mu Bwongereza, Ecosse na Pays de Galles.”

Yakomeje agira ati “Ubu biragaragara ko utazayobora ishyaka ry’aba-Labour mu matora rusange ataha kandi ko Abadepite b’ishyaka ry’aba-Labour n’amashyirahamwe y’abakozi bashaka ko impaka ku kizakurikiraho ziba ikintu cyo guhanganaho mu bitekerezo, atari intambara y’abantu cyangwa ikintu cyoroheje.”

Akomeza agira ati “Bigomba kuba bigari, kandi bisaba abakandida beza bashoboka. Nshyigikiye ubwo buryo kandi ndizera ko muzabishyigikira.”

Itangazo rye rije nyuma y’igitutu gikomeje kotswa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kwegura, ibintu byongeye ibyago byinshi ko uyu munyapolitiki yarekura uyu mwanya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

What to do in case of sexual assault at work in Rwanda

Related Posts

Harumvikana kudahuza imvugo ku ruzinduko rw’ibanga rwa Netanyahu

Harumvikana kudahuza imvugo ku ruzinduko rw’ibanga rwa Netanyahu

by radiotv10
14/05/2026
0

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, byatangaje ko Benjamin Netanyahu yagiriye uruzinduko rw'ibanga muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, mu gihe...

Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera

Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera

by radiotv10
13/05/2026
0

Igitabo gishya kiravuga ko ubwo Brigitte Macron yakubitaga urushyi umugabo we Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yari amaze kubona ubutumwa...

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

by radiotv10
13/05/2026
0

Tariki nk’iyi ya 13 Gicurasi mu 1981 Mutagatifu Papa Yohani Pawulo II wari Umushumba wa Kiliziya Gatulika, yarasiwe mu ruhame...

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje ibyishimo yatewe n’ibihe byiza yagiriye muri Kenya, birimo gusonga (kwarika) ubugari bwa kawunga no...

Hitezwe iki kuri Trump mu ruzinduko agiyemo mu Bushinwa

Hitezwe iki kuri Trump mu ruzinduko agiyemo mu Bushinwa

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, aragirira uruzinduko mu gihugu cy’u Bushinwa ku butumire bwa mugenzi we...

IZIHERUKA

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura
AMAHANGA

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

by radiotv10
14/05/2026
0

What to do in case of sexual assault at work in Rwanda

What to do in case of sexual assault at work in Rwanda

14/05/2026
Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

14/05/2026
Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

14/05/2026
Batatu bafatanywe ibimenyetso by’ubujura bwa moto bakoraga

Batatu bafatanywe ibimenyetso by’ubujura bwa moto bakoraga

14/05/2026
RIB yafunze ukekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukozi wo mu rugo amuziza gutinda guteka

RIB yafunze ukekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukozi wo mu rugo amuziza gutinda guteka

14/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

What to do in case of sexual assault at work in Rwanda

Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.