Wes Streeting yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Ubuzima muri Guverinoma y’u Bwongereza, avuga ko atagifitiye icyizere imiyoborere ya Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu Keir Starmer.
Wes Streeting yeguye muri iyi Guverinoma y’ishyaka rya Labour, byongerera ubukana ibibazo bitutumba byo kweguza Minisitiri w’Intebe Keir Starmer nyuma y’imyaka itarenze ibiri amaze ku butegetsi.
Starmer ari mu gitutu gikomeye asabwa nyuma y’ibyavuye mu matora y’ibanze yabaye mu cyumweru gishize.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri X kuri uyu wa Kane, Streeting yavuze ko atagifite “icyizere” mu buyobozi bwa Starmer, yongeraho ko “nta gushidikanya” ko kudakundwa kw’ishyaka kwe ari “ikintu gikomeye kandi gisanzwe mu gutsindwa kwacu mu Bwongereza, Ecosse na Pays de Galles.”
Yakomeje agira ati “Ubu biragaragara ko utazayobora ishyaka ry’aba-Labour mu matora rusange ataha kandi ko Abadepite b’ishyaka ry’aba-Labour n’amashyirahamwe y’abakozi bashaka ko impaka ku kizakurikiraho ziba ikintu cyo guhanganaho mu bitekerezo, atari intambara y’abantu cyangwa ikintu cyoroheje.”
Akomeza agira ati “Bigomba kuba bigari, kandi bisaba abakandida beza bashoboka. Nshyigikiye ubwo buryo kandi ndizera ko muzabishyigikira.”
Itangazo rye rije nyuma y’igitutu gikomeje kotswa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kwegura, ibintu byongeye ibyago byinshi ko uyu munyapolitiki yarekura uyu mwanya.
RADIOTV10











