Isozwa ry’imikino ya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri, ryasize amakipe abiri yo mu Ntara y’Iburasirazuba azamutse mu Cyiciro cya Mbere. Ayo makipe ni Sunrise FC yo mu Karere ka Nyagatare na Unity FC yo mu Karere ka Bugesera.
Duhereye kuri Sunrise FC, yanegukanye igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri nyuma yo gutsinda Etoile de l’Est ibitego 2-1, ihita izanamuka mu Cyiciro cya Mbere cya BK Pro League.
Sunrise FC yari ifite inyota yo kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere, yatsinze Etoile de l’Est bahuriye mu Ntara imwe y’Iburasirazuba ibitego 2-1. Ibitego bya Sunrise byatsinzwe na rutahizamu ukomoka muri Nigeria, Kalu Daniel Ikpo, mu gihe Joel Emmanuel yatsindiye Etoile de l’Est.
Uyu mukino wabereye kuri Stade ya Ngoma, aho wari witabiriwe n’abayobozi batandukanye bo mu Ntara y’Iburasirazuba ndetse na Visi Perezida wa FERWAFA, Mugisha Richard.
Sunrise FC yari imaze imyaka ibiri mu Cyiciro cya Kabiri. Yegukanye kandi miliyoni 25 Frw nk’ikipe yahize izindi muri icyo cyiciro, kuko yasoje imikino ya kamarampaka ari yo iyoboye urutonde n’amanota 13.
Iyi kipe yazamuwe n’umutoza Gaspard, umenyereweho kuzamura amakipe, kuko no muri saison ishize yari yazamuye Muhanga FC. Yananafashije Rutsiro FC kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere mu myaka itatu ishize.
Ku rundi ruhande, mu Karere ka Bugesera, ikipe ya Unity FC yari yakiriye Intare FC, birangira amakipe yombi anganyije 0-0.
Uku kunganya kw’aya makipe ni ko kwatumye Unity FC, itozwa na Saibadi wahoze akinira Bugesera FC, ihita nayo izamuka mu Cyiciro cya Mbere kuko ku rutonde rwa shampiyona yari iya kabiri nyuma ya Sunrise FC n’amanota 10.
Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10











