Sunday, May 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

radiotv10by radiotv10
17/05/2026
in MU RWANDA
0
Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo diyosezi gatolika ya Cyangugu yibukaga abari abakirisito abihayimana n’abari abakozi bayo bazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, hagarutswe kuri padiri Alphonse Mbuguje wari padiri mukuru wa Paruwasi ya Kinazi muri Diyoseze ya Kabgayi wiciwe mu Gatandara nyuma yo gufungwa abeshyerwa ko yahanuye indege ya Habyalimana bigizwemo uruhare n’abapadiri bagenzi be bakoranaga muri paruwasi ya Kinazi.

Mu ijambo rya Paul Ndizihiwe Padiri Mbuguje yari abereye se wabo ari nawe wari uhagarariye umuryango mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ku rwego rwa Diyoseze gatolika ya Cyangugu, Yavuze ko byagoye umuryango kumenya neza urupfu rwa Padiri Alphonse Mbuguje.

Padiri Mbuguje wavukaga muri Paruwase ya Byimana mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, jenoside yatangiye ari muri diyoseze ya Cyangugu aho yari yaraje gusura mushikiwe w’umubikira Oreya Nisingizweyezu wari waraje gufungura ikigo cy’abakarumerita ndetse na Padiri Joseph Boneza bari bariganye.

Padiri Mbuguje wari warize amashuli mu cyari Zaire ntiyasubiye muri diyoseze ya Kabgayi kubera umutekano muke aho yagumye muri Cyangugu agerageza kuzahungira muri Zaire kuko yari ahazi.

Ndizihiwe Paul avuga ko Padiri Mbuguje yaje gufatwa n’urwego rw’iperereza rw’icyo gihe biturutse ku bugambanyi bw’abapadiri bagenzi be bakoranaga muri paruwase ya Kinazi ngo bari bamufitiye urwango kugeza aho bakoranye n’inzego z’umutekano  kugira ngo afatwe.

Paul agira ati “Abihayimana b’ibigwari bakoranaga i Kinazi, bari baramukurikiranye bakorana n’inzego z’iperereza z’icyo gihe, Babasha gukurikirana aho yanyuze hose ava muri diyoseze ya Kabgayi agera muri Diyoseze ya Cyangugu. Ni bwo haje umupadiri witwa Nahimana Daniel bamuhimbira ibyaha, bavuga ko bashaka kumukurikirana kuko ari mu bagize uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyalimana ndetse banamushinja ko yajyaga yohereza abasore mu Nkotanyi”.

Ajya kuvanwa muri Eveshe, Musenyeri Thadeyo Ntihinyurwa wari umwepiskopi wa Diyoseze ya Cyangugu ngo yagerageje kubaza impamvu bashakaga kumujyana, ariko binyuze mu bugambanyi bw’abo bapadiri babiri b’i Kinazi ndetse na Perefe Bagambiki Emmanuel hahimbwa telegaramu byitwaga ko iturutse kuri perefegitura ya Gitarama yemezaga ko ibyo byaha padiri Mbuguje agomba kubikurikiranwaho.

Paul Ndizihiwe ati “Rukundo Emmanuel bari bariganye ndetse bavuka muri paruwasi imwe. Ariko yari asanzwe amugirira urwango. Ubwo rero bamenye ko yaje baramukurikirana bakorana n’inzego z’iperereza, bohereza teregaramu y’inkorano kuko musenyeri wa hano yari ayisabye ababaza impamvu bashaka gutwara padiri Mbuguje. Bagiye kuri perefegitura basohora agapapuro gato bikita ko ari ubutumwa bwavuye i Gitarama bwemeza ko ibyo byaha ashinjwa agomba kubibazwa”.

Padiri Alphonse Mbuguje yahise ajyanwa muri burigade yari yegereye umupaka aba ari ho afungirwa ndetse ngo diyoseze ya Cyangugu ikomeza gushyira igitutu ku nzego zari zimufite ibaza impamvu atabazwa kandi ikifuza ko abazwa hari abandi bantu,  nyuma babeshya Musenyeri ko bamwohereje i Gitarama ngo abe ari ho ajya kubarizwa nyamara atari ko biri ahubwo bamuhaye interahamwe ngo zimwice.

Paul agira ati “Hari umupadiri witwaga Ndolimana Jean ndeste na Kajyibwami Modeste bakundaga kumugemurira ku mugoroba, bagerageje gushaka ubucuti ku bajandarume barindaga iyo burigade kugira ngo bazashake uburyo bwo kumucikisha. Rero muri uwo mugoroba bateguye kumwica hanyuma umujandarume umwe ahamagara Padiri Ndolimana aramubwira ati yewe ntiwirirwe uzana ibyo kurya wa mupadiri bamutwaye”.

Umuryango wa Padiri Alphonse Mbuguje uvuga ko byawugoye kumenya amakuru ku iyicwa rye ndeste ko babanje gukeka ko nawe yaba yarariwe bimwe mu bice by’umubiri nk’uko byagendaga ku bandi bicirwaga mu Gatandara aho yiciwe, ariko baza gusanga atari ko byagenze nyuma yo guhabwa amakuru n’abarimo abakurikiranyweho icyaha cya jenoside.

Umubiri wa Padiri Alphonse Mbuguje byaje kumenyekana ko wo n’indi y’abatutsi biciwe mu Gatandara waje kujyanwa mu rwibutso rwa jenoside yakorewe abatutsi  rwa  Kamembe

Padiri Rukundo Emmanuel wari ushinzwe ibijyanye n’igisirikare mu mirimo ya Kiriziya muri paruwase ya Kinazi uvugwaho kugambanira Padiri Mbuguje, yakurikiranyweho icyaha cya jenoside n’urukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda i Arusha muri Tanzaniya ndeste azaguhamwa n’ibyaba naho Padiri Nahimana Daniel wari umurundi bivugwa ko yahungiye mu Butaliyani.

Nyiricyubahiro musenyeri Eduwaridi Sinayobye,umwepiskopi wa diyoseze Gatorika ya Cyangugu yunamira abaruhukiye mu rwibutso rwa jenoside rwa Kamembe
NDIZIHIWE Paul wari uhagarariye umuryango wa Padiri Alphonse Mbuguje

Jean Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + eight =

Previous Post

Sunrise na Unity zazamutse mu Cyiciro cya Mbere

Related Posts

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

by radiotv10
16/05/2026
0

Mauritius, 15 May 2026 – Global hospitality group The Lux Collective has marked its first entry into Rwanda through a...

Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Amakuru mashya: Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yapfuye

by radiotv10
16/05/2026
0

Félicien Kabuga wari ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, wari umaze imyaka itanu afatiwe i Paris...

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

by radiotv10
16/05/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, baturanye n'umuryango wahishije inzu...

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

by radiotv10
16/05/2026
0

Hari abaturage bo mu kagari k’impala mu murenge wa Bushenge bataka ikibazo cyo kubura amazi meza aho ngo biba ngombwa...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Sosiyete Mpuzamahanga yinjiye mu mikoranire na Hoteli ikomeye mu Rwanda ya Cleo Lake Kivu Hotel

by radiotv10
15/05/2026
0

Sosiyete y’ibikorwa by’amahoteli The Lux Collective ifite icyicaro mu Birwa bya Maurice, yinjiye mu mikoranire n’iyo mu Rwanda ya Cleo...

IZIHERUKA

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi
MU RWANDA

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

by radiotv10
17/05/2026
0

Sunrise na Unity zazamutse mu Cyiciro cya Mbere

Sunrise na Unity zazamutse mu Cyiciro cya Mbere

17/05/2026
The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

16/05/2026
Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Amakuru mashya: Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yapfuye

16/05/2026
Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

16/05/2026
Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

16/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

Sunrise na Unity zazamutse mu Cyiciro cya Mbere

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.