• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

radiotv10by radiotv10
17/05/2026
in SIPORO
0
REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya REG Volleyball Club yegukanye igikombe cya shampiyona ya Volleyball 2026 mu bagabo nyuma yo guturuka inyuma igatsinda Police VC imikino 3-2.

REG yatsinze Police umukino wa 3 nyuma y’aho mu mikino 4 aya makipe yabanje gukina yombi yanganyaga intsinzi 2 kuri 2.
Police Volleyball Club itaratwara igikombe na kimwe cya shampiyona, ni yo yabanje gutsinda imikino 2 , REG iza kuyishyura inayitsinda umukino wa 3.
Nubwo REG itatangiye neza Shampiyona, ariko mu gice cyo kwishyura, yabonye amanota meza ayihesha itike yo kuza mu makipe 4 yo gukina Playoffs, aho yari kumwe na Kepler, Police na Gisagara.

Benon Mugisha, Umutoza wa REG atwaye iki gikombe nyuma yo kugaruka muri iyi kipe yaherukagamo muri 2022, aho yayimazemo imyaka 4 kuva 2018 agatwarana na yo igikombe kimwe.

Urutonde rusange mu bagabo

1.REG
2.POLICE
3.KEPLER
4.GISAGARA
5.APR
6.EAST AFRICAN UNIVERSITY
7.KVC
8.RP Ngoma
9.Kirehe

Urutonde rwo mu Bagore

1.APR
2.KEPLER
3.POLICE
4.RRA
5.EAST AFRICAN UNIVERSITY
6.RP HUYE
7.RUHANGO

Mu bihembo by’abakinnyi ku giti cyabo bahize abandi mu bagabo mu mwaka w’imikino wa 2026, umukinnyi w’umwaka yabaye Nicholas Matui wa REG anaba Best Attacker, Best Libero yabaye Jules Niyigena wa Kepler, Best Blocker ni Emmy Twagirayezu wa REG, Best Server aba Sibomana Placide Madison wa Police, Best Receiver ni Gisubizo Merci mu gihe Best Setter yabaye Ntanteteri Crispin wa REG.

Mu cyiciro cy’abagore aho APR yatwaye igikombe, umukinnyi w’umwaka(MVP) yabaye Mukandayisenga Benitha anaba Best Receiver, Best attacker ni Binta Bah Fatoumata wa Kepler, Best Blocker ni Uwiringiyimana Albertine wa APR, Best server Musaniwabo Hope wa Kepler, Best Libero ni Umugwaneza Yvonne wa APR, Best Setter aba Achieng Ogweno wa APR.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

Next Post

Icyorezo cya Ebola cyakajije umurego muri Congo

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Icyorezo cya Ebola cyakajije umurego muri Congo

Icyorezo cya Ebola cyakajije umurego muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.