• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan, yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama y’Ihuriro Nyafurika ry’Ingufu za Nikeleyeri ‘Nuclear Energy Innovation Summit for Africa’ (NEISA), iri kubera i Kigali.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yatangaje ko “U Rwanda ruhaye ikaze Nyakubahwa Dr. Samia Suluhu Hassan, Perezida wa Repubulika ya Tanzania, uri i Kigali yitabiriye Ihuriro rya Inovasiyo ku Ngufu za Nikeleyeri muri Afurika (NEISA/Nuclear Energy Innovation Summit for Africa) iri kuba kuva tariki 18-21 Gicurasi 2026.”

Madamu Samia Suluhu Hassan, ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe, yakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubitwererane, Dr Usta Kaitesi.

Perezida Madamu Samia Suluhu Hassan aje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye, Perezida Paul Kagame na we asuye Igihugu cye, aho tariki 03 Gicurasi yagiriye muri Tanzania uruzinduko rw’umunsi umwe, rwari rugamije gukomeza guteza imbere umubano n’imikoranire y’ibi Bihugu by’ibituranyi.

Uretse Perezida wa Tanzania witabiriye iyi nama, mu bandi banyacyubahiro bayitegerejwemo, harimo na Faure Essozimna Gnassingbé, Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo.

Mu bandi banyacyubahiro bategerejwe muri iyi nama yiga ku ikoreshwa ry’ingufu za Nikeleyeri, harimo Minisitiri w’Intebe wa Niger Ali Mahamane Zeine, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ingufu za Atomike (IAEA) Rafael Mariano Grossi.

Iyi nama kandi izitabirwa na Dr. Sama Bilbao y León uyobora Ishyirahamwe Mpuzamahanga Ku ngufu za Nikeleyeri (WNA), na Dr. Lassina Zerbo Lassina, Umujyanama muri Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda mu by’ingufu akaba n’umyobozi w’akanama ka Rwanda Atomic Energy Board (RAEB).

Ubwo Madamu Samia Suluhu yageraga ku Kibuga cy’Indege yakiriwe na Dr Usta Kaitesi
Banagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − nine =

Previous Post

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Next Post

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

Related Posts

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

by radiotv10
01/07/2026
0

Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma...

Next Post
Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.