Perezida wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan, yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama y’Ihuriro Nyafurika ry’Ingufu za Nikeleyeri ‘Nuclear Energy Innovation Summit for Africa’ (NEISA), iri kubera i Kigali.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yatangaje ko “U Rwanda ruhaye ikaze Nyakubahwa Dr. Samia Suluhu Hassan, Perezida wa Repubulika ya Tanzania, uri i Kigali yitabiriye Ihuriro rya Inovasiyo ku Ngufu za Nikeleyeri muri Afurika (NEISA/Nuclear Energy Innovation Summit for Africa) iri kuba kuva tariki 18-21 Gicurasi 2026.”
Madamu Samia Suluhu Hassan, ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe, yakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubitwererane, Dr Usta Kaitesi.
Perezida Madamu Samia Suluhu Hassan aje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye, Perezida Paul Kagame na we asuye Igihugu cye, aho tariki 03 Gicurasi yagiriye muri Tanzania uruzinduko rw’umunsi umwe, rwari rugamije gukomeza guteza imbere umubano n’imikoranire y’ibi Bihugu by’ibituranyi.
Uretse Perezida wa Tanzania witabiriye iyi nama, mu bandi banyacyubahiro bayitegerejwemo, harimo na Faure Essozimna Gnassingbé, Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo.
Mu bandi banyacyubahiro bategerejwe muri iyi nama yiga ku ikoreshwa ry’ingufu za Nikeleyeri, harimo Minisitiri w’Intebe wa Niger Ali Mahamane Zeine, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ingufu za Atomike (IAEA) Rafael Mariano Grossi.
Iyi nama kandi izitabirwa na Dr. Sama Bilbao y León uyobora Ishyirahamwe Mpuzamahanga Ku ngufu za Nikeleyeri (WNA), na Dr. Lassina Zerbo Lassina, Umujyanama muri Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda mu by’ingufu akaba n’umyobozi w’akanama ka Rwanda Atomic Energy Board (RAEB).



RADIOTV10










