Tuesday, May 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan, yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama y’Ihuriro Nyafurika ry’Ingufu za Nikeleyeri ‘Nuclear Energy Innovation Summit for Africa’ (NEISA), iri kubera i Kigali.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yatangaje ko “U Rwanda ruhaye ikaze Nyakubahwa Dr. Samia Suluhu Hassan, Perezida wa Repubulika ya Tanzania, uri i Kigali yitabiriye Ihuriro rya Inovasiyo ku Ngufu za Nikeleyeri muri Afurika (NEISA/Nuclear Energy Innovation Summit for Africa) iri kuba kuva tariki 18-21 Gicurasi 2026.”

Madamu Samia Suluhu Hassan, ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe, yakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubitwererane, Dr Usta Kaitesi.

Perezida Madamu Samia Suluhu Hassan aje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye, Perezida Paul Kagame na we asuye Igihugu cye, aho tariki 03 Gicurasi yagiriye muri Tanzania uruzinduko rw’umunsi umwe, rwari rugamije gukomeza guteza imbere umubano n’imikoranire y’ibi Bihugu by’ibituranyi.

Uretse Perezida wa Tanzania witabiriye iyi nama, mu bandi banyacyubahiro bayitegerejwemo, harimo na Faure Essozimna Gnassingbé, Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo.

Mu bandi banyacyubahiro bategerejwe muri iyi nama yiga ku ikoreshwa ry’ingufu za Nikeleyeri, harimo Minisitiri w’Intebe wa Niger Ali Mahamane Zeine, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ingufu za Atomike (IAEA) Rafael Mariano Grossi.

Iyi nama kandi izitabirwa na Dr. Sama Bilbao y León uyobora Ishyirahamwe Mpuzamahanga Ku ngufu za Nikeleyeri (WNA), na Dr. Lassina Zerbo Lassina, Umujyanama muri Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda mu by’ingufu akaba n’umyobozi w’akanama ka Rwanda Atomic Energy Board (RAEB).

Ubwo Madamu Samia Suluhu yageraga ku Kibuga cy’Indege yakiriwe na Dr Usta Kaitesi
Banagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Next Post

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

Related Posts

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

by radiotv10
19/05/2026
0

Mu Kagari ka Kigembe, Umurenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, Polisi ifatanyije n’abaturage yafatiye mu cyuho abagabo bane bari...

Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa

Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa

by radiotv10
19/05/2026
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu, baravuga ko babangamiwe n'urubyiruko runywa ibiyobyabwenge n’inzoga z’inkorano bikabasaza...

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

by radiotv10
18/05/2026
1

Imipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo yo mu Karere ka Rusizi, yafunzwe kubera icyorezo cya Ebola,...

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

by radiotv10
18/05/2026
0

Mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa ikibazo cy’abagabo bata ingo zabo, bakajya gushaka abagore batagira abana, bikavugwa...

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique nyuma yo kuzanira amahoro abaturage barifuza ko banidagadura

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique nyuma yo kuzanira amahoro abaturage barifuza ko banidagadura

by radiotv10
18/05/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Amahoro muri Bossembele, muri Repubulika ya Centrafrique, bashyikirije abaturage ikibuga cya Basketball babasaniye n’ibikoresho...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi
AMAHANGA

BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi

by radiotv10
19/05/2026
0

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

19/05/2026
Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

19/05/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda

19/05/2026
Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

19/05/2026
America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha Ibihugu birimo DRC na Uganda

America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha Ibihugu birimo DRC na Uganda

19/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.