Tuesday, May 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

radiotv10by radiotv10
19/05/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruravuga ko mbere yo guta muri yombi umuhanzi Uworizagwira Florien [Yampano], we n’umukunzi we bari babanje gutumizwa bagirwa inama bibutswa ko nk’abantu bari bamaze kunyurana mu bihe bitari biboroheye bagombaga gufatanya kubinyuranamo, ariko ko inama bagiriwe zitamaze kabiri.

Umuhanzi Yampano yatawe muri yombi mu mpera z’icyumweru gishize, tariki 16 Gicurasi 2026, aho akurikiranyweho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa ndetse no kunywa ibiyobyabwenge.

Uyu muhanzi yatawe muri yombi nyuma yuko umukunzi we uzwi nka Vava babana, yiyambaje inzego z’iperereza, azibwira ihohoterwa yari akomeje gukorerwa n’uyu umwita umugore we, ririmo kuba yaramugonze.

Iperereza ryakozwe kuri uyu muhanzi, ryagaragaje ko yakubise umukunzi we akanamuruma izuru, ndetse ko yamuhozaga ku nkeke amubwira amagambo mabi.

Iperereza kandi ryerekanye ko ibyo byose Yampano yabikoraga yabanje kunywa ikiyobyabwenge cy’urumogi, cyatumye ubu mu byaha anakurikiranyweho harimo gukoresha ibiyobyabwenge.

Ubwo Yampano yagongaga uyu mukunzi ari kuri moto akamukomeretsa, yahise ajya gutanga ikirego, akibimenya ahita atoroka, ariko nyuma aza guhitamo inzira yo kwitaba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwari rwamuhamagaje.

Uyu muhanzi kandi yakoreraga umukunzi we ibi byose, nyuma yuko mu bihe byashize hari amashusho yabo bombi bari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina agiye hanze, yanatumye ubu hari ababifungiye.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yatangaje ko mbere yo guta muri yombi Yampano, we n’umukunzi we babanje guhamagazwa bakaganirizwa kuko bari bakomeje kumvikanaho guterana amagambo.

Yagize ati “Twaje kubatumiza bombi turabaganiriza, tubagira inama, twatekerezaga ko nk’abantu baciye mu nduru z’amashusho yabo yagiye hanze, bari bakwiye gufatanya bagahangana n’ibyo bacagamo, ariko izo nama ntizamaze kabiri, none dore ikivuyemo.”

Dr Murangira avuga ko hari ibyamamare byumva ko atari abantu nk’abandi, ariko ko nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko.

Ati “Njya numva hari abantu bavuga ko ngo ibyamamare atari abantu basanzwe, ni byo rwose ibyo ntawe ubibabujije, ariko burya imbere y’amategeko ibyo ntibikora, abantu bose barangana.”

Yampano afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mu gihe hagikorwa iperereza ndetse hanatuganywa dosiye ikubiyemo ikirego aregwamo, igashyikirizwa Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − three =

Previous Post

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Related Posts

Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye

RIB yemeje ifungwa ry’umuhanzi Yampano inatangaza ibyaha akurikiranyweho

by radiotv10
18/05/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rumukurikiranyeho ibyaha bitandukanye birimo ibishingiye ku rugomo...

How to Recover From a Busy Week Without Losing Your Whole Weekend

How to Recover From a Busy Week Without Losing Your Whole Weekend

by radiotv10
16/05/2026
0

Some weekends don’t feel like rest, they feel like recovery from exhaustion. The goal is not to “do more,” but...

AMAFOTO: Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje umugore we w’umunyapolitiki agiye kurahirira kuba Umudepite

AMAFOTO: Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje umugore we w’umunyapolitiki agiye kurahirira kuba Umudepite

by radiotv10
15/05/2026
0

Umuhanzi Edrisah Kenzo Musuuzah uzwi nka Eddy Kenzo yaherekeje umugore we Phiona Nyamutoro ubwo yari agiye kurahirira inshingano zo kuba...

Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

by radiotv10
15/05/2026
0

Umuhanzi w’Umurundi Kidum Kibido byari byavuzwe ko yakoreye impanuka ikomeye i Nairobi muri Kenya ndetse bamwe bakavuga ko yitabye Imana,...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

by radiotv10
13/05/2026
0

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashyikirijwe ubujurire bw’Ubushinjacyaha ku cyemezo cyafatiwe rwa Shema Arnaurd De Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk, wahamijwe...

IZIHERUKA

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa
IBYAMAMARE

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

by radiotv10
19/05/2026
0

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

19/05/2026
Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

19/05/2026
America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha Ibihugu birimo DRC na Uganda

America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha Ibihugu birimo DRC na Uganda

19/05/2026
Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa

Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa

19/05/2026
Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC

AFC/M23 irashinja FDLR kwica umusaza wari umunyamahoro

18/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.