• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

radiotv10by radiotv10
19/05/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruravuga ko mbere yo guta muri yombi umuhanzi Uworizagwira Florien [Yampano], we n’umukunzi we bari babanje gutumizwa bagirwa inama bibutswa ko nk’abantu bari bamaze kunyurana mu bihe bitari biboroheye bagombaga gufatanya kubinyuranamo, ariko ko inama bagiriwe zitamaze kabiri.

Umuhanzi Yampano yatawe muri yombi mu mpera z’icyumweru gishize, tariki 16 Gicurasi 2026, aho akurikiranyweho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa ndetse no kunywa ibiyobyabwenge.

Uyu muhanzi yatawe muri yombi nyuma yuko umukunzi we uzwi nka Vava babana, yiyambaje inzego z’iperereza, azibwira ihohoterwa yari akomeje gukorerwa n’uyu umwita umugore we, ririmo kuba yaramugonze.

Iperereza ryakozwe kuri uyu muhanzi, ryagaragaje ko yakubise umukunzi we akanamuruma izuru, ndetse ko yamuhozaga ku nkeke amubwira amagambo mabi.

Iperereza kandi ryerekanye ko ibyo byose Yampano yabikoraga yabanje kunywa ikiyobyabwenge cy’urumogi, cyatumye ubu mu byaha anakurikiranyweho harimo gukoresha ibiyobyabwenge.

Ubwo Yampano yagongaga uyu mukunzi ari kuri moto akamukomeretsa, yahise ajya gutanga ikirego, akibimenya ahita atoroka, ariko nyuma aza guhitamo inzira yo kwitaba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwari rwamuhamagaje.

Uyu muhanzi kandi yakoreraga umukunzi we ibi byose, nyuma yuko mu bihe byashize hari amashusho yabo bombi bari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina agiye hanze, yanatumye ubu hari ababifungiye.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yatangaje ko mbere yo guta muri yombi Yampano, we n’umukunzi we babanje guhamagazwa bakaganirizwa kuko bari bakomeje kumvikanaho guterana amagambo.

Yagize ati “Twaje kubatumiza bombi turabaganiriza, tubagira inama, twatekerezaga ko nk’abantu baciye mu nduru z’amashusho yabo yagiye hanze, bari bakwiye gufatanya bagahangana n’ibyo bacagamo, ariko izo nama ntizamaze kabiri, none dore ikivuyemo.”

Dr Murangira avuga ko hari ibyamamare byumva ko atari abantu nk’abandi, ariko ko nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko.

Ati “Njya numva hari abantu bavuga ko ngo ibyamamare atari abantu basanzwe, ni byo rwose ibyo ntawe ubibabujije, ariko burya imbere y’amategeko ibyo ntibikora, abantu bose barangana.”

Yampano afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mu gihe hagikorwa iperereza ndetse hanatuganywa dosiye ikubiyemo ikirego aregwamo, igashyikirizwa Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda

Next Post

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.