• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

radiotv10by radiotv10
19/05/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruravuga ko mbere yo guta muri yombi umuhanzi Uworizagwira Florien [Yampano], we n’umukunzi we bari babanje gutumizwa bagirwa inama bibutswa ko nk’abantu bari bamaze kunyurana mu bihe bitari biboroheye bagombaga gufatanya kubinyuranamo, ariko ko inama bagiriwe zitamaze kabiri.

Umuhanzi Yampano yatawe muri yombi mu mpera z’icyumweru gishize, tariki 16 Gicurasi 2026, aho akurikiranyweho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa ndetse no kunywa ibiyobyabwenge.

Uyu muhanzi yatawe muri yombi nyuma yuko umukunzi we uzwi nka Vava babana, yiyambaje inzego z’iperereza, azibwira ihohoterwa yari akomeje gukorerwa n’uyu umwita umugore we, ririmo kuba yaramugonze.

Iperereza ryakozwe kuri uyu muhanzi, ryagaragaje ko yakubise umukunzi we akanamuruma izuru, ndetse ko yamuhozaga ku nkeke amubwira amagambo mabi.

Iperereza kandi ryerekanye ko ibyo byose Yampano yabikoraga yabanje kunywa ikiyobyabwenge cy’urumogi, cyatumye ubu mu byaha anakurikiranyweho harimo gukoresha ibiyobyabwenge.

Ubwo Yampano yagongaga uyu mukunzi ari kuri moto akamukomeretsa, yahise ajya gutanga ikirego, akibimenya ahita atoroka, ariko nyuma aza guhitamo inzira yo kwitaba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwari rwamuhamagaje.

Uyu muhanzi kandi yakoreraga umukunzi we ibi byose, nyuma yuko mu bihe byashize hari amashusho yabo bombi bari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina agiye hanze, yanatumye ubu hari ababifungiye.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yatangaje ko mbere yo guta muri yombi Yampano, we n’umukunzi we babanje guhamagazwa bakaganirizwa kuko bari bakomeje kumvikanaho guterana amagambo.

Yagize ati “Twaje kubatumiza bombi turabaganiriza, tubagira inama, twatekerezaga ko nk’abantu baciye mu nduru z’amashusho yabo yagiye hanze, bari bakwiye gufatanya bagahangana n’ibyo bacagamo, ariko izo nama ntizamaze kabiri, none dore ikivuyemo.”

Dr Murangira avuga ko hari ibyamamare byumva ko atari abantu nk’abandi, ariko ko nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko.

Ati “Njya numva hari abantu bavuga ko ngo ibyamamare atari abantu basanzwe, ni byo rwose ibyo ntawe ubibabujije, ariko burya imbere y’amategeko ibyo ntibikora, abantu bose barangana.”

Yampano afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mu gihe hagikorwa iperereza ndetse hanatuganywa dosiye ikubiyemo ikirego aregwamo, igashyikirizwa Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda

Next Post

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Related Posts

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

by radiotv10
02/07/2026
0

Umukinnyi wa filimi akaba n’umurwenya uzwi nka Mitsutsu, yashyize ku isoko umuyoboro we wa YouTube n’ikinyabiziga cye cya moto, kugira...

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

by radiotv10
02/07/2026
0

Couple y'Abarusiya Angela Nikolau w’imyaka 33 na Ivan Beerkus w’imyaka 32 buriye umunara w’inyubako ya Empire State izwi cyane mu...

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Dosiye iregwamo Umukaraza ukekwaho gusambanya ku gahato Shaddyboo yazamuwe mu Bushinjacyaha

by radiotv10
30/06/2026
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ushinjwa gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato Mbabazi Shadia uzwi nka...

Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

Igitekerezo cy’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Uncle Austin cyazamuye impaka

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuhanzi wanamanyekanye mu mwuga w’itangazamakuru, Uncle Austin yanenze abategura ibitaramo byitabirwa ku buntu, mu gihe ababitangaho ibitekerezo bavuga ko mu...

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

by radiotv10
29/06/2026
0

Uwizeye Enock uzwi nka Kagarara, nyuma yo guhura n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga Umunyamerika IShowSpeed, yahuye noneho na Ashton Hall na...

Next Post
Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.