Mu Kagari ka Kigembe, Umurenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, Polisi ifatanyije n’abaturage yafatiye mu cyuho abagabo bane bari bamaze kwiba ihene 12 z’umuturage wo mu Mudugudu wa Mushimba.
Aba bagabo bose bahise bafungirwa kuri sitasiyo ya Runda, mu gihe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye iperereza. Ihene 12 zari zibwe zasubijwe nyirazo.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yavuze ko Polisi ikomeje gushimira abaturage bakomeje gusobanukirwa ko umutekano ari inshingano za buri wese kandi ko gutangira amakuru ku gihe bikomeje kugira uruhare rukomeye mu gukumira no kurwanya ibyaha.
Polisi yongeye kwibutsa abantu bake bakigaragara mu bikorwa bihungabanya umutekano n’ituze by’abaturage ko bakwiye kubihagarika, kuko abazabifatirwamo bazakomeza gufatwa bagashyikirizwa inzego zibishinzwe. Yagaragaje kandi ko amayeri akoreshwa n’abajura agenda atahurwa, bityo ko nta muntu ukwiye gukomeza kwishora mu bikorwa by’ubujura yibwira ko atazafatwa.
Ati: “Polisi nanone iributsa abo bake bakishora mu bikorwa bigayitse bigamije guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage ko bagomba guhita babihagarika vuba, kuko uzajya abikinisha wese azajya afatwa ashyikirizwe Ubugenzacyaha, cyane cyane ko amayeri bakoresha Polisi ikomeje kuyatahura.”
Polisi yasabye urubyiruko n’abandi baturage gukura amaboko mu mifuka bagakora ibikorwa byemewe n’amategeko bibateza imbere, birinda ubujura kuko atari umwuga ahubwo ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10










