Tuesday, May 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

radiotv10by radiotv10
19/05/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Kigembe, Umurenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, Polisi ifatanyije n’abaturage yafatiye mu cyuho abagabo bane bari bamaze kwiba ihene 12 z’umuturage wo mu Mudugudu wa Mushimba.

Aba bagabo bose bahise bafungirwa kuri sitasiyo ya Runda, mu gihe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye iperereza. Ihene 12 zari zibwe zasubijwe nyirazo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yavuze ko Polisi ikomeje gushimira abaturage bakomeje gusobanukirwa ko umutekano ari inshingano za buri wese kandi ko gutangira amakuru ku gihe bikomeje kugira uruhare rukomeye mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Polisi yongeye kwibutsa abantu bake bakigaragara mu bikorwa bihungabanya umutekano n’ituze by’abaturage ko bakwiye kubihagarika, kuko abazabifatirwamo bazakomeza gufatwa bagashyikirizwa inzego zibishinzwe. Yagaragaje kandi ko amayeri akoreshwa n’abajura agenda atahurwa, bityo ko nta muntu ukwiye gukomeza kwishora mu bikorwa by’ubujura yibwira ko atazafatwa.

Ati: “Polisi nanone iributsa abo bake bakishora mu bikorwa bigayitse bigamije guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage ko bagomba guhita babihagarika vuba, kuko uzajya abikinisha wese azajya afatwa ashyikirizwe Ubugenzacyaha, cyane cyane ko amayeri bakoresha Polisi ikomeje kuyatahura.”

Polisi yasabye urubyiruko n’abandi baturage gukura amaboko mu mifuka bagakora ibikorwa byemewe n’amategeko bibateza imbere, birinda ubujura kuko atari umwuga ahubwo ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Ihene zari zibwe zasubijwe bene zo

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + five =

Previous Post

AFC/M23 irashinja FDLR kwica umusaza wari umunyamahoro

Related Posts

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

by radiotv10
18/05/2026
1

Imipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo yo mu Karere ka Rusizi, yafunzwe kubera icyorezo cya Ebola,...

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

by radiotv10
18/05/2026
0

Mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa ikibazo cy’abagabo bata ingo zabo, bakajya gushaka abagore batagira abana, bikavugwa...

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique nyuma yo kuzanira amahoro abaturage barifuza ko banidagadura

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique nyuma yo kuzanira amahoro abaturage barifuza ko banidagadura

by radiotv10
18/05/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Amahoro muri Bossembele, muri Repubulika ya Centrafrique, bashyikirije abaturage ikibuga cya Basketball babasaniye n’ibikoresho...

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

by radiotv10
18/05/2026
0

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, yibukije ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye guha isomo Abanyarwanda ryo...

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

by radiotv10
17/05/2026
0

Ubwo diyosezi gatolika ya Cyangugu yibukaga abari abakirisito abihayimana n’abari abakozi bayo bazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, hagarutswe kuri...

IZIHERUKA

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10
MU RWANDA

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

by radiotv10
19/05/2026
0

Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC

AFC/M23 irashinja FDLR kwica umusaza wari umunyamahoro

18/05/2026
Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

18/05/2026
Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

18/05/2026
Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

18/05/2026
Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye

RIB yemeje ifungwa ry’umuhanzi Yampano inatangaza ibyaha akurikiranyweho

18/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

AFC/M23 irashinja FDLR kwica umusaza wari umunyamahoro

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.