• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye

radiotv10by radiotv10
19/05/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo avuga ko yiyemeje gukundana n’abagore batatu kandi bose bakaba babizi, nyuma yo gufatwa aca inyuma umugore we, akiyemeza kuzajya ashyira ku mugaragaro abakunzi be kandi bose bakaba baziranye.

Ni nyuma yuko uyu muhanzi amaze igihe ari mu rukundo n’abagore batatu, banajyana mu birori binyuranye, aho ajyenda bose abitaho nk’uko umusore cyangwa umugabo yita ku mukunzi we.

No mu mpera z’icyumweru gishize kandi uyu muhanzi yagaragaye ari kwishimira isabukuru n’abakunzi be batatu.

Ne-Yo yavuze ko nyuma yuko atandukanye n’umugore we kubera gufatwa amuca inyuma, ubu yiyemeje kujya akundana n’abagore batatu kandi bose bakaba babizi ko bahuriye ku mugabo umwe.

Yagize ati “Nyuma ya gatanya yabaye mbi, nafashe icyemezo cyo kutazongera kubeshya umugore ukundi. Nafashe icyemezo cyo kudashaka kuba impamvu umuntu uwo ari we wese yumva ameze atyo.”

Uyu muhanzi avuga kandi ko gukundana n’abagore batatu, bisaba uburyo bwihariye ariko ko bitanagoye nk’uko bamwe babikeka.

Yagize ati “Bisaba imyumbire yo kuvuga ngo ‘Okay, dusangiye uyu muntu umwe, bivuze ko hari igihe kizagera nshake kwitabwaho kandi sinzabishobora.’ Ugomba kubyemera. Ugomba kwemera ibyo. Menya neza ko ari byo koko.”

Avuga ko na we ubwe hari igihe kigera akumva ko hari uwo agomba kwitaho, cyangwa se akumva ko agomba kubitaho bose, ariko ko bose baba bagomba kubyumvikanaho kandi bagahuza imyumvire.

Ne-Yo kandi avuga ko hari abakeka ko ari uko bose aba ashaka kuryamana nabo bagakora imibonano mpuzabitsina, ariko ko muri uru rukundo rwabo, n’icyo gikorwa gifite umwanya muto.

Ati “Ngomba kwizera ko bose mbitaho. Ni ibyanjye ariko ni n’ibyabo, yego ni abagore batatu bafite uko bateye gutandukanye. Buri wese agira uruhare rwe mu gukorera hamwe hagamijwe intego imwe.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi

Next Post

AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

Related Posts

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

by radiotv10
03/07/2026
0

Abanyamakuru Hitimana Jean Claude uzwi nka Hit na Adelaide Ishimwe Muhayimpundu uzwi nka Ida, bazwi mu biganiro bya siporo, bagiye...

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

by radiotv10
02/07/2026
0

Umukinnyi wa filimi akaba n’umurwenya uzwi nka Mitsutsu, yashyize ku isoko umuyoboro we wa YouTube n’ikinyabiziga cye cya moto, kugira...

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

by radiotv10
02/07/2026
0

Couple y'Abarusiya Angela Nikolau w’imyaka 33 na Ivan Beerkus w’imyaka 32 buriye umunara w’inyubako ya Empire State izwi cyane mu...

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Dosiye iregwamo Umukaraza ukekwaho gusambanya ku gahato Shaddyboo yazamuwe mu Bushinjacyaha

by radiotv10
30/06/2026
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ushinjwa gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato Mbabazi Shadia uzwi nka...

Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

Igitekerezo cy’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Uncle Austin cyazamuye impaka

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuhanzi wanamanyekanye mu mwuga w’itangazamakuru, Uncle Austin yanenze abategura ibitaramo byitabirwa ku buntu, mu gihe ababitangaho ibitekerezo bavuga ko mu...

Next Post
AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.