Thursday, August 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Simpanura ariko mbona mu gihe cya vuba Perezida Kagame na Ndayishimiye bazahura-Impuguke

radiotv10by radiotv10
11/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Simpanura ariko mbona mu gihe cya vuba Perezida Kagame na Ndayishimiye bazahura-Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter
  • Hari Abarundi basengeraga nabi u Rwanda ubu Perezida Ndayishimiye yararusabiye- Impuguke

Nyuma y’uko Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa ziruturutse mu Burundi zazanye ubutumwa bwa mugenzi we Evariste Ndayishimiye, Inzobere muri politiki, Alexis Nizeyimana atangaza ko nubwo adahanura ariko yizeye ko mu gihe cya vuba abakuru b’Ibihugu byombi na bo ubwabo bazahura.

Kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 202, Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abayobozi baturutse mu Burundi bayobowe na Minisitiri Ushinwe Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, umuco na Siporo mu Burundi.

Impuguke mu bya Politiki zemeza ko iki ari intambwe ikomeye cyo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi wari umaze igihe kinini urimo igitotsi.

Alexis Nizeyimana avuga ko intambwe ikomeye yo kuzahura umubano w’ibi bihugu ari ukuba Perezida Kagame Paul yarohereje Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente kumuhagararira mu biroro byo kwizihiza isabukuru y’ubwigenge bw’u Burundi mu mwaka ushize.

Ati “Mvuga ko ikomeye kurusha iyi yakozwe ubu, hari ubutumwa mu ruhame bamuhaye ijambo ariko byanze bikunze na we hari ubutumwa na we yari afite. Icyakozwe ubu ni ugusubiza intambwe mu yo u Rwanda rwateye kiriya gihe.”

 

Abarundi bigeze gusenga basaba Imana kugirira nabi u Rwanda

Alexis Nizeyimana yagarutse ku kuba u Burundi bwarigeze kujya bushotora u Rwanda ndetse ko hari amasengesho yigeze gusengwa muri kiriya Gihugu yaturira ibibi ku Rwanda.

Ati “Muri 2020 hari abasengaga rwose basaba Imana ngo igirere nabi u Rwanda, abibuka ayabaye [amasengesho] mu ntangiro z’uyu mwaka wa 2022 Perezida ubwe ni we wasenze asabira n’u Rwanda.”

Akomeza agira ati “Nubwo tudahanura cyane ariko ntekereza ko bitazaba cyera ubwo tuzabona n’abakuru b’Ibihugu ubwabo bihuriye.”

Intambwe mu kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi, yakomeje guterwa mu myaka ibiri ishize aho abakuru b’Ibihugu byombi bagiye bagira n’icyo bawuvugaho bombi bakaba baremeje ko hari ibiri gukorwa kugira ngo bishyirwe mu buryo.

Perezida Evariste Ndayishimiye mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’ubwigenge wanitabiriwe na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yavuze ko Ibihugu byombi biri kwandika igitabo gishya kandi ko ari vuba cyane ngo amapaji yacyo atangire gusomwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 20 =

Previous Post

Mfungiye ahantu n’inyamaswa itafungirwa- Cyuma yavugiye amagambo akarishye mu rukiko

Next Post

Gikondo: Imodoka igonze Camera ya ‘Sofiya’ ihita igwa na yo iribirandura

Related Posts

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré mbere yo gufata rutemikirere nyuma yo kurangiza inshingano ze nk’Uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yavuze ko yifuza...

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
14/08/2025
5

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Hatangiye kuburanishwa urubanza ruregwamo abantu barenga 20 barimo abasirikare babiri bo ku rwego rw’Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda ndetse n’abanyamakuru...

IZIHERUKA

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali
MU RWANDA

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

14/08/2025
Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

13/08/2025
Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

13/08/2025
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

13/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gikondo: Imodoka igonze Camera ya ‘Sofiya’ ihita igwa na yo iribirandura

Gikondo: Imodoka igonze Camera ya ‘Sofiya’ ihita igwa na yo iribirandura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.