• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyaruguru: Bemerewe inkunga nyuma yo kwangirizwa n’ibiza bikomeye none baheruka babarurwa

radiotv10by radiotv10
17/06/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyaruguru: Bemerewe inkunga nyuma yo kwangirizwa n’ibiza bikomeye none baheruka babarurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Munini, Akarere ka Nyaruguru, bavuga ko bafite ikibazo cy’ubukene buturuka ku ngaruka z’ibiza by’imvura nyinshi yaguye mu ntangiriro z’uyu mwaka, yangije imyaka yabo, bakanemererwa inkunga n’ubuyobozi bwari bwabasuye bukanababarura, ariko ngo baheruka ibyo.

Mu Kagari ka Giheta ni hamwe mu hantu RadioTV10 yasanze abaturage bagaragaza ko imyaka yabo yatwawe n’isuri, indi ikarengerwa n’imigezi yuzuye kubera imvura nyinshi yaguye. Bavuga ko ibi byabateje igihombo gikomeye kuko ari yo bari bitezeho kubeshwaho no gutunga imiryango yabo.

Uwimana Anita avuga ko yatakaje hafi imyaka yose yari yarahinze, ku buryo ubu asigaye agorwa no kubona ibyo kurya.

Yagize ati “Imvura yaraguye, imyaka y’ibirayi n’ibigori irangirika yose. Abayobozi baraje baratubara, batubwira ko bazadushakira inkunga, ariko kugeza ubu nta kintu turabona. Turifuza ko ibyo twasezeranyijwe byakwihutishwa kuko dufite inzara.”

Undi muturage, Niyoyita Jean Damascène, avuga ko kuba inkunga itaragera ku baturage byatumye bamwe batabasha kubona ibyo kurya kubera kubura imbuto n’ubushobozi bwo kongera kwiyubaka.

Ati “Nyuma y’uko imyaka yangiritse, twizeye ko twari gufashwa kugira ngo twongere guhinga, ariko amezi arashize nta kintu turabona. Ubu twabuze ibyo kurya n’imbuto zo kongera gutera. Turasaba ko ubuyobozi bwadufasha vuba.”

Na ho Kankindi Siara avuga ko nubwo yishimira ko ubuyobozi bwihutiye kubasura nyuma y’ibiza, ababazwa n’uko ibyo basezeranyijwe bitarashyirwa mu bikorwa.

Ati “Baradusuye, baratubaza, baratwandika banatubwira ko hari inkunga izaza. Twatekereje ko bishyirwa mu bikorwa, ariko kugeza ubu amaso yaheze mu kirere. Twifuza ko badutabara kuko ibibazo byatubanye byinshi.”

Aba baturage bavuga ko ingaruka z’iki kiza zitagarukiye ku kwangirika kw’imyaka gusa, ahubwo ko zanatumye bamwe babura ibibatunga, abandi bakabura ubushobozi bwo kubona imbuto n’ifumbire byo gukomeza ibikorwa by’ubuhinzi.

Basaba ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru n’izindi nzego bireba kwihutisha itangwa ry’inkunga bemerewe kugira ngo babashe kongera kwisuganya no kwikura mu bibazo batewe n’ibi biza.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Emmanuel Murwanashyaka, yemera ko habaye ibiza ndetse abaturage bakabarurwa, ariko ko hari abahawe inkunga mu bice bitandukanye. Avuga ko abo zitarageraho na bo bazagerwaho.

Ati “Hari bamwe mu baturage bahuye n’ibi biza bamaze guhabwa inkunga. Abo baturage na bo, cyane cyane abari bafite ubwishingizi bw’imyaka, barishyuwe, n’abandi bagenda bahabwa inkunga. Na bo bazagerwaho.”

Uyu muyobozi asobanura ko mu rwego rwo gufasha abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza, LODA yatanze 25,985,000 Frw (cash transfer) ku miryango 59 yo mu mirenge ya Muganza, Kibeho na Busanze.

Imyaka yabo yari yangiritse cyane
Byari ibiza bifite imbaraga

Basaba ko inkunga bari bemerewe bayihabwa

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Eng.-Rwanda assures 100% confidence to visitors that they will not encounter Ebola

Next Post

U Rwanda ruraha icyizere cy’ijana ku ijana abazarusura ko batazahura na Ebola

Related Posts

Umuyobozi w’ishuri yirukaniwe kwicisha inzara abanyeshuri kandi ‘stock’ irimo ibiryo

Umuyobozi w’ishuri yirukaniwe kwicisha inzara abanyeshuri kandi ‘stock’ irimo ibiryo

by radiotv10
17/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwirukanye Umuyobozi w’Ishuri Ribanza rya Gashirabwoba ryo mu Murenge wa Bushenge, kubera kwicisha inzara abanyeshuri, kuko...

Nyamagabe: Abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bafashwe

Nyamagabe: Abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bafashwe

by radiotv10
17/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yafashe abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bigamije guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage, birimo...

Ibirambuye ku muntu wa mbere wanduye Marburg mu Rwanda n’uko yakwirakwiye

U Rwanda ruraha icyizere cy’ijana ku ijana abazarusura ko batazahura na Ebola

by radiotv10
17/06/2026
0

Minisitiri w'Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko igihe cyose hagiye haduka icyorezo cya Ebola mu Bihugu bikikije u Rwanda, iki...

Eng.-Rwanda assures 100% confidence to visitors that they will not encounter Ebola

Eng.-Rwanda assures 100% confidence to visitors that they will not encounter Ebola

by radiotv10
17/06/2026
0

The Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has said that whenever an Ebola outbreak emerges in countries neighboring Rwanda, the...

Abo mu Mudugudu wapfushije abantu batandatu muri Nyabihu baravuga ko ari ishyano ryabagwiririye

Abo mu Mudugudu wapfushije abantu batandatu muri Nyabihu baravuga ko ari ishyano ryabagwiririye

by radiotv10
16/06/2026
0

Abaturage bo mu Kagari ka Arusha, Umurenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu baravuga ko bashenguwe n’impfu z’abantu batandatu bikekwa...

Next Post
Ibirambuye ku muntu wa mbere wanduye Marburg mu Rwanda n’uko yakwirakwiye

U Rwanda ruraha icyizere cy'ijana ku ijana abazarusura ko batazahura na Ebola

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuyobozi w’ishuri yirukaniwe kwicisha inzara abanyeshuri kandi ‘stock’ irimo ibiryo

Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

Nyamagabe: Abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bafashwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.