• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

APR yagaruye umukinnyi wari umaze umwaka ayivuyemo bica amarenga igenda ry’undi uyimazemo igihe

radiotv10by radiotv10
17/06/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
APR yagaruye umukinnyi wari umaze umwaka ayivuyemo bica amarenga igenda ry’undi uyimazemo igihe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC yasinyishije myugariro ukina ibumoso, Ishimwe Christian, wari umaze umwaka ayivuyemo, bica amarenga ko Niyomugabo Claude usanzwe ari kapiteni wayo ashobora kuba atazakomezanya na yo dore ko bakina ku mwanya umwe.

Ishimwe Christian yagarutse muri APR FC nyuma yo kumara umwaka umwe ari muri Police FC, ariko na bwo akaba yari yayigiyemo avuye muri APR FC.

Uyu musore nyuma yo gusoza amasezerano na Police FC byavuzwe ko hari amakipe yagiye amwifuza, harimo na Rayon Sports ndetse n’andi yo hanze y’u Rwanda, ariko uyu musore akaba yahisemo gusinyira ikipe y’ingabo z’igihugu amasezerano y’imyaka ibiri.

APR FC imaze iminsi iri mu biganiro n’abakinnyi b’Abanyarwanda bayikiniraga bari basoje amasezerano. Birashoboka ko Niyomugabo Claude atazakomezanya n’iyi kipe kuko akina ku mwanya umwe na Christian.

Haracyari urugamba muri APR FC rwo kongerera amasezerano abarimo Ruboneka Jean Bosco na Nshimiyimana Yunussu basoje.

Iyi kipe y’ingabo z’igihugu imaze kugura Mamadou Traoré ukomoka muri Mali (ukina hagati mu busatirizi), akaba yarakiniraga Stade Malien, na Amani Kouadio Kan Michel ukomoka muri Côte d’Ivoire (usatira anyuze ibumoso), wakiniraga AFAD y’iwabo, ndetse na Madou Zon ukomoka muri Burkina Faso (myugariro wo hagati akaba na kapiteni wa TP Mazembe).

Aba bakinnyi baje biyongera ku munyezamu Ernan Siluane ukomoka muri Mozambique, waturutse muri Black Bulls y’iwabo.

Ishimwe Christian yashyize umukono ku masezerano amugarura muri APR FC

Yari yaherekejwe n’umubyeyi we

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 2 =

Previous Post

Iran yagaragaje ikitagomba kwirengagizwa mu kurangiza burundu intambara

Related Posts

Umutoza w’Amavubi yatangiye kumva ibitekerezo by’abanyabigwi bakiniye Ikipe y’Igihugu

Umutoza w’Amavubi yatangiye kumva ibitekerezo by’abanyabigwi bakiniye Ikipe y’Igihugu

by radiotv10
16/06/2026
0

Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, ndetse n’uw’Abanyezamu, bahuye na bamwe mu banyabigwi bakiniye iyi kipe, bagirana ibiganiro byibanze...

Ibyabaye ku munyezamo wa Cape Verde ni nk’ibitangaza nyuma yo kwigaragaza mu mukino w’Igikombe cy’Isi

Ibyabaye ku munyezamo wa Cape Verde ni nk’ibitangaza nyuma yo kwigaragaza mu mukino w’Igikombe cy’Isi

by radiotv10
16/06/2026
0

Josimar José Évora Dias uzwi nka Vozinha, umunyezamu w’ikipe y’Igihugu ya Cape Verde w’imyaka 40 y’amavuko, yabaye ikimenyabose ku Isi,...

Haravugwa iki nyuma yuko Police FC yirukanye umutoza wayo

Haravugwa iki nyuma yuko Police FC yirukanye umutoza wayo

by radiotv10
15/06/2026
0

Ikipe ya Police FC yafashe umwanzuro wo gutandukana n’uwari umutoza wayo Ben Moussa ukomoka muri Tunisia nyuma yo kutagera ku...

Mu birori mbonekarimwe RSSB Tigers yasabanye n’Abanyakigali mu kwishimira igikombe cy’amateka yegukanye

Mu birori mbonekarimwe RSSB Tigers yasabanye n’Abanyakigali mu kwishimira igikombe cy’amateka yegukanye

by radiotv10
14/06/2026
0

Ikipe ya Basketball RSSB Tigers iherutse kwegukana Igikombe mu irushanwa Nyafuruika BAL (Basketball Africa League) yagiranye ubusabane n’Abaturarwanda bayishyigikiye ubwo...

Ikipe ya Congo yageze muri America yambaye bidasanzwe nyuma yo kumara ibyumweru bitatu mu Bubiligi

Ikipe ya Congo yageze muri America yambaye bidasanzwe nyuma yo kumara ibyumweru bitatu mu Bubiligi

by radiotv10
12/06/2026
0

Ikipe y'Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yitabiriye Igikombe cy’Isi...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

APR yagaruye umukinnyi wari umaze umwaka ayivuyemo bica amarenga igenda ry’undi uyimazemo igihe

Iran yagaragaje ikitagomba kwirengagizwa mu kurangiza burundu intambara

Tshisekedi yasabwe kwegura anateguzwa imyigaragambyo ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.