Nyuma yuko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gitangaje ko cyafashe agace ka Minembwe-Centre, hari amakuru avuga ko uyu mujyi ukigenzurwa na Twirwaneho.
Mu Itangazo ryashyizwe hanze na FARDC, iki Gisirikare cyatangaje ko cyafashe Minembwe-Centre mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kamena 2026 nyuma y’imiwano ikomeye yagihuje M23 ifatanyije na Twirwaneho.
Muri iri tangazo ryashyizweho umukono na Sous Lieutenant Mbuyi Kalonji Reagan, Umuvugizi wa FARDC mu bikorwa bya gisirikare cya Sukola 2 muri Kivu y’Epfo, Iki gisirikare cyavuze ko ubwo cyafataga aka gace, ngo uruhande bari bahanganye “rwatwitse inzu nyinshi z’abaturage” ngo “rukanangiza ibitaro bya Minembwe.”
FARDC ivuga ko abarwanyi b’uruhande bari bahanganye muri iyi mirwano, bavuye muri Menembwe bakerecyeza mu gace ka Kawera berecyeza muri Teritwari ya Walungu.
Muri iri tangazo kandi, FARDC yavuze ko ngo yafashe mpiri abarwanyi benshi M23 n’aba Twirwaneho ndetse n’imbunda zinyuranye, kimwe n’amasasu menshi.
Umunyamakuru Steve Wembi ukurikirana ibibera mu burasirazuba bwa DRC, akaba n’Umunyamakuru w’inkuru zicukumbuye, wari wanatangaje ko aka gace ka Minembwe kafashwe na FARDC agendeye kuri ririya tangazo, yanyomoje aya makuru, avuga ko atari ukuri.
Steve Wembi yavuze ko “Minembwe-Centre ikigenzurwa n’Abarwanyi ba Twirwaneho nubwo FARDC yari yatangaje ko yayifashe.”
Ati “Ntabwo Minembwe-Centre yigeze igenzurwa na FARDC binyuranye n’amakuru yatangajwe muri iki gitondo n’igicirikare cya Congo. Nk’uko amakuru yizewe yangezeho, ibiri kuba hariya muri iki gitondo ntibyari bigikomeye.”
Yavuze ko nta mirwano yumvikanye muri kariya gace, ndetse n’abasirikare bagiye kurwana hariya bakomeje kuguma mu birindo byabo mu gace ka Ilundu. Aka gace kandi gakomeje kuba hagati y’ibirindiro bibiri, birimo ibya FARDC biri mu gace ka Ilundu muri Segiteri ya Harera, mu gihe abarwanyi ba Twirwaneho na bo baryamiye amajanja mu bice binyuranye werecyeza Murondanyi.
Uyu munyamakuru kandi avuga ko amakuru aturuka muri kariya gace ka Minembwe-Centre, yemeza ko ikibuga cy’indege na cyo kikigenzurwa na Twirwaneho na AFC/M23.
RADIOTV10






