• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

General Muhoozi nyuma yo guhosha ibibazo hagati ya Miss Jolly na Bebe Cool anabageneye ubutumwa

radiotv10by radiotv10
18/06/2026
in IMYIDAGADURO
0
Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yasabye umuhanzi Bebe Cool na Miss Mutesi Jolly kwicara bagatuza nyuma yuko abasabye gusabana imbabazi ku bibazo byari byavutse hagati yabo, bakayoboka inama yabagiriye.

Umuhanzi Bebe Cool uri mu bakunzwe muri Uganda no mu karere, yari yashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, ashinja Mutesi Jolly wabaye Miss w’u Rwanda ubutekamutwe.

Ni ubutumwa butakiriwe neza na Miss Jolly wavugaga ko uriya muhanzi ashobora kuba yaratekewe umutwe n’abamwiyitiriye, akanamusaba ko mbere yo gutangaza ubutumwa bushinja umuntu ibintu nka biriya bikomeye, yagakwiye kubanza gushishoza no kwizera neza ko ibyo atangaza abifitiye gihamya.

Bebe Cool wari wavuze ko yiteguye gukomeza gushyira hanze ibimenyetso bigaragaza ibyo yashinjaga Jolly, yari yanavuze ko bazakizwa n’inkiko.

Ni mu gihe Miss Jolly na we yari yasabye uyu muhanzi, gusiba buriya butumwa ndetse akanamusaba imbabazi, bitaba ibyo na we akaziyambaza inzira z’ubutabera.

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Kamena 2026, Umuhanzi Bebe Cool yongeye gushyira ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko nyuma yo guhamagarwa kuri telefone na General Muhoozi Kainerugaba, akamugiraninama, yemeye ko ikibazo afitanye na Jolly cyakemurwa binyuze mu nzira z’ubuvandimwe ndtese akanasiba ubutumw abwose yari yamwanditseho.

Miss Jolly na we abinyujije ku munyamategeko, nyuma yuko Bebe Cool atangaje biriya, yavuze ko bahaye imbabazi uyu muhanzi, kandi ko bahagaritse inzira zo kumujyana mu nkiko.

General Muhoozi, na we yagaragaje ko yishimiye uburyo iki kibazo cyakemutse. Mu butumwa yanditse kuri X, Muhoozi yagize ati “Umuvandimwe wanjye Bebe Cool yasabye imbabazi Miss Jolly Mutesi. Jolly na we yemeye gutanga imbabazi. Ubu ibintu byose bimeze. Rero buri wese naruhuke.”

Mu butumwa bwa Bebe Cool yashinjagamo ubutekamutwe Miss Jolly, yari yavuze ko yamukoreye uburiganya yitwaje izina ry’u Rwanda n’ikipe y’umupira w’amaguru ya Arsenal.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − ten =

Previous Post

Hashyizwe hanze inyandiko igaragaza amasezerano ya America na Iran

Related Posts

Ikibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly kinjiwemo n’Umujenerali gitangira kubonerwa umurongo

Ikibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly kinjiwemo n’Umujenerali gitangira kubonerwa umurongo

by radiotv10
18/06/2026
0

Umuhanzi w’ikirangirire muri Uganda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Bebe Cool yasibye ubutumwa yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga ashinja...

Bishobora kugera mu nkiko: Ibya Miss Jolly n’umuhanzi Bebe Cool byafashe intera

Bishobora kugera mu nkiko: Ibya Miss Jolly n’umuhanzi Bebe Cool byafashe intera

by radiotv10
18/06/2026
0

Impaka hagati y'umuhanzi w'icyamamare muri Uganda, Bebe Cool, na Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w'u Rwanda, zikomeje gufata indi ntera nyuma...

Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

by radiotv10
17/06/2026
0

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Bebe Cool uri mu bakomeye muri Afurika y'Iburasirazuba, yavuze ko agiye gushyira hanze ibimenyetso bigaragaza ubutekamutwe ashinja Jolly...

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku makuru yamuvugwaho nyuma yo gutandukana n’abahanzi Vestine na Dorcas

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku makuru yamuvugwaho nyuma yo gutandukana n’abahanzi Vestine na Dorcas

by radiotv10
15/06/2026
0

Umunyamakuru Murindahabi Irene  izwi nka M. Irene unafite inzu MIE ifasha abahanzi, yahakanye amakuru yavugaga ko ari kwishyuza miliyoni 60...

The hidden cost of trying to look like you’re doing well

The hidden cost of trying to look like you’re doing well

by radiotv10
14/06/2026
0

In a world where success is often measured by appearances, many people are spending more time looking successful than actually...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

General Muhoozi nyuma yo guhosha ibibazo hagati ya Miss Jolly na Bebe Cool anabageneye ubutumwa

Hashyizwe hanze inyandiko igaragaza amasezerano ya America na Iran

Ikibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly kinjiwemo n’Umujenerali gitangira kubonerwa umurongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.