• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe imibare y’abahitanywe n’igitero gikomeye cyagabwe ku kibuga cy’indege muri Niger

radiotv10by radiotv10
19/06/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe imibare y’abahitanywe n’igitero gikomeye cyagabwe ku kibuga cy’indege muri Niger
Share on FacebookShare on Twitter

Abitwaje intwari bafite aho bahuriye n’umutwe wa Al-Qaeda bagabye igitero ku Kibuga cy’Indege cya Niamey muri Niger, gihitana abasirikare 11 n’abasivili babiri (2).

Uwo mutwe witwa Group for the Support of Islam and Muslims (JNIM) wemeye ko ari wo wagabye icyo gitero, uvuga ko wakoze igitero cy’ubwiyahuzi ku kibuga cy’indege no ku kigo cya gisirikare kiri hafi yacyo.

Leta ya Niger yatangaje ko ingabo n’inzego z’umutekano zatangiye ibikorwa bikomeye byo guhiga bukware no gufata cyangwa kwica abasigaye mu bagabye icyo gitero. Nubwo habaye imirwano yamaze amasaha menshi, Diori Hamani International Airport yakomeje gukora no kwakira indege.

Abaturage bavuga ko urusaku rw’amasasu rwatangiye mu gitondo cya kare hafi y’irembo ry’ikibuga cy’indege. Abagabye igitero ngo bageze aho bari muri taxi, ariko bahura n’imbaraga z’inzego z’umutekano. Abagera kuri 20 bakekwaho uruhare muri icyo gitero bamaze gufatwa.

Iki gitero kibaye nyuma y’amezi make ikibuga cy’indege n’ikigo cya gisirikare biherutse kwibasirwa n’undi mutwe w’iterabwoba. Ubuyobozi bwa Niger bukomeje gushinja u Bufaransa gufasha imitwe y’iterabwoba kugira ngo ihungabanye umutekano w’igihugu, ariko Emmanuel Macron n’u Bufaransa abyamaganira kure.

Muri iki gihe, ubutegetsi bwa gisirikare bwa Niger buyobowe na Abdourahamane Tiani bukomeje guhangana n’ibibazo by’ umutekano muke n’ibitero by’imitwe y’iterabwoba bimaze imyaka myinshi byugarije igihugu.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − two =

Previous Post

Abarimo Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Maj.Gen.Bayingana bemejwe na Sena ku nshingano bahawe

Next Post

Gen.Muhoozi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba Perezida akinjira mu bibazo by’u Rwanda na Congo

Related Posts

AFC/M23 irashinja FARDC umugambi mubisha nyuma y’igikorwa cyahungabanyije imibereho y’abaturage

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku magambo Tshisekedi yatukiyemo Kabila yasimbuye yanamaganywe n’u Rwanda

by radiotv10
19/06/2026
0

Umuhuzabikorwa Mukuru mu bya Politiki w’Ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa yamaganye amagambo Perezida Tshisekedi yavuze nyuma y’umukino w’Ikipe y’Igihugu ya DRC,...

General Muhoozi yongeye gushimangira urwo akunda u Rwanda agaragaza uwo arukundamo by’umwihariko

Gen.Muhoozi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba Perezida akinjira mu bibazo by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
19/06/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko mu gihe cya vuba azaba ari Perezida wa Uganda, kandi...

IFOTO: Abaperezida bane bayoboye America n’abagore babo bahuriye mu gikorwa kimwe

IFOTO: Abaperezida bane bayoboye America n’abagore babo bahuriye mu gikorwa kimwe

by radiotv10
19/06/2026
0

Abaperezida bane bayoboye Leta Zunze Ubumwe za America bahuriye mu gikorwa cyo gufungura ikigo cyitiriwe umwe muri bo, Barack Obama,...

Mu buryo butunguranye ibiganiro bya America na Iran byasubitswe

Mu buryo butunguranye ibiganiro bya America na Iran byasubitswe

by radiotv10
19/06/2026
0

Ibiganiro byari biteganyijwe hagati ya Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byasubitswe nyuma yuko Visi Perezida wa US, JD...

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

by radiotv10
19/06/2026
0

Nyuma yuko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gitangaje ko cyafashe agace ka Minembwe-Centre, hari amakuru avuga ko...

Next Post
General Muhoozi yongeye gushimangira urwo akunda u Rwanda agaragaza uwo arukundamo by’umwihariko

Gen.Muhoozi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba Perezida akinjira mu bibazo by’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

RIB yerekanye abakekwaho kwiba telefone zifite agaciro ka Miliyoni 40Frw

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku magambo Tshisekedi yatukiyemo Kabila yasimbuye yanamaganywe n’u Rwanda

Amakuru mashya: Rayon yabonye undi muterankunga mukuru nyuma yo gutandukana na Skol

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.