• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Sunday, June 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ni iki gituma abagabo bo mu Rwanda batinya kwifungisha burundu nk’uburyo bwo kuboneza urubyaro?

radiotv10by radiotv10
21/06/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ni iki gituma abagabo bo mu Rwanda batinya kwifungisha burundu nk’uburyo bwo kuboneza urubyaro?
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’abagabo baboneza urubyaro bakoresheje uburyo bwo kwifungisa buzwi nka Vasectomy, uracyari hasi ugereranyije n’uw’abagore kuko ubu bamwe bageze mu bihumbi 35 mu gihe abagabo bakiri ibihumbi bine gusa. Bamwe mu bagabo bavuze impamvu batinya ubu buryo.

Kwifungisha burundu ni bumwe mu buryo bwo kuboneza urubyaro bukoreshwa mu Rwanda, haba ku bagabo ndetse no ku bagore. Icyakora, iyo urebye umubare w’abagabo babikora usanga ari muto ugereranyije n’abagore, kuko imibare ya vuba igaragaza ko abagore basaga 35 000 bifungishije burundu, mu gihe abagabo bo basaga ibihumbi 4 000. Ukurikije ibigaragazwa n’iyi mibare, ubona ko umubare w’abagabo ukiri muto cyane.

Mu gushaka kumenya impamvu abagabo batitabira gukoresha uburyo bwo kuboneza urubyaro bwo kwifungisha burundu, twaganiriye n’abagabo bo mu Mujyi wa Kigali batubwira ikibitera.

Twiringirimana Emmanuel ni umugabo ufite umugore n’abana batatu. Yatubwiye ko we atakwemera kwifungisha burundu.

Yagize ati: “Njye ku bwanjye ntabwo nakwifungisha burundu ndi umuntu w’umugabo. Ndaguha impamvu ebyiri zatuma ntabikora. Iya mbere, hari igihe ushobora kwifungisha wenda wari warahisemo kubyara abana babiri, nk’ubwo uramutse ugize ibyago abo bana bagapfa, warifungishije burundu wabigenza ute? Indi mpamvu ntashobora kwifungisha burundu ni uko ushobora gutandukana n’umugore, cyane ko muri iyi minsi hari za gatanya nyinshi. Ubwo dutandukanye nkashaka undi mugore, urumva yakwemera ko tubana ntazabasha kubyara? Ntabwo byakunda, abagore bakunda abana.”

Uwitonze Felix na we ni umugabo utuye mu Mujyi wa Kigali, afite umugore n’umwana umwe. Na we avuga ko ibyo kwifungisha burundu ku bagabo atabikozwa.

Yagize ati: “Ikintu cya mbere gituma numva ntabikora, mba numva ngeze mu buriri narifungishije byakwanga. Ubwo biramutse byanze nabigenza gute? Ikibazo cya mbere ni uko byanze, ubundi urumva umugore wawe atazajya aguca inyuma? Ikindi cyatuma ntifungisha burundu ni mu gihe umuntu twaba twarabyaranye wenda nk’abana babiri, abo bana bakazitaba Imana, dore ko ari yo ibatanga, ni na yo ibishatse ibisubiza. Ubwo baramutse batakiriho nkakenera kubyara undi mwana, nabigenza gute ko naba narifungishije burundu? Ubwo urumva umugore yakwemera gusigarira aho ngaho akibyara? Yajya hirya akabyarana n’undi mugabo. Oya, ntabwo nabikora rwose. Kuri nge, niyo wavuga ngo urampa ino Kigali yose, ntabwo nabikora.”

Kugeza ubu mu Rwanda, abagabo barenga bamaze kwitabira uburyo bwo kwifungisha burundu (vasectomy) ni 4 432, mu gihe abagore ari 35 105.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Hatewe intambwe nziza mu kurangiza indi ntambara yari iteye impungenge ku Isi

Related Posts

Menya byinshi ku gituma umuntu atangira kunywa ikiyobabwenge akigerageza bikarangira abaye imbata yacyo

Menya byinshi ku gituma umuntu atangira kunywa ikiyobabwenge akigerageza bikarangira abaye imbata yacyo

by radiotv10
20/06/2026
0

Inzobere mu buvuzi ivuga ko igituma umuntu aba imbata y'ibiyobyabwenge ari bimwe mu bibigize, bimugeramo bigasinziriza uturemangingo tw'ubwonko, ubundi bikarema...

RIB yerekanye abakekwaho kwiba telefone zifite agaciro ka Miliyoni 40Frw

RIB yerekanye abakekwaho kwiba telefone zifite agaciro ka Miliyoni 40Frw

by radiotv10
19/06/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwerekanye abantu 11 bakekwaho ibyaha birimo ibifitanye isano n'ubujura bwa telefone 140 zifite agaciro ka miliyoni...

Abarimo Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Maj.Gen.Bayingana bemejwe na Sena ku nshingano bahawe

Abarimo Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Maj.Gen.Bayingana bemejwe na Sena ku nshingano bahawe

by radiotv10
19/06/2026
0

Sena y’u Rwanda yemeje ishyirwaho ry’abayobozi baherutse guhabwa imyanya, barimo Abambasaderi nka Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake Emmanuel, Maj Gen...

Intumwa z’urwego rw’umutekano muri Nigeria zasobanuriwe ingaruka ziterwa na FDLR

Intumwa z’urwego rw’umutekano muri Nigeria zasobanuriwe ingaruka ziterwa na FDLR

by radiotv10
19/06/2026
0

Mu rugendoshuri rw’icyumweru intumwa ziturutse mu Ishuri Rikuru ry’Igihugu cya Nigeria ry’Ubushakashatsi ku Mutekano (NISS), ziri kugirira mu Rwanda, zasobanuriwe...

Homeschooling vs Traditional Schooling: Which One Is Better?

Homeschooling vs Traditional Schooling: Which One Is Better?

by radiotv10
19/06/2026
0

For many years, traditional schools have been the standard way of educating children. Students attend classes, interact with teachers and...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ni iki gituma abagabo bo mu Rwanda batinya kwifungisha burundu nk’uburyo bwo kuboneza urubyaro?

Hatewe intambwe nziza mu kurangiza indi ntambara yari iteye impungenge ku Isi

Menya byinshi ku gituma umuntu atangira kunywa ikiyobabwenge akigerageza bikarangira abaye imbata yacyo

Download App

Copyright Âİ 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright Âİ 2024 RadioTv10.