• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

RIB yinjiye mu kirego cya Shaddy Boo ushinja umusore kumusambanya ku gahato

radiotv10by radiotv10
23/06/2026
in IMYIDAGADURO
0
Shaddyboo yongeye kuzamura impaka kubera inama yagishije abantu
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwemeje ko rwakiriye ikirego cya Uwimbabazi Shadia uzwi nka Shaddy Boo, umubyeyi w’abana babiri ushinja umusore kumukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato ari no mu kwezi kw’abagore.

Ibi byabaye kuri uyu wa Mbere tariki 22 Kamena 2026 ubwo Shaddy Boo yavugaga ko akeka ko yasambanyijwe n’umusore witwa Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza.

Shaddy Boo wavuganye n’umunyamakuru kuri uyu wa Mbere ubwo yerecyezaga kwa muganga kugira ngo bamusuzume, yavuze ko uwo musore yamusambanyije yabanje kumusindisha, kandi ko yabimukoreye ari no mu kwezi kwe.

Uyu mubyeyi w’abana babiri kandi yahise ajya gutanga ikirego kuri RIB nyuma yo kubigirwamo inama n’abantu banyuranye kugira ngo ahabwe ubutabera.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yemeje ko Shaddy Boo yamaze gutanga ikirego muri uru rwego rushinzwe iperereza, ndetse rwahise runaritangira. Dr Murangira yagize ati “Twakiriye ikirego cya Shaddy Boo, ni byo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha yakomeje agira ati “Twatangiye kugikoraho iperereza, kandi na we yavuye gutanga ibizamini muri Isange One Stop Center.”

Uyu mugore uzwi ku mbuga nkoranyambaga, ubwo yavugaga ibyamubayeho kuri uyu wa Mbere, yavuze ko umusore ashinja kumusambanga ku gahato, yaje iwe mu ijoro ryo ku Cyumweru dore ko bari basanzwe ari inshuti.

Yavuze ko yaje afite inzoga, bakazisangira nyamara ngo yari amaze igihe yaranihannye atakigendera mu ngeso zo kunywa agahiye, bikarangira asinze, akaza kugarura ubwenge asanga yambaye ubusa.

Yagize ati “Sinzi ibyo yampaye kuko nisanze mbyutse nambaye ubusa, aryamye iruhande rwanjye. Numva ko yansambanyije.”

Shaddy Boo avuga kandi ko ikibabaje ari ukuba yakorewe ibi kandi atari no mu bihe bibimwerera. Ati “Ibaze ko nari mu kwezi k’umugore. Byambabaje, ndanabimubwira.”

Avuga ko ubwo yabwiraga uyu musore ko atishimiye ibyo yamukoreye ndetse ko agiye kwiyambaza inzego, yahise agira igihunga agahita agenda, akamubwira ko n’ubundi ubutabera buzakora akazi kabwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + thirteen =

Previous Post

RDF na Polisi y’u Rwanda batangiye igikorwa kizasiga hatanzwe amatungo akabakaba 1.000 mu Turere tubiri

Next Post

RDB yatanze umuburo ku butekamutwe bwadutse bw’abayiyitirira inahishura amayeri bakoresha

Related Posts

The Real Cost of Treating Yourself Every Weekend

The Real Cost of Treating Yourself Every Weekend

by radiotv10
21/06/2026
0

After a long and stressful week, many people feel they deserve a reward. It could be a nice meal, a...

Igisubizo giteza urujijo cy’umugabo w’umunyemari Zari ubwo yari abajijwe ku gutandukana kwabo

Igisubizo giteza urujijo cy’umugabo w’umunyemari Zari ubwo yari abajijwe ku gutandukana kwabo

by radiotv10
19/06/2026
0

Shakib Cham Lutaaya, umugabo w’umunyemari Zarinah Hassan uzwi nka ‘Zari the Boss Lady’, yabajijwe ku byo gutandukana kwabo nyuma yuko...

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

General Muhoozi nyuma yo guhosha ibibazo hagati ya Miss Jolly na Bebe Cool anabageneye ubutumwa

by radiotv10
19/06/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yasabye umuhanzi Bebe Cool na Miss Mutesi Jolly kwicara bagatuza nyuma yuko...

Ikibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly kinjiwemo n’Umujenerali gitangira kubonerwa umurongo

Ikibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly kinjiwemo n’Umujenerali gitangira kubonerwa umurongo

by radiotv10
18/06/2026
0

Umuhanzi w’ikirangirire muri Uganda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Bebe Cool yasibye ubutumwa yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga ashinja...

Bishobora kugera mu nkiko: Ibya Miss Jolly n’umuhanzi Bebe Cool byafashe intera

Bishobora kugera mu nkiko: Ibya Miss Jolly n’umuhanzi Bebe Cool byafashe intera

by radiotv10
18/06/2026
0

Impaka hagati y'umuhanzi w'icyamamare muri Uganda, Bebe Cool, na Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w'u Rwanda, zikomeje gufata indi ntera nyuma...

Next Post
RDB yatanze umuburo ku butekamutwe bwadutse bw’abayiyitirira inahishura amayeri bakoresha

RDB yatanze umuburo ku butekamutwe bwadutse bw’abayiyitirira inahishura amayeri bakoresha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Rayon Sports imanuye rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona yakinagamo

Hagaragajwe imibare mishya y’impunzi z’Abanyarwanda bari muri Congo n’iz’Abanyekongo bari mu Rwanda

RDB yatanze umuburo ku butekamutwe bwadutse bw’abayiyitirira inahishura amayeri bakoresha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.