• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bishobora kugera mu nkiko: Ibya Miss Jolly n’umuhanzi Bebe Cool byafashe intera

radiotv10by radiotv10
18/06/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Bishobora kugera mu nkiko: Ibya Miss Jolly n’umuhanzi Bebe Cool byafashe intera
Share on FacebookShare on Twitter

Impaka hagati y’umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Bebe Cool, na Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda, zikomeje gufata indi ntera nyuma y’uko uyu Munyarwandakazi yifashishije abanyamategeko be kugira ngo bahagarike ibyo yise ibitangazwa bimusebya.

Byatangiye nyuma y’uko Bebe Cool anyujije ku rubuga rwa X atangaza amakuru ashinja Mutesi Jolly uburiganya. Uyu muhanzi yavuze ko Mutesi Jolly hamwe n’abo akorana bagize uruhare mu kumushuka no kumwambura amafaranga bakoresheje izina ry’u Rwanda ndetse n’iry’ikipe ya Arsenal.

Bebe Cool yanashyize hanze amashusho agaragaza ibiganiro yagiranye n’umuntu wo mu Bwongereza, avuga ko uwo muntu ari Mutesi Jolly. Icyakora Mutesi yahakanye ayo makuru yose, avuga ko nimero n’iyo konti byakoreshwaga n’abatekamutwe biba abaturage bakoresheje ikoranabuhanga, ndetse ko nta sano bifitanye na we.

Mu gihe impaka zari zikomeje gukwira ku mbuga nkoranyambaga, ku wa Gatatu tariki 17 Kamena 2026, ikigo cy’abanyamategeko cya Mbidde and Co. Advocates gihagarariye Mutesi Jolly cyahaye Bebe Cool ibaruwa imusaba guhagarika gukomeza gutangaza amakuru bavuga ko amusebya.

Muri iyo baruwa, abanyamategeko ba Jolly basabye Bebe Cool gukuraho ibyo yatangaje, gusubiza inyuma ibirego yashinje umukiliya wabo ndetse no gutanga inyandiko isaba imbabazi mu gihe kitarenze amasaha 48. Bavuze ko natabikora ashobora kuregwa mu nkiko kubera gusebanya.

Ku ruhande rwa Mutesi Jolly, yakomeje gushimangira ko ari umwere kandi ko atazacecekesha ibitekerezo bye kubera igitutu cyangwa ibirego adafitiwe ibimenyetso. Yavuze ko yiteguye kwirwanaho mu buryo bwemewe n’amategeko mu gihe cyose byaba ngombwa.

Mu gihe iyi nkuru yandikwaga, Bebe Cool ntiyari yatangaza icyo atekereza kuri iyo baruwa y’abanyamategeko cyangwa niba yemera ibyo asabwa. Ibi byatumye benshi bakomeza gukurikiranira hafi uko iki kibazo kiri kugenda gifata indi ntera.

Iyi ntambara y’amagambo hagati y’aba bombi yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda no muri Uganda, aho bamwe bashyigikiye Mutesi Jolly mu rugendo rwo kwirwanaho, mu gihe abandi bagaragaza ko bategereje ibimenyetso Bebe Cool avuga ko afite.

Niba Bebe Cool adatanze ibisobanuro cyangwa ngo yubahirize ibyo yasabwe n’abanyamategeko ba Jolly, bishobora kurangira iki kibazo kigeze imbere y’inkiko, ibintu byatuma iyi mpaka ihinduka urubanza rukurikiranwa n’abatari bake mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Miss Jolly
Bebe Cool

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 1 =

Previous Post

APR yagaruye umukinnyi wari umaze umwaka ayivuyemo bica amarenga igenda ry’undi uyimazemo igihe

Related Posts

Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

by radiotv10
17/06/2026
0

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Bebe Cool uri mu bakomeye muri Afurika y'Iburasirazuba, yavuze ko agiye gushyira hanze ibimenyetso bigaragaza ubutekamutwe ashinja Jolly...

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku makuru yamuvugwaho nyuma yo gutandukana n’abahanzi Vestine na Dorcas

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku makuru yamuvugwaho nyuma yo gutandukana n’abahanzi Vestine na Dorcas

by radiotv10
15/06/2026
0

Umunyamakuru Murindahabi Irene  izwi nka M. Irene unafite inzu MIE ifasha abahanzi, yahakanye amakuru yavugaga ko ari kwishyuza miliyoni 60...

The hidden cost of trying to look like you’re doing well

The hidden cost of trying to look like you’re doing well

by radiotv10
14/06/2026
0

In a world where success is often measured by appearances, many people are spending more time looking successful than actually...

Men, Would You Marry Someone Who Earns More Than You?

Men, Would You Marry Someone Who Earns More Than You?

by radiotv10
13/06/2026
0

Money has always been one of those silent forces that shapes relationships in ways people don’t always talk about openly....

Umunyemari Zari yatangaje iherezo ry’urushako rwe n’umuteramakofi Shakib

Umunyemari Zari yatangaje iherezo ry’urushako rwe n’umuteramakofi Shakib

by radiotv10
12/06/2026
0

Umunyamafaranga Zarinah Hassan uzwi nka ‘Zari the Boss Lady’ wanabyaranye n’umuhanzi Diamond Platnumz, yatangaje ko yatandukanye n’umugabo we Shakib Cham...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Bishobora kugera mu nkiko: Ibya Miss Jolly n’umuhanzi Bebe Cool byafashe intera

APR yagaruye umukinnyi wari umaze umwaka ayivuyemo bica amarenga igenda ry’undi uyimazemo igihe

Umuyobozi w’ishuri yirukaniwe kwicisha inzara abanyeshuri kandi ‘stock’ irimo ibiryo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.