Igihugu cy’u Bufaransa cyatangaje ko umuganga wari umaze gutaha avuye mu butumwa bw’ubutabazi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yapimwe agasanganwa virusi ya Ebola.
Uyu ni wo murwayi wa mbere wa Ebola ugaragaye muri icyo gihugu cyo kumugabane w’u Burayi kuva icyorezo kiriho ubu cyatangira.
Minisiteri y’Ubuzima mu bufaransa, yavuze ko uwo muganga yahise ashyirwa mu kato kugira ngo yitabweho kandi hirindwe ko yakwanduza abandi. Abashinzwe ubuzima kandi batangiye igikorwa cyo gukurikirana abantu bose bahuye na we kugira ngo bapimwe kandi bakurikiranwe.
Abashinzwe ubuzima muri icyo gihugu, bavuze ko nubwo habonetse uwo murwayi, ibyago by’uko Ebola yakwira mu baturage muri rusange muri icyo gihugu no mu Burayi bikiri hasi.
Icyorezo cya Ebola kiri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gikomeje guteza impungenge, aho abantu basaga 1,000 aribo bamaze kwandura iki cyorezo, mugihe abasaga 267 cyamaze kubahitana.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe Ubuzima, OMS, rivuga ko iki cyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, cyagize umubare munini w’abanduye mu kwezi kwa mbere kurusha ubundi bwoko bwose bwa Ebola bwabayeho mbere.
Abashinzwe ubuzima bakomeje gusaba abaturage gukomeza kwitwararika no gukurikiza amabwiriza yo kwirinda indwara, cyane cyane abantu baturutse cyangwa bagiriye ingendo mu duce twibasiwe n’iki cyorezo.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10






