• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, July 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasobanuwe imikorere y’intwaro za rutura zamuritswe n’igisirikare cy’u Burundi

radiotv10by radiotv10
02/07/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hasobanuwe imikorere y’intwaro za rutura zamuritswe n’igisirikare cy’u Burundi

Igisirikare cy'u Burundi cyavuze ko iki Gihugu kirinzwe mu buryo buhagije

Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cy’u Burundi cyamuritse intwaro zikomeye mu karasisi kakozwe mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 64 iki Gihugu kimaze kibonye ubwigenge, kinasobanura imikorera yazo zirimo imbunda ishobora kurasa amasasu 600 mu munota umwe.

Aka karasisi kabaye tariki ya 01 Nyakanga 2026 ubwo hizihizwaga imyaka 64 u Burundi bumaze bubonye ubwigenge, mu birori byabereye i Bujumbura kuri Sitade Intwari.

Mu bikorwa byaranze ibi birori, harimo akarasisi ka gisirikare kanamurikiwemo intwaro zikomeye, ndetse igisirikare cy’u Burundi gisobanura imikorere ya zimwe muri izi ntwaro.

Général de Brigade Gaspard Baratuza, Umuvugizi wa FDNB, yavuze ko iki gisirikare gifite intwaro zo kurinda ubusugire bw’Igihugu, zirimo izifashishwa mu kurwanya ibitero byaba ibyo ku butaka, ibyo mu kirere ndetse n’ibyo mu mazi.

Muri izi mbunda zagaragajwe kandi, harimo izishobora kurasa amasasu menshi icyarimwe, nk’uko byasobanuwe na Général de Brigade Gaspard Baratuza.

Yavuze ko muri izi mbunda, harimo nk’ishobora kurasa ibisasu 600 mu gihe cy’umunota umwe gusa, ari na yo yahashya umwanzi kuko iba ishobora kumukumira ntabone icyuho cyo guhungabanya umutekano w’u Burundi.

Général de Brigade Gaspard Baratuza yavuze kandi ko izi ntwaro “ziri mu kazi hirya no hino, ni imyugariro [uburinzi] y’Igihugu.”

Yatanze nk’urugero rw’imbunda yitwa BM-21 ifite ahantu 40 hashobora gusohora amasasu icyarimwe, ndetse iyo minwa igashobora kwerecyezwa mu buryo bworoshye ahifuzwa kurasa.

Yavuze ko uretse intwaro zo gukumira ibitero byo ku butaka n’izo kurwana urugamba rwo ku butaka, n’izo mu kirere zirahari, ku buryo igihe iki Gihugu cyagabwaho igitero cyo mu kirere, igisirikare cyacyo na cyo gishobora guhangana na cyo.

Muri ibi bisobanuro yatangaga imbere y’abayobozi bakomeye mu Gihugu cy’u Burundi barimo na Perezida Evariste Ndayishimiye akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yizeje ko bafite igisirikare gikomeye. Ati “Hari abajyaga bavuga ko u Burundi budafite igisirikare gikomeye, ubu ibintu byarahindutse.”

Hagaragajwe imbunda zifashishwa mu rugamba rwo ku butaka
Harimo imbunda ishobora kurasa ibisasu 40 icyarimwe
N’imodoka zifashishwa n’abasirikare

Ibifaru na byo byakuwe mu bubiko bizanwa muri sitade kugira ngo bimurikwe

Perezida Evariste Ndayishimiye akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa FDNB yagaragarijwe izi ntwaro
Igisirikare cy’u Burundi cyavuze ko no mu kirere gihagaze neza
Abaparakomando na bo biyerekanye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + twenty =

Previous Post

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Next Post

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

Related Posts

Ibishobora gukurikira uruzinduko rwa Perezida Ndayishimiye w’u Burundi muri Congo no guhura na Tshisekedi

Ibishobora gukurikira uruzinduko rwa Perezida Ndayishimiye w’u Burundi muri Congo no guhura na Tshisekedi

by radiotv10
30/06/2026
0

Nyuma y’uruzinduko rwa Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanakiriwemo akanagirana ibiganiro na mugenzi we...

Icyemezo cya Gen.Muhoozi cyatumye Umusenateri ukomeye muri America asaba ko umubano w’iki Gihugu na Uganda mu bya gisirikare usubirwamo

Icyemezo cya Gen.Muhoozi cyatumye Umusenateri ukomeye muri America asaba ko umubano w’iki Gihugu na Uganda mu bya gisirikare usubirwamo

by radiotv10
30/06/2026
0

Senateri Jim Risch muri akaba n’Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America, yasabye...

AFC/M23 irashinja uruhande bahanganye ikindi gikorwa cy’ubugome ndengakamere

AFC/M23 irashinja uruhande bahanganye ikindi gikorwa cy’ubugome ndengakamere

by radiotv10
29/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rirashinja uruhande bahanganye gutwika inzu z’abaturage bo mu gace ka...

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku gihombo yumvise ku bitangazamakuru bikomeye muri Uganda yafunze

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku gihombo yumvise ku bitangazamakuru bikomeye muri Uganda yafunze

by radiotv10
29/06/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko yumvise ko ibitangazamakuru NTV and Daily Monitor biri guhomba miliyoni...

Umujenerali mu Gipolisi cya Afurika y’Epfo yasimbutse urupfu rw’abashakaga kumwivugana

Umujenerali mu Gipolisi cya Afurika y’Epfo yasimbutse urupfu rw’abashakaga kumwivugana

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuyobozi Wungirije w’Ishami rya Polisi rishinzwe kugenza ibyaha muri Afurika y’Epfo, ufite ipeti rya Major General yajyanywe ku bitaro igitaraganya...

Next Post
Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

Hasobanuwe imikorere y’intwaro za rutura zamuritswe n’igisirikare cy’u Burundi

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.