Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko muri Repeburika Iharanira Demokarasi ya Congo, hatangiye igeragezwa ry’imiti ibiri ishobora kuvura ubwoko bwa virusi ya Ebola bwa Bundibugyo, Nyuma y’aho iki icyorezo gikomeje guhitana abatari bake muri iki gihugu.
Kugeza ubu, nta rukingo cyangwa umuti byemewe ku rwego mpuzamahanga bivura ubu bwoko bwa Ebola bukomeje gukwirakwira mu ntara zo mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa RDC.
Imibare y’Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita kubuzima, igaragaza ko abanduye kugeza ubu basaga 1,406, mu gihe 438 imaze kubahitana naho 208 bakaba barakize.
Icyakora kuri uyu wa 3 nyakanga 2026, OMS yatangaje ko hatangiye igeragezwa ry’imiti ibiri, aho umurwayi wa mbere yamaze kuwuterwa.
Umuyobozi Mukuru wa OMS Tedros Adhanom Ghebreyesus, yagize ati” Uyu munsi hatangiye igeragezwa ry’imiti ibiri, aho umurwayi wa mbere yamaze kwinjizwa muri iyi gahunda y’ubushakashatsi.”
Iri gerageza ririmo gusuzuma imikorere y’umuti wa MBP134, ukorwa hifashishijwe ubwirinzi bwihariye (monoclonal antibody), hamwe n’umuti urwanya virusi witwa Remdesivir, hakaba hari gusuzumwa buri umwe ukwawo ndetse n’uko wakorana n’undi.
Tedros yavuze ko abarwayi bazitabira ubu bushakashatsi bazahabwa ubuvuzi bwuzuye bakanakurikiranirwa hafi, anongeraho ko OMS iri gukora ibishoboka byose kugira ngo iyo miti ibe iboneke ku barwayi , mu gihe ubushakashatsi bwagaragaza ko ifite umutekano kandi ikora neza.
Tedros Yasobanuye ko kugiraho haboneke, ibisubizo bifatika kandi byizewe, bishobora gusaba ko abarwayi barenga 1,000 babwitabira, kandi ko ubu bushakashatsi buzamara amezi menshi, kuburyo bushobora gukomeza kugeza mu mwaka utaha.
yagize ati “Nubwo kugeza ubu nta muti wemewe wo kuvura ubu bwoko bwa Ebola, hari abantu bakomeje gukira. Ariko birumvikana ko twashobora kurokora ubuzima bw’abantu benshi kurushaho turamutse tubonye imiti yizewe kandi ikora neza.”
Kugeza ubu, igipimo cy’abahitanwa na Ebola muri Repeburika Iharanira Demokarasi ya Congo kiri kuri 31%.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10






