Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere Bamporiki yavuze ku byo kuvuga ‘Idebe’ n’uburyo yakiriye isakazwa ry’iriya Video

radiotv10by radiotv10
20/01/2022
in MU RWANDA
0
Bwa mbere Bamporiki yavuze ku byo kuvuga ‘Idebe’ n’uburyo yakiriye isakazwa ry’iriya Video
Share on FacebookShare on Twitter

Mu minsi micye ishize ku mbuga nkoranyambaga hasakajwe amashusho ya Hon Bamporiki Edouard avuga ko yemeye kuba ‘Idebe’ ry’umukinnyikazi wa Film wari umugabiye Inka, yanavuzweho byinshi, gusa nyiri ubwite we yirinze kugira icyo abivugaho ubu akaba avuga ko atishimiye kuba iyi video yaragiye hanze.

Mu byumweru bibiri bishize ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho agararagamo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco ushinzwe Umuco, Hon Bamporiki Edouard atangaza ko yemeye kwakira Inka yari agabiwe n’umukinnyikazi wa Film witwa Isimbi Alliance.

Muri aya mashusho, Bamporiki avugamo “Ubundi iyo ari umugabo ukugabiye witwa umugaragu, ariko iyo ari umugore ukugabiye inka ukayemera witwa idebe, ubu ndi idebe ryawe.”

Ni amashusho yavugishije benshi bamwe bagaya uyu umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda watangaje ko ari Idebe mu gihe iyi nyito mu gihe cy’ubu ifite igisobanuro kitari cyiza.

Gusa bamwe mu bazi iby’umuco n’amateka by’u Rwanda bavuga ko kimwe mu bisobanuro by’Idebe, gihuye n’icyatanzwe na Bamporiki Edouard muri ariya mashusho.

Bamporiki utarigeze agira byinshi avuga ku byamutangajweho, mu kiganiro yagiranye n’imwe muri YouTube Channel, yongeye gusubiramo igisobanuro cy’Idebe yavugiye muri ariya mashusho.

Ati “Uriya mwana ninakira Inka ye igataha mu zanjye kandi ikaza tutarabona ijambo rikwiye, ijambo rijyanye no kuba umwana w’umukobwa yahaye Inka umuntu mukuru Inka uko byakwitwa, abakuru bagakomeza kumpanura ko twabyita uko kubera ko Inka ntirataha.”

Gusa Bamporiki yavuze ko ubwo inka y’uriya mukobwa izaba itashye, ashobora kuzaba Umugaragu aho kuba Idebe.

Ati “Abantu baremeje bati ‘uri umugaragu’ ariko icyo nemera cyo uriya mwana abaye ari nk’umutwara nka Meya cyangwa umugore w’Umukuru w’Igihugu, sinakwirirwa njya gushakisha. Najya nirahira ko ndi Idebe rye ariko ntabwo nakwirahira ko ndi Idebe ry’umwana kuko turi mu bucurabwenge, turimo turashaka ijambo ribereye.”

Avuga ko atishimiye kujya hanze kw’ariya mashusho dore ko n’igikorwa nyirizina ubwacyo cyo kugabirwa kitaruzura ngo Inka yahawe ibe yaratashye.

Ati “Ni na ho navugiye ko habaye ikosa. Ikosa rinakomeye cyane ni uburyo byagiye hanze kandi byari ibintu ubona bikiri mu ruganda.”

Amateka n’umuco bitwereka ko ubundi nta musore cyangwa inkumi utunga Inka akiri mu rugo rw’ababyeyi be bityo ko nta n’uwo muri icyo cyiciro wabaga wemerewe kugaba ariko ko ashobora kubikora mu izina ry’umuryango.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 8 =

Previous Post

Musanze: Uko inzoka zajyaga kuvumba mu bukwe rimwe zikaza gutuma umugeni n’umukwe bapfa

Next Post

Minisitiri Gatabazi yaruriye abanyeshuri ubundi barasangira ashimirwa gutanga urugero rwiza

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri Gatabazi yaruriye abanyeshuri ubundi barasangira ashimirwa gutanga urugero rwiza

Minisitiri Gatabazi yaruriye abanyeshuri ubundi barasangira ashimirwa gutanga urugero rwiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.