Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Umugore avuga ko yafatiye umugabo we mu cyuho agiye kumunena urusenda mu gitsina

radiotv10by radiotv10
21/01/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Umugore avuga ko yafatiye umugabo we mu cyuho agiye kumunena urusenda mu gitsina
Share on FacebookShare on Twitter
  • Anamushinja gukoresha imiti nyongerabushake

Umuturage wo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu arashinja umugabo we kumuburabuza ku buryo hari igihe yamuhengereye yasinziriye agashaka kumumena urusenda mu gitsinda ariko amufata atarabikora.

Uyu mugore witwa Bibutsuhuzo Christine usanzwe asengera mu itorero rya ADEPR, avuga ko muri 2007 yashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko na Nizeyimana Alphonse ariko ngo umuryango w’umugabo ntiwigeze umwishimira.

Christine avuga ko uku kutishimirwa n’umuryango w’umugabo byatumye na we atangira kumwanga atangira kumwicisha imirimo ndetse ntanamuhahire cyangwa ngo amugurire icyo kwambara.

Avuga ko ibi yashoboraga kubyihanganira ariko ko byaje kuba guhumira ku mirari ubwo umugabo we yagaragazaga impinduka mu bijyanye n’igikorwa cyo mu buriri kuko byageze aho umugabo agaragaza ubushake budasanzwe ku buryo iyo bajyaga mu gikorwa cyamaraga umwanya munini.

Ati “Ndamubaza nti ‘ko wahindutse byagenze gute?’ arambwira ngo yagiye gufata imiti imwongerera ubushake, musaba ko yasubirayo bakamuha umuti akongera agasubira uko yari ameze, arabyanga arambwira ngo hari ubwo yasubirayo akagendanira ko.”

Christine uvuga ko umugabo we hari igihe yamuhindukizaga inshuro eshatu mu ijoro, avuga ko muri 2019 byaje guhindura isura kuko yari agiye kumugirira nabi Imana ikinga akaboko.

Ati “Tukiri muri ayo makimbirane nararyamaga umugabo nijoro akamurika mu myanya ndangagitsina njye ngatekereza ko hari icyo agiye agakora, ubwa mbere biraba aramurika ntiyagira icyo akora, ubwa kabiri biraba bigenda uko, ubwa gatatu ndavuga nti ‘reka ndebe ikihishe inyuma ibi bintu’ ndamureka mwereka ko nsinziriye ngiye kubona mbona afite urusenda agiye kurunsukamo.”

Avuga ko icyo gihe yamubajije ibyo yari agiye gukora, akamwemerera ko yari agiye kumumena urusenda mu gitsina ariko amusaba imbabazi ndetse baranandikirana.

Christine avuga ko bitabaje inzego ariko bikomeza kwanda ahitamo kwahukana asiga umugabo we ashinja kumujujubya.

Nizeyimana Alphonse avuga ko ibitangazwa n’umugore we ari ibinyoma ko ahubwo umugore yahindutse ubwo bamaraga guhabwa miliyoni 12 Frw z’ingurane y’inzu yabo yagonzwe n’umuhanda.

Ati “Ibyo byose ni uburyo bwo kunsebya kuko twari tumaranye imyaka 12 twari tubanye neza, ikibazo cyaje kubera ariya mafaranga, ni byo byatumye ava mu rugo ajya no kwaka gatanya avuga ngo tugabane kabiri.”

Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko uyu muryango bawugiriye inama inshuro nyinshi z’uko bashobora kubana mu mahoro ariko bubonye bikomeje kwanga babagira inama yo kugana inkiko.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 1 =

Previous Post

Igikorwa cya Meddy cyo gukusanya amafaranga yo kuyagira umuryango wa Akeza kimaze kubonekamo Miliyoni 1,7

Next Post

Pakistan: Umugore w’Umusilamukazi yakatiwe urwo gupfa kubera ibyo yashyize kuri WhatsApp

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Pakistan: Umugore w’Umusilamukazi yakatiwe urwo gupfa kubera ibyo yashyize kuri WhatsApp

Pakistan: Umugore w'Umusilamukazi yakatiwe urwo gupfa kubera ibyo yashyize kuri WhatsApp

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.