Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Inkuru nziza kwa Nyirabasabose w’imyaka 120 wendaga kwicwa n’inzara n’imibereho mibi

radiotv10by radiotv10
31/01/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Inkuru nziza kwa Nyirabasabose w’imyaka 120 wendaga kwicwa n’inzara n’imibereho mibi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru Nyirabasabose Venansiya w’imyaka 120 y’amavuko, wari wugarijwe n’imibereho mibi, yamaze kugobokwa n’abagiraneza bamuhaye ibiribwa n’ibikoresho byo mu rugo ndetse akaba ari gusanirwa inzu yendaga kumugwaho.

Tariki 20 Mutarama 2022, RADIOTV10 yasohoye inkuru y’ubuvugizi kuri uyu mukecuru w’imyaka 120 utuye mu Mudugudu wa Manjari mu Kagari ka Murago Mu Murenge wa Gataraga, wagaragazaga ko akeneye ubufasha burimo n’ibyo kurya.

Ubwo Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuraga uyu mukecuru aho atuye, ntiyabashaga kuvuga kubera imibereho mibi dore ko atatinyaga kwivugira ko arembejwe n’inzara akisabira icyo kurya n’icyo kwambara.

Ubwo Umunyamakuru yamusuraga

Umunyamakuru yasubiye kumusura asanga ibintu byahindutse kuko yari yamaze kugobokwa n’abagiraneza bamuhaye ibyo kurya ndetse n’ibindi bikoresho.

Ubwo Umunyamakuru yageraga mu rugo rw’uyu mukecuru, yasanze akanyamuneza ari kose amuganirizanya ubwuzu ndetse birambuye, ingingo ishimangira ko koko yari ashonje. Yvuze impamvu y’aka kanyamuneza.

Mu magambo ye y’amashimwe, Nyirabasabose, yagize ati “Umutima wanjye ureze, ndishimye ndishimye, ubu agahinda kari gushira. Nari ndi kurara hasi imvura yagwa ikanyagira none imvura ndayikize, aba bagiraneza Imana ibafashe ibuzurize ibuzurize.”

Munyakazi Jean Claude wo mu Karere ka Kicukiro uyoboye itsinda ryiyemeje gufasha uyu mukecuru, yashimiye RADIOTV10 kuko iki gitangazamakuru ari cyo cyamufashije kumenya uyu mukecuru.

Ati “Numvise binkoze ku mutima mbonye imibereho uyu mubyeyi arimo kandi dusanzwe dukora umurimo wo gufasha no gutabariza abari mu kaga ubwo mbigeza kuri bagenzi banjye dusanzwe dukorana uyu murimo, tubyumva vuba.”

Munyakazi avuga ko yabanje gusura uyu mukecuru agasanga aba mu nzu yangiritse ndetse areba n’ibindi by’ingenzi akeneye.

Ati “Dusanga ubufasha bwa mbere ari uko mukecuru twamuhindurira igisenge tukamuha igisenge cy’amabati kugira ngo abashe kuryama neza kuko turi mu gihe cy’imvura.”

Abaturanyi ba Nyirabasabose bavuga ko bishimiye kuba uyu mukecuru yagobotswe dore ko bari banagaragaje ko akeneye gufashwa.

Umwe mu baturanyi yagize ati “Ubu turi kubyina kuko uyu muryango ugiye kujya ahantu hagaragara ukishima nk’uko abandi banyarwanda hafi ya bose bishimye.”

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwasuye uyu muryango buwizeza ubufasha burimo ubwo kuba uyu mukecuru agiye gushyirwa mu bahabwa inkunga y’ingoboka izajya imufasha mu mibereho ya buri munsi.

Munyakazi Jean Claude uri muri ibi bikorwa by’ubugiraneza
Batangiye kumuha ibikoresho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 1 =

Previous Post

Umukinnyi ukomeye mu Rwanda wa Basketball yambikiye impeta umukunzi we ku Muhazi

Next Post

Rusizi: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakurikiranyweho kurya ruswa

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakurikiranyweho kurya ruswa

Rusizi: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakurikiranyweho kurya ruswa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.