Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iyo bavuze ko mu Nteko y’u Rwanda abagore ari 60% bintera ibinezaneza- Umuyobozi wo muri Somalia

radiotv10by radiotv10
14/02/2022
in MU RWANDA
0
Iyo bavuze ko mu Nteko y’u Rwanda abagore ari 60% bintera ibinezaneza- Umuyobozi wo muri Somalia
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bagize itsinda ry’abayobozi baturutse muri Somalia bari i Kigali mu biganiro byo kwigira ku miyoborere y’u Rwanda, yavuze ko iyo bavuze ko mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda harimo abagore 60%, yumva bimuteye ishyari ryiza akibaza impamvu iwabo bitameze uko.

Aba bayobozi 33 bagize itsinda ry’abayobozi barimo ab’Uturere muri Somalia ndetse no mu nzego nkuru z’iki Gihugu, batangiye ibiganiro bibahuza na bagenzi babo bo mu Rwanda biri kubera i Kigali.

Muri aba bayobozi uko ari 33, abagore muri bo ntibarenze batandatu (6), kimwe mu bigaragaza ko umubare w’abagore mu nzego z’ubuyobozi muri Somalia ukiri hasi.

itsinda ry’abayobozi bo muri Somalia riri mu Rwanda, ryavuze ko abagore bo muri icyo gihugu bafite ubumenyi ariko ntibahabwa imyanya munzego zifata ibyemezo. icyo ni nacyo goverinoma y’u Rwanda ivuga ko igiye kubasangiza. icyakora ngo u Rwanda na rwo rushobora kugira icyo rukura kuri Somalia.

Asha Omar Muhammud uri mu nzego z’ibanze muri Somalia, yavuze ko bishimishije kuba u Rwanda rugeze ku rwego rushimishije mu buringanire bityo ko no mu Gihugu cyabo byari bikwiye kugenda uko.

Yagize ati “Iyo bavuze uburyo u Rwanda rwashyize imbere abagore ku ijanisha riri hejuru mu nzego z’ibanze, byageza no mu Nteko ishinga Amategeko bakaba ku kigero cya 60%; ibinezaneza birandenga nk’umva narira.”

Yakomeje agira ati “Nifuza ko n’iwacu byagenda bityo. Birumvikana ko hario byinshi tugomba kwigira ku Rwanda. tugomba no gukora uko dushoboye ku buryo nko mu myaka 10 iri imbere, twaba twarenze n’u Rwanda kubera ko abagore bo muri Somalia ni inyangamugayo, ni abahanga kandi banakunda abantu.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko hari byinshi u Rwanda rufite byo kubera urugero iki Gihugu cya Somalia.

Ati “Icya mbere tubapfunyikira nk’impamba ni uburyo Abanyarwanda bakorera hamwe, uburyo Abanyarwanda bahisemo kugira ngo igihugu cyacu kigire agaciro haba mu iterambere haba mu mibereho myiza y’abaturage. Icya gatatu ni iyo miyoborere myiza iha buri wese ijambo, dufite abagore mu nteko, mu nzego zose hafi 50%.”

Minisitiri Gatabazi avuga ko uretse amasomo u Rwanda ruzaha aba bayobozi bo muri Somalia, ariko u Rwanda na rwo rufite byinshi rwakwigira ku iki Gihugu cyo mu ihembe rya Africa.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yagaragarije aba bayobozi ibyo u Rwanda rwakoze mu guteza imbere imiyoborere
Bari mu biganiro byo kwigira ku miyoborere y’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 2 =

Previous Post

RIB yaburiye abumva ko ‘Saint Valentin’ ari umunsi wo kugira uko bigenza mu buriri

Next Post

Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru

Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.