Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abacancuro bongeye gushyirwa mu majwi mu ntambara yo muri Congo

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Andi makuru y’ibyabaye ubwo abacancuro bamanikiraga amaboko M23 n’ibyabanjirije kunyuzwa mu Rwanda bataha
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, buravuga ko abarwanyi b’uruhande bahanganye barimo abacancuro b’abanyamahanga, bagabye ibitero ku baturage no ku birindiro by’abarwanyi b’iri huriro.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu butumwa yatanze kuri iki Cyumweru tariki 24 Kanama 2025, ari na bwo hagabwe ibi bitero.

Lawrence Kanyuma yavuze ko AFC imenyesha abarimo imiryango Mpuzamahanga ko abarwanyi barwanirira uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa rukomeje kurenga ku ku mwanzuro wo guhagarika imirwano.

Yakomeje agira ati “Kuva saa sita kuri iki Cyumweru tariki 24 Kanama 2025, abo barwanyi bagizwe byumwihariko n’abacancuro b’abanyamahanga, bagabye ibitero mu bice bituwemo n’abaturage benshi bya Kadasomwa no mu bice bihakikije ndetse no ku birindiro byacu.”

Yakomeje avuga ko ibi bitero byatumye hari abaturage benshi bahatakariza ubuzima ndetse benshi bakava mu byabo bahunga ibitero by’indege zitagira abapilote by’uru ruhande bahanganye.

Kanyuka kandi avuga ko iri Huriro rya AFC/M23 rizakomeza kurwana ku baturage b’abasivile ribarinda ndetse rinaburizamo ibi bitero kandi rikajya guhangana n’ababigaba aho babitangiriza.

Kanyuka kandi yavuze ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje gukoresha abacancuro nyamara bizwi ko hari abigeze gukora amarorerwa muri iki Gihugu bigeze gufatwa n’abarwanyi ba AFC/M23 bakabareka bagataha.

Ati “Bitandukanye n’ibyabereye i Goma, aho abacancuro babarirwa mu magana bemerewe gusubira iwabo nyuma yo kutwicira abaturage, bityo rero ibikorwa byabo by’ubukozi bw’ibibi ntibizatuma umutekano ugaruka.”

Abarwanyi b’abacancuro bakomoka muri Romania bakabakaba 300 bafashwe na M23 mu mpera za Mutarama uyu mwaka ubwo uyu mutwe wafataga umujyi wa Goma, nyuma y’imirwano ikarishye yahuje abarwanyi bawo n’uruhande bahanganye rwa Leta ya Kinshasa yanisunze abacancuro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Eng.- Over 500 Rwandans return from DRC

Next Post

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.