Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abacancuro bongeye gushyirwa mu majwi mu ntambara yo muri Congo

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Andi makuru y’ibyabaye ubwo abacancuro bamanikiraga amaboko M23 n’ibyabanjirije kunyuzwa mu Rwanda bataha
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, buravuga ko abarwanyi b’uruhande bahanganye barimo abacancuro b’abanyamahanga, bagabye ibitero ku baturage no ku birindiro by’abarwanyi b’iri huriro.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu butumwa yatanze kuri iki Cyumweru tariki 24 Kanama 2025, ari na bwo hagabwe ibi bitero.

Lawrence Kanyuma yavuze ko AFC imenyesha abarimo imiryango Mpuzamahanga ko abarwanyi barwanirira uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa rukomeje kurenga ku ku mwanzuro wo guhagarika imirwano.

Yakomeje agira ati “Kuva saa sita kuri iki Cyumweru tariki 24 Kanama 2025, abo barwanyi bagizwe byumwihariko n’abacancuro b’abanyamahanga, bagabye ibitero mu bice bituwemo n’abaturage benshi bya Kadasomwa no mu bice bihakikije ndetse no ku birindiro byacu.”

Yakomeje avuga ko ibi bitero byatumye hari abaturage benshi bahatakariza ubuzima ndetse benshi bakava mu byabo bahunga ibitero by’indege zitagira abapilote by’uru ruhande bahanganye.

Kanyuka kandi avuga ko iri Huriro rya AFC/M23 rizakomeza kurwana ku baturage b’abasivile ribarinda ndetse rinaburizamo ibi bitero kandi rikajya guhangana n’ababigaba aho babitangiriza.

Kanyuka kandi yavuze ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje gukoresha abacancuro nyamara bizwi ko hari abigeze gukora amarorerwa muri iki Gihugu bigeze gufatwa n’abarwanyi ba AFC/M23 bakabareka bagataha.

Ati “Bitandukanye n’ibyabereye i Goma, aho abacancuro babarirwa mu magana bemerewe gusubira iwabo nyuma yo kutwicira abaturage, bityo rero ibikorwa byabo by’ubukozi bw’ibibi ntibizatuma umutekano ugaruka.”

Abarwanyi b’abacancuro bakomoka muri Romania bakabakaba 300 bafashwe na M23 mu mpera za Mutarama uyu mwaka ubwo uyu mutwe wafataga umujyi wa Goma, nyuma y’imirwano ikarishye yahuje abarwanyi bawo n’uruhande bahanganye rwa Leta ya Kinshasa yanisunze abacancuro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − eleven =

Previous Post

Eng.- Over 500 Rwandans return from DRC

Next Post

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.