• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abacancuro bongeye gushyirwa mu majwi mu ntambara yo muri Congo

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Andi makuru y’ibyabaye ubwo abacancuro bamanikiraga amaboko M23 n’ibyabanjirije kunyuzwa mu Rwanda bataha
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, buravuga ko abarwanyi b’uruhande bahanganye barimo abacancuro b’abanyamahanga, bagabye ibitero ku baturage no ku birindiro by’abarwanyi b’iri huriro.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu butumwa yatanze kuri iki Cyumweru tariki 24 Kanama 2025, ari na bwo hagabwe ibi bitero.

Lawrence Kanyuma yavuze ko AFC imenyesha abarimo imiryango Mpuzamahanga ko abarwanyi barwanirira uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa rukomeje kurenga ku ku mwanzuro wo guhagarika imirwano.

Yakomeje agira ati “Kuva saa sita kuri iki Cyumweru tariki 24 Kanama 2025, abo barwanyi bagizwe byumwihariko n’abacancuro b’abanyamahanga, bagabye ibitero mu bice bituwemo n’abaturage benshi bya Kadasomwa no mu bice bihakikije ndetse no ku birindiro byacu.”

Yakomeje avuga ko ibi bitero byatumye hari abaturage benshi bahatakariza ubuzima ndetse benshi bakava mu byabo bahunga ibitero by’indege zitagira abapilote by’uru ruhande bahanganye.

Kanyuka kandi avuga ko iri Huriro rya AFC/M23 rizakomeza kurwana ku baturage b’abasivile ribarinda ndetse rinaburizamo ibi bitero kandi rikajya guhangana n’ababigaba aho babitangiriza.

Kanyuka kandi yavuze ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje gukoresha abacancuro nyamara bizwi ko hari abigeze gukora amarorerwa muri iki Gihugu bigeze gufatwa n’abarwanyi ba AFC/M23 bakabareka bagataha.

Ati “Bitandukanye n’ibyabereye i Goma, aho abacancuro babarirwa mu magana bemerewe gusubira iwabo nyuma yo kutwicira abaturage, bityo rero ibikorwa byabo by’ubukozi bw’ibibi ntibizatuma umutekano ugaruka.”

Abarwanyi b’abacancuro bakomoka muri Romania bakabakaba 300 bafashwe na M23 mu mpera za Mutarama uyu mwaka ubwo uyu mutwe wafataga umujyi wa Goma, nyuma y’imirwano ikarishye yahuje abarwanyi bawo n’uruhande bahanganye rwa Leta ya Kinshasa yanisunze abacancuro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + seventeen =

Previous Post

Eng.- Over 500 Rwandans return from DRC

Next Post

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.