Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abacuruzi bagiriwe inama y’uburyo bahangana n’ikibabera umutwaro mu kohereza ibicuruzwa hanze

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Abacuruzi bagiriwe inama y’uburyo bahangana n’ikibabera umutwaro mu kohereza ibicuruzwa hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda igira inama abacuruzi bato bafite ibicuruzwa bashaka kohereza hanze, ko bakwishyira hamwe kugira ngo ibiciro by’ubwikorezi bigabanuke, mu gihe hari benshi bagaragaza ko kimwe mu bibazitira kubyohereza ari ibiciro by’ubwikorezi bigihanitse.

Baratangaza ibi mu gihe kuri uyu wa 25 nzeri 2024, ba rwiyemezamirimo bato batangiye kohereza ibicuruzwa byabo mu mahanga bihurije hamwe, mu rwego rw’Isoko rusange Nyafurika.

Euphrosine Niyidukunda Mugeni, rwiyemezamirimo ufite uruganda rutunganya amavuta avuye muri avoka, avuga ko byari bimugoye koherezaya umusaruro w’ibyo akora mu mahanga kubera ubushobozi ndetse n’ibiciro by’ubwikorezi bitoroshye.

Ati “Ibicuzwa byanjye byageraga mu karere ka Kenya ariko nkagira imbogamizi z’uko bizagera no ku yandi masoko hirya y’akarere, ndibuka twagiye muri Ghana dusanga hari isoko ariko tukagira imbogamizi zo kugeza umusaruro wacu kuri iryo soko.”

Uyu rwiyemezamirimo ukiri muto yaje kwihuza na bagenzi be, babona umufatanyabikorwa uzajya ubagurushiriza umusaruro wabo ku isoko ryo muri Ghana ku giciro kisumbuye kandi mu buryo bwizewe.

Ati “Kuri ubu twabonye umufatanyabikorwa ugiye kudufasha ku buryo bwo kugeza umusaruro wacu muri iki Gihugu, ni isoko ryiza ryizewe ndetse rifite n’igiciro cyiza.”

Indege y’ubwikorezi ya RwandAir ifasha Abanyarwanda bashaka kohereza ibicuruza byabo mu mahanga ariko bafite ibiro byibura toni 1 000 kuko ibagabanyiriza hafi kimwe cya kabiri cy’ubwikorezi.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Sebahizi Prudence arahamagarira n’abandi ba rwiyemezamirimo bato kwishyira hamwe kugira ngo bafashwe kohereza ibicuruzwa byabo ku isoko ryo hanze.

Yagize ati “Iyo aba barwiyemezamirimo bishyize hamwe bakusanya ubushobozi bucye bafite bakohereza ibintu byabo mu mahanga, bakabona amafaranga bakunguka kurusha ku isoko ry’imbere mu Gihugu, kuko kubyohereza ari umwe ntabwo yabishobora kubera ikiguzi cy’ingendo.”

Aba barwiyemezamirimo bari kohereza ibicuruzwa byabo mu Bihugu bya Afurika, bari kungukira ku isoko rusange rya Afurika, kuko barimo kugabanyirizwa imisoro ku kigero cya 90% nk’uko bikubiye mu masezerano arishyiraho.

Biteganyijwe ko mu kwezi gutaha k’Ukwakira u Rwanda ruzakira inama ihuza abashoramari bari hagati y’ 1 000 n’ 1 500 bo ku Mugabane wa Afurika, aho bazasobanurira ba rwiyemezamirimo uko bageza umusaruro wabo ku masoko mpuzamaganga no kwigira hamwe uko bakongerera agaciro k’ibyoherezwa hanze y’Afurika.

Ibicuruzwa bya mbere byoherejwe kuri iri soko hakoreshejwe uburyo bwo kwishyira hamwe kw’abacuruzi
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yasabye abacuruzi bato kubyaza umusaruro aya mahirwe

Ni igikorwa cyatangijwe ku bufatanye bw’ibigo bitandukanye

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Hatangajwe icyo Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zaganiriye zihuriye i Karagwe

Next Post

Menya ibyaha byose bishinjwa abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone banibye miliyoni 400Frw

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Herekanywe abiganjemo urubyiruko bakekwaho ubushukanyi bwibiwemo arenga Miliyoni 400Frw

Menya ibyaha byose bishinjwa abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone banibye miliyoni 400Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.