Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abacuruzi bagiriwe inama y’uburyo bahangana n’ikibabera umutwaro mu kohereza ibicuruzwa hanze

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Abacuruzi bagiriwe inama y’uburyo bahangana n’ikibabera umutwaro mu kohereza ibicuruzwa hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda igira inama abacuruzi bato bafite ibicuruzwa bashaka kohereza hanze, ko bakwishyira hamwe kugira ngo ibiciro by’ubwikorezi bigabanuke, mu gihe hari benshi bagaragaza ko kimwe mu bibazitira kubyohereza ari ibiciro by’ubwikorezi bigihanitse.

Baratangaza ibi mu gihe kuri uyu wa 25 nzeri 2024, ba rwiyemezamirimo bato batangiye kohereza ibicuruzwa byabo mu mahanga bihurije hamwe, mu rwego rw’Isoko rusange Nyafurika.

Euphrosine Niyidukunda Mugeni, rwiyemezamirimo ufite uruganda rutunganya amavuta avuye muri avoka, avuga ko byari bimugoye koherezaya umusaruro w’ibyo akora mu mahanga kubera ubushobozi ndetse n’ibiciro by’ubwikorezi bitoroshye.

Ati “Ibicuzwa byanjye byageraga mu karere ka Kenya ariko nkagira imbogamizi z’uko bizagera no ku yandi masoko hirya y’akarere, ndibuka twagiye muri Ghana dusanga hari isoko ariko tukagira imbogamizi zo kugeza umusaruro wacu kuri iryo soko.”

Uyu rwiyemezamirimo ukiri muto yaje kwihuza na bagenzi be, babona umufatanyabikorwa uzajya ubagurushiriza umusaruro wabo ku isoko ryo muri Ghana ku giciro kisumbuye kandi mu buryo bwizewe.

Ati “Kuri ubu twabonye umufatanyabikorwa ugiye kudufasha ku buryo bwo kugeza umusaruro wacu muri iki Gihugu, ni isoko ryiza ryizewe ndetse rifite n’igiciro cyiza.”

Indege y’ubwikorezi ya RwandAir ifasha Abanyarwanda bashaka kohereza ibicuruza byabo mu mahanga ariko bafite ibiro byibura toni 1 000 kuko ibagabanyiriza hafi kimwe cya kabiri cy’ubwikorezi.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Sebahizi Prudence arahamagarira n’abandi ba rwiyemezamirimo bato kwishyira hamwe kugira ngo bafashwe kohereza ibicuruzwa byabo ku isoko ryo hanze.

Yagize ati “Iyo aba barwiyemezamirimo bishyize hamwe bakusanya ubushobozi bucye bafite bakohereza ibintu byabo mu mahanga, bakabona amafaranga bakunguka kurusha ku isoko ry’imbere mu Gihugu, kuko kubyohereza ari umwe ntabwo yabishobora kubera ikiguzi cy’ingendo.”

Aba barwiyemezamirimo bari kohereza ibicuruzwa byabo mu Bihugu bya Afurika, bari kungukira ku isoko rusange rya Afurika, kuko barimo kugabanyirizwa imisoro ku kigero cya 90% nk’uko bikubiye mu masezerano arishyiraho.

Biteganyijwe ko mu kwezi gutaha k’Ukwakira u Rwanda ruzakira inama ihuza abashoramari bari hagati y’ 1 000 n’ 1 500 bo ku Mugabane wa Afurika, aho bazasobanurira ba rwiyemezamirimo uko bageza umusaruro wabo ku masoko mpuzamaganga no kwigira hamwe uko bakongerera agaciro k’ibyoherezwa hanze y’Afurika.

Ibicuruzwa bya mbere byoherejwe kuri iri soko hakoreshejwe uburyo bwo kwishyira hamwe kw’abacuruzi
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yasabye abacuruzi bato kubyaza umusaruro aya mahirwe

Ni igikorwa cyatangijwe ku bufatanye bw’ibigo bitandukanye

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Hatangajwe icyo Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zaganiriye zihuriye i Karagwe

Next Post

Menya ibyaha byose bishinjwa abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone banibye miliyoni 400Frw

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Herekanywe abiganjemo urubyiruko bakekwaho ubushukanyi bwibiwemo arenga Miliyoni 400Frw

Menya ibyaha byose bishinjwa abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone banibye miliyoni 400Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.