Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abacuruzi bagiriwe inama y’uburyo bahangana n’ikibabera umutwaro mu kohereza ibicuruzwa hanze

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Abacuruzi bagiriwe inama y’uburyo bahangana n’ikibabera umutwaro mu kohereza ibicuruzwa hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda igira inama abacuruzi bato bafite ibicuruzwa bashaka kohereza hanze, ko bakwishyira hamwe kugira ngo ibiciro by’ubwikorezi bigabanuke, mu gihe hari benshi bagaragaza ko kimwe mu bibazitira kubyohereza ari ibiciro by’ubwikorezi bigihanitse.

Baratangaza ibi mu gihe kuri uyu wa 25 nzeri 2024, ba rwiyemezamirimo bato batangiye kohereza ibicuruzwa byabo mu mahanga bihurije hamwe, mu rwego rw’Isoko rusange Nyafurika.

Euphrosine Niyidukunda Mugeni, rwiyemezamirimo ufite uruganda rutunganya amavuta avuye muri avoka, avuga ko byari bimugoye koherezaya umusaruro w’ibyo akora mu mahanga kubera ubushobozi ndetse n’ibiciro by’ubwikorezi bitoroshye.

Ati “Ibicuzwa byanjye byageraga mu karere ka Kenya ariko nkagira imbogamizi z’uko bizagera no ku yandi masoko hirya y’akarere, ndibuka twagiye muri Ghana dusanga hari isoko ariko tukagira imbogamizi zo kugeza umusaruro wacu kuri iryo soko.”

Uyu rwiyemezamirimo ukiri muto yaje kwihuza na bagenzi be, babona umufatanyabikorwa uzajya ubagurushiriza umusaruro wabo ku isoko ryo muri Ghana ku giciro kisumbuye kandi mu buryo bwizewe.

Ati “Kuri ubu twabonye umufatanyabikorwa ugiye kudufasha ku buryo bwo kugeza umusaruro wacu muri iki Gihugu, ni isoko ryiza ryizewe ndetse rifite n’igiciro cyiza.”

Indege y’ubwikorezi ya RwandAir ifasha Abanyarwanda bashaka kohereza ibicuruza byabo mu mahanga ariko bafite ibiro byibura toni 1 000 kuko ibagabanyiriza hafi kimwe cya kabiri cy’ubwikorezi.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Sebahizi Prudence arahamagarira n’abandi ba rwiyemezamirimo bato kwishyira hamwe kugira ngo bafashwe kohereza ibicuruzwa byabo ku isoko ryo hanze.

Yagize ati “Iyo aba barwiyemezamirimo bishyize hamwe bakusanya ubushobozi bucye bafite bakohereza ibintu byabo mu mahanga, bakabona amafaranga bakunguka kurusha ku isoko ry’imbere mu Gihugu, kuko kubyohereza ari umwe ntabwo yabishobora kubera ikiguzi cy’ingendo.”

Aba barwiyemezamirimo bari kohereza ibicuruzwa byabo mu Bihugu bya Afurika, bari kungukira ku isoko rusange rya Afurika, kuko barimo kugabanyirizwa imisoro ku kigero cya 90% nk’uko bikubiye mu masezerano arishyiraho.

Biteganyijwe ko mu kwezi gutaha k’Ukwakira u Rwanda ruzakira inama ihuza abashoramari bari hagati y’ 1 000 n’ 1 500 bo ku Mugabane wa Afurika, aho bazasobanurira ba rwiyemezamirimo uko bageza umusaruro wabo ku masoko mpuzamaganga no kwigira hamwe uko bakongerera agaciro k’ibyoherezwa hanze y’Afurika.

Ibicuruzwa bya mbere byoherejwe kuri iri soko hakoreshejwe uburyo bwo kwishyira hamwe kw’abacuruzi
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yasabye abacuruzi bato kubyaza umusaruro aya mahirwe

Ni igikorwa cyatangijwe ku bufatanye bw’ibigo bitandukanye

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 10 =

Previous Post

Hatangajwe icyo Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zaganiriye zihuriye i Karagwe

Next Post

Menya ibyaha byose bishinjwa abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone banibye miliyoni 400Frw

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Herekanywe abiganjemo urubyiruko bakekwaho ubushukanyi bwibiwemo arenga Miliyoni 400Frw

Menya ibyaha byose bishinjwa abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone banibye miliyoni 400Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.