Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abacuruzi barashinja Inyange kwigiza nkana ku biciro by’amata yabaye iyanga ku Isoko

radiotv10by radiotv10
03/11/2021
in MU RWANDA
0
Abacuruzi barashinja Inyange kwigiza nkana ku biciro by’amata yabaye iyanga ku Isoko
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko uruganda rw’inyange rutunganya amata ,rwihanangirije abacuruzi bazamuye igiciro cy’amata kubihagarika, abaturage mu bice bitandukanye baravuga ko nta cyahindutse amata agihenze.

Kuva mu ntangiriro z’impeshyi y’uyu mwaka,  igiciro cy’amata mu gihugu cyane  cyane mu mujyi wa Kigali cyatangiye gutumbagira mu buryo budasanzwe,  icyakora inzego bireba zikavuga ko byatewe n’ibura ryayo kubera iyo mpeshyi, icyo gihe litiro yaguraga 400 yagiye kuri 600, agapaki kafuraga 500 kagura 900,cg 1000  kugeza nubwo amakusanyirizo amwe yafunze imiryango kubera kuyabura.

N’ubwo bimeze bityo ariko Ku rundi ruhande mu cyumweru gishize ,uruganda rutunganya mata rw’inyange rwo rwamaganye abacuruzi bazamuye igiciro cy’amata yarwo rukavuga ko rwo rutigeze ruhindura ikiranguzo, rutegeka ko abari babikoze basubiza ibiciro uko byari biri, agapaki k’mata gato kagasubira kuri 500,litiro yo ku ikusanyirirzo ikagura 430.

Nyuma yicyumweru iri tangazo risohowe radiotv10 yazengrurtse mu bice bitandukanye by’umujyi wa kigali kugirango irbe niba bayraashyizwe mu bikorwa,maze abaturage batandukanye twaganiriye bose bahuriza ku maganya bavuga ko ibiciro bitigeze bitirimuka,ngo kugeza nubwo byatumye bamwe bayavaho .

 

Hari uwagize ati ” Njyewe  rwose n’ubu naraye nyaguze ariko nta cyahindutse,agapaki gato nakaguze 700 kandi urabizi ko kaguraga 500,nta mpinduka nta nkeya twabonye pe.”

 

Naho bamwe mu bacuruzi twaganiriye ariko batifuje ko  amajwi n’amashusho byabo bijya mu itangazamakuru, bo beruye bashinja uruganda inyange kwigiza ankana ,rukabateza abaturage kandi rubizi neza ko ikiranguzo rubahenda  ,kugeza no kuri bamwe mu banyir’amakusanyirizo yarwo nabo bagurisha ku giciro gihabanye n’icyo ruvuga,nabo bakavuga ko bayakura ku ruganda abahenze.

 

Ntitwabashije kubona umuyobozi w’uruganda rw’Inyange Buseruka James we yamaganye ibyo aba bacuruzi bavuga,avuga ko rwo rutigeze ruzamura ibiciro,ariko kandi ngo n’icyerekana ko aba bacuruzi babeshya,ngo basabwa kugaragaza inyemezabwishyu baranguriyeho bakabyanga.

 

 

icyakora  Minisitieri yubucuruzi ninganda yo ivuga  ko mu bugenzuzi yakoze yasanze ikibazo kiri ku bashinzwe kuranguza amata ,bazamura ibiciro bagatuma abacururzi bahenda abaturage, ariko ngo bararye bari menge nkuko karangw aCassien ushinzwe ubucururzi bw;imbere mu gihugu abivuga.

Ati “Mu bugenzuzi twakoze twasanze amata ahenze cyane ariko biturutse ku bacuruzi bitwaje ko yabaye make ku isoko bagahenda abaturage. Ikibazo kiriguturuka ku bashinzwe kugemura amata bayakuye ku ruganda,nibo bayaha abacuruei ku giciro cyo hejuru bigatuma nabo bahenda abaturage. ”

 

Yakomeje agira ati “Abo bose turikubahana kuko n’ubu hari abo twahannye kandi ubugenzuzi burakomeje hose mu gihugu.”

 

Miniciom ivuga ko hari abacuruzi icyenda imaze guca amande angana na milliyoni 19.5,kubera kuzamura igiciro cyamata nyamra bayakuye ku ruganda adahenze, ni mu gihe kandi hari n’ibidni bicururzwa byahenze ku isoko  ariko izi nzego zikavuga ko igiciro cyabyo kitigeze gihinduka.

Iyi Minisiteri ivuga ko kugeza uyu munsi amata yo mu gapaki gato agomba kugura amafaranga 500, ayo ku ikusanyirizo akagura 430 kuri litiro,naho litiro yo mu gapaki ikagura 1000,ngo ubirenzeho azajya abiryozwa kuko ntiyicaye.

Inyuma y’ibyuma by’itangazmaakuru abacuruzi bavuga ko Minicom ikwiye kugenzura inganda zitunganya amata ,nazo ikareba niba nta ruhare zigira mu rii tumbagira ry’ibiciro ,ngo bikareka guhimbirwa ku bacuruzi gusa kuko n’ikimenyimenyi bitigeze bibaho ko bazamura ibiciro bidaturuste kuho bayakura, ngo hanyuma igatahura uwigiza ankana uwo ari we.

Inkuru ya  Eugenie Nyiransabimana

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Ngoma: Barinubira gusoreshwa inshuro ebyiri ku itungo rimwe

Next Post

Gikundiro Forever yakusanyije hafi miliyoni yo gufasha ikipe

Related Posts

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gikundiro Forever yakusanyije hafi miliyoni yo gufasha ikipe

Gikundiro Forever yakusanyije hafi miliyoni yo gufasha ikipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.