Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abadepite basabye ibisobanuro BDF yatswe inguzanyo n’abahinzi ikayibaha abo bari guhingira rimwe barasaruye

radiotv10by radiotv10
16/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abadepite basabye ibisobanuro BDF yatswe inguzanyo n’abahinzi ikayibaha abo bari guhingira rimwe barasaruye
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bagize Komisiyo mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta PAC, babajije Ikigega BDF gishinzwe guteza imbere imishinga mito n’iciriritse, impamvu inguzanyo cyakwa, zitinda gutangwa, batanga urugero rw’abahinzi bayatse bakayihabwa nyuma y’iminsi 271.

Iki Kigega cyashinzwe muri 2011 gifite inshingano zo gufasha imishinga mito n’iciriritse kubona inguzanyo. Iyo mishingairimo n’ubuhinzi n’ubworozi.

Gusa raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka w’Ingengo y’Imari warangiye wa 2024-2025, igaragaje ko iki kigo cyagize ubukerererwe bukabije mu guha abahinzi inguzanyo bari basabye.

Ibi byagarutsweho n’Abadepite bagize PAC ubwo ubuyobozi bw’iki Kigega BDF bitabaga iyi Komisiyo imaze iminsi yumva ibisobanuro by’Ibigo n’inzego za Leta byagaragaweho amakosa y’imicungire n’imikoreshereze y’imari ya Leta muri iyi Raporo y’Umugenzuzi w’Imari.

Depite Mussolin Eugene yagize ati “Gutinda mu kwemeza inguzanyo igihe kirekire kandi zishingiye ku buhinzi, icyo cyo giteye impugenge, ntanze urugero hari abari basabye  inguzanyo y’asaga miliyoni 17 ariko iyi nguzanyo ikerererwa kwemezwa ku minsi igera kuri 271, ubanza igihe cyo guhinga no gutera kiba kirangiye ndetse uwahinze aba yejeje yanasaruye.”

Akomeza agira ati “Tukibaza rero BDF impamvu bitinda mu kwemeza inguzanyo cyane cyane izijya mu buhinzi bakidusobanurire, dukore iki kugira ngo iyi mishinga yitabweho Igihugu kibone ibyo kurya?”

Umuyobozi Mukuru wa BDF, Munyeshyaka Vincent yemeye ko ubu bukerererwe bukigarara, gusa avuga ko bashyizeho ingamba kubikosora.

Yagize ati “Muri rusange rero icyo navuga ni uko hari ubukererwe bukigaragara muri serivise zimwe na zimwe zihariye, icyo nk’ubuyobozi tugomba kwiyemeza ni ukugabanya ubukererwe byashoboka bukavaho.”

Yakomeje agira ati “Ingamba rero twashyizeho, icya mbere ni ugushyiraho amabwiriza agenga imitangire ya serivise tukayagaragariza abatugana bose, icya kabiri ni uko twashyizeho abakozi badukurikiranira buri munsi uko serivise itangwa.”

Si ubwa mbere iki Kigega kigaragarwaho amakosa y’imicungire y’imishinga, kuko na raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta iheruka ya 2023-2024, igaragaza ko kuva mu mwaka wa 2020 kugeza muri 2024 BDF yagombaga kwishingira inguzanyo z’imishinga 2 733 buri mwaka, ariko kugeza mu 2023 bari bamaze kwishingira imishinga 5 418 bingana na 49,6%.

Vincent Munyeshyaka yemeye ko muri BDF hakirimo ubukererwe ariko ko hashyizweho ingamba

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + fifteen =

Previous Post

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Next Post

Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje

Related Posts

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bukurikiranye Abofisiye babiri ba RDF n’abasivile 20 ibyaha birimo gukoresha umutungo...

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

by radiotv10
05/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bageze ku bwumvikane bwo kohereza abimukira 250 muri iki Gihugu cyo ku Mugabane...

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

by radiotv10
05/08/2025
0

The United States and Rwanda have reached an agreement for the African nation to accept up to 250 migrants deported...

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

by radiotv10
05/08/2025
0

In an increasingly modern and globalized world, one might wonder whether religion still holds influence over our daily lifestyle choices....

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

by radiotv10
04/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s Kicukiro District, the people of Nyarugunga Sector are proving that when a community stands together,...

IZIHERUKA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe
MU RWANDA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

05/08/2025
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

05/08/2025
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje

Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.