Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abadepite basabye ibisobanuro BDF yatswe inguzanyo n’abahinzi ikayibaha abo bari guhingira rimwe barasaruye

radiotv10by radiotv10
16/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abadepite basabye ibisobanuro BDF yatswe inguzanyo n’abahinzi ikayibaha abo bari guhingira rimwe barasaruye
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bagize Komisiyo mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta PAC, babajije Ikigega BDF gishinzwe guteza imbere imishinga mito n’iciriritse, impamvu inguzanyo cyakwa, zitinda gutangwa, batanga urugero rw’abahinzi bayatse bakayihabwa nyuma y’iminsi 271.

Iki Kigega cyashinzwe muri 2011 gifite inshingano zo gufasha imishinga mito n’iciriritse kubona inguzanyo. Iyo mishingairimo n’ubuhinzi n’ubworozi.

Gusa raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka w’Ingengo y’Imari warangiye wa 2024-2025, igaragaje ko iki kigo cyagize ubukerererwe bukabije mu guha abahinzi inguzanyo bari basabye.

Ibi byagarutsweho n’Abadepite bagize PAC ubwo ubuyobozi bw’iki Kigega BDF bitabaga iyi Komisiyo imaze iminsi yumva ibisobanuro by’Ibigo n’inzego za Leta byagaragaweho amakosa y’imicungire n’imikoreshereze y’imari ya Leta muri iyi Raporo y’Umugenzuzi w’Imari.

Depite Mussolin Eugene yagize ati “Gutinda mu kwemeza inguzanyo igihe kirekire kandi zishingiye ku buhinzi, icyo cyo giteye impugenge, ntanze urugero hari abari basabye  inguzanyo y’asaga miliyoni 17 ariko iyi nguzanyo ikerererwa kwemezwa ku minsi igera kuri 271, ubanza igihe cyo guhinga no gutera kiba kirangiye ndetse uwahinze aba yejeje yanasaruye.”

Akomeza agira ati “Tukibaza rero BDF impamvu bitinda mu kwemeza inguzanyo cyane cyane izijya mu buhinzi bakidusobanurire, dukore iki kugira ngo iyi mishinga yitabweho Igihugu kibone ibyo kurya?”

Umuyobozi Mukuru wa BDF, Munyeshyaka Vincent yemeye ko ubu bukerererwe bukigarara, gusa avuga ko bashyizeho ingamba kubikosora.

Yagize ati “Muri rusange rero icyo navuga ni uko hari ubukererwe bukigaragara muri serivise zimwe na zimwe zihariye, icyo nk’ubuyobozi tugomba kwiyemeza ni ukugabanya ubukererwe byashoboka bukavaho.”

Yakomeje agira ati “Ingamba rero twashyizeho, icya mbere ni ugushyiraho amabwiriza agenga imitangire ya serivise tukayagaragariza abatugana bose, icya kabiri ni uko twashyizeho abakozi badukurikiranira buri munsi uko serivise itangwa.”

Si ubwa mbere iki Kigega kigaragarwaho amakosa y’imicungire y’imishinga, kuko na raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta iheruka ya 2023-2024, igaragaza ko kuva mu mwaka wa 2020 kugeza muri 2024 BDF yagombaga kwishingira inguzanyo z’imishinga 2 733 buri mwaka, ariko kugeza mu 2023 bari bamaze kwishingira imishinga 5 418 bingana na 49,6%.

Vincent Munyeshyaka yemeye ko muri BDF hakirimo ubukererwe ariko ko hashyizweho ingamba

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 2 =

Previous Post

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Next Post

Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje

Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.