Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abafana bafatiwe ku mukino wa APR&Rayon bashobora gufungwa imyaka 5…Polisi yaberekanye inabashyikiriza RIB

radiotv10by radiotv10
25/11/2021
in MU RWANDA
0
Abafana bafatiwe ku mukino wa APR&Rayon bashobora gufungwa imyaka 5…Polisi yaberekanye inabashyikiriza RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yerekanye abafana 15 bafatiwe ku mukino wahuje APR FC n Rayon Sports ubwo berekanaga ubutumwa bugufi bw’ubuhimbano bwerekana ko bisuzumishije icyorezo cya COVID-19, bakaba bakukiranyweho icyaha Guhimba, guhindura inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano gihanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 5.

Aba bafana berekanywe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Ugushyingo ku cyicaro cya Polisi mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo Umurenge wa Remera.

Abafana 15 bose bafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Ugushyingo ubwo bari baje kureba umupira wahuzaga APR FC na Rayon Sports kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo.

Uwizeyimana Jeannette ni umwe mu bafana bafatanwe ubutumwa bugufi ashaka kurenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 akinjira muri sitade.

Yavuze ko yageze kuri sitade ya Kigali bakamwiba telefoni yariho ubutumwa bugufi bw’umwimerere butangwa n’ikigo cy’Igihugu cy’ubuzima (RBC). Bamaze kuyiba yahise abona umuntu umubwira ko yamufasha kumuha ubutumwa akinjira muri sitade akareba umupira.

Yagize ati “Bakimara kunyiba telefoni n’umurongo nitabiraho (Sim card) nasigaranye indi telefoni imwe, hari umuntu wanyumvise ndimo gutaka arambwira ngo ko abandi bose barimo kuboherereza ubutumwa bugufi bugaragaza ko bipimishije ngwino nanjye mbukoherereza wigire kureba umupira.  Kuko nari navuye mu Karere ka Nyagatare numvise ntari busubireyo ntarebye umupira wari wanzanye nahise mbyemera anyoherereza ubwo butumwa. Nafatiwe ku marembo ndimo kubwereka abari bashinzwe kwinjiza abantu muri sitade.”

Uwizeyimana yavuze ko nta kiguzi yatanze ngo bamuhe ubwo butumwa, yari abizi ko ibyo arimo gukora ari icyaha agisabira imbabazi ndetse akangurira  n’abandi kubyirinda. Nkunzimana Evode avuga ko ubusanzwe ari umumotari, nawe yafatanwe ubutumwa bugufi bugaragaza ko RBC yamwoherereje ubutumwa ko yisuzumishije icyorezo cya COVID-19 nyamara ari ubutumwa bw’ubuhimbano.

Yagize ati “Ku wa kabiri tariki ya  23 Ugushyingo Saa munani z’amanywa navuye mu Karere ka Kicukiro, nzana umugenzi ugiye i Nyamirambo kureba umupira. Kubera ko njywe ntari nisuzumushije icyorezo cya COVID-19  kandi nshaka kureba umupira, wa mugenzi yarambwiye ngo ngwino nkwereke  umuntu ugufasha winjire. Yaramunyeretse anyoherereza ubutumwa bugufi muha amafaranga y’u Rwanda Igihumbi yo kunywa inzoga, ariko abandi ngo babacaga ibihumbi Bitanu.”

Nkunzimana na we yafatiwe mu marembo ya sitade arimo kwerekana ubwo butumwa bugufi bw’ubuhimbano, yasabye imbabazi anakangurira n’abandi batekerezaga kuzajya bakora icyaha nk’icyo yakoze kubireka.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yongeye gutaga ubutumwa ku bantu barenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 ariko bikarangira banabikoreyemo ibyaha.

Yagize ati “Kuva muri Nzeri uyu mwaka twatanze ubutumwa ko hari abantu barimo kugenda bahimba ubutumwa bw’uko bipimishije COVID-19. Ejo hafashwe abantu 15 bahimbye ubutumwa bugaragaza ko bipimishije COVID-19 kandi babizi neza ko batipimishije, ni icyaha bagomba gukurikiranwaho n’amategeko.”

CP Kabera yakomeje yibutsa abaturarwanda ko ibikorwa byinshi birimo gukomorerwa ariko abantu bagomba kubahiriza amabwiriza atangwa yo kwirinda COVID-19. Yakanguriye abantu bajya mu bitaramo, ubukwe, kureba imipira  ko bajya bubahiriza  amabwiriza mu rwego rwo kwirinda gufatwa bahimbye ubutumwa bugufi kuko ari icyaha.

Aba bantu bose bashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hatangire iperereza.

 

ICYO IETEGEKO RITEGANYA

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange

Ingingo ya 276: Guhimba, guhindura inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano

Umuntu wese uhimba cyangwa uhindura mu buryo ubwo ari bwo bwose inyandiko cyangwa ikindi kintu cyanditseho igitekerezo, ashyiraho umukono cyangwa igikumwe bitari byo, yonona inyandiko cyangwa imikono, asimbuza abantu abandi, ahimba amasezerano, imiterere y’ingingo zayo, igitegetswe gukorwa cyangwa icyarangije kwemeranywa, aba akoze icyaha. Umuntu wese, ku bw’uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n’ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk’uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenga miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Umuntu wese uzi ko inyandiko ari impimbano, akayikoresha ku buryo ubwo ari bwo bwose, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa ibihano biteganyijwe mu gika cya 3 cy’iyi ngingo yagaragajwe hejuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Urupfu rw’Umunyarwandakazi bikekwa ko yishwe n’umugabo we babanaga muri Sweden rwashenguye benshi

Next Post

Kigali: Yiyise umusirikare ukomeye muri RDF akodesha imodoka muri Volkswagen ntiyishyura ashaka no kuyiheza

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo
MU RWANDA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Yiyise umusirikare ukomeye muri RDF akodesha imodoka muri Volkswagen ntiyishyura ashaka no kuyiheza

Kigali: Yiyise umusirikare ukomeye muri RDF akodesha imodoka muri Volkswagen ntiyishyura ashaka no kuyiheza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.